Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe cy’isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu mwaka utaha wa 2026.

Buri shyirahamwe ry’igihugu (Federasiyo) muri 48 azakina iyi mikino ya nyuma rizagenerwa miliyoni 9 z’amayero, ni arenga gato miliyari 15 mu manyarwanda. Aya mafaranga akaba ari yo make igihugu cyatahana mu gihe cyaba gisezerewe kitarenze mu matsinda.

Izi miliyoni 9 z’amayero zizahabwa buri federasiyo y’igihugu mu bazakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi, azaba arimo amafaranga yo kwitegura irushanwa kandi akazagenda yiyongera uko irushanwa rizagenda rikinwa mu byiciro byisumbuyeho kuzageza ku mukino wa nyuma (final).

Ikipe izegukana igikombe cy’isi cya 2026 izabona hafi miliyoni 44 z’amayero, amafaranga menshi azaba ahawe ikipe yegukanye iri rushanwa kuva ryabaho, dore ko Argentine iheruka kuryegukana mu 2022 ubwo cyakinirwaga muri Qatar yegukanye miliyoni 42 z’amadolari y’Amerika.

Igikombe cy’isi cyakinwe bwa mbere mu 1930 kibera muri Uruguay, ari na cyo gihugu cyacyegukanye, ariko icyo gihe nta mafaranga yahabwaga uwatsinze cyangwa uwitabiriye kuko byari imidari n’igikombe gusa.

Uko ubushize byari byifashe

Gutanga amafaranga ku makipe yitabira igikombe cy’isi byatangiye ku mugaragaro mu gikombe cy’isi cyabereye muri Espagne mu 1982, cyegukanwe n’Ubutaliyani butsinda Ubudage ibitego bitatu kuri kimwe mu mukino wa nyuma. Cyari icya gatatu butwaye nyuma y’icya 1934 na 1938.

Ingengo y’imari y’ibihembo yemerejwe mu nama ya FIFA yabereye i Doha muri Qatar kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Ukuboza 2025, yanitabiriwe na Shema Fabrice uyoboye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), gusa u Rwanda rukaba rutazayabonaho kuko rutazakina iri rushanwa.

Uretse miliyoni 44 z’amayero angana na hafi miliyoni 50 z’amadolari azahabwa ikipe izagukana igikombe, ikipe izaba iya kabiri izahabwa miliyoni 33 z’amadolari, mu gihe izatsinda umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu izatahana miliyoni 29, mu gihe itsinzwe (izaba ibaye iya kane) izahabwa miliyoni 27 z’amadolari y’Amerika.

Dore ibindi bihembo mu madolari:

  • Amakipe azasezererwa muri 1/4 azahabwa miliyoni 19
  • Azasezererwa muri 1/8 azahabwa miliyoni 15
  • Azasezererwa mu mikino ya 1/16 azahabwa miliyoni 11
  • Azasezererwa mu matsinda azahabwa miliyoni 9

Igikombe cy’isi cya 2026 kizatangira tariki ya 11 Kamena 2026 kugeza ku wa 19 Nyakanga 2026.

Ibihugu 42 muri 48 bizakitabira byamaze kumenyekana, hasigaye bitandatu birimo bine byo ku mugabane w’i Burayi bizava mu mikino ya kamarampaka hagati yabyo n’ibindi bibiri bizava mu yindi mikino ya kamarampaka mpuzamashyirahamwe (Inter-Confederation play-offs).

Iyi mikino yose ya kamarampaka izakinwa mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − 4 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.