• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n’ibindi bigo binyuranye, igiye kuba ifunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyivugurura.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwavuze ko “ruramenyesha abantu bose, abafatanyabikorwa n’izindi nzego bireba ko guhera ku wa 5 Gicurasi 2026, inyubako ya RDB izafungwa by’agateganyo kubera imirimo yateganyijwe yo kuyivugurura.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Muri iki gihe, RDB, ibigo biyishamikiyeho n’izindi nzego zihakorera zizimukira by’agateganyo mu bindi biro. Aho ibyo biro bishya biherereye n’uburyo serivisi zizakomeza gutangwa bizatangazwa bidatinze.”

RDB ivuga ko Mu gihe ibyo ibiro bishya bitaratangira gukorerwamo, serivisi zikomatanyije za One Stop Centre ziratangirwa mu igorofa yo hasi y’inyubako ya Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), iherereye ku Kimihurura, ku muhanda KG 1, mu Mujyi wa Kigali.

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda ruvuga ko izindi serivisi zizakomeza gutangwa hifashishijwe imbuga koranabuhanga zarwo zisanzwe zikoreshwa, ndetse ko abashinzwe kwita ku bakiliya bazakomeza gukora nk’ibisanzwe kandi biteguye gufasha abarugana.

Bamwe mu bakorera mu bice byo ku Gishushu mu Karere ka Gasabo, hafi y’iyi nyubako, bavuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, babonye abakozi benshi bakoreraga muri iyi nyubako, berecyeza ku Biro by’Akarere ka Gasabo, aho bashobora kuba bagiye kuba bakorera.

Mu minsi micye ishize, ikibazo cy’iyi nzu, cyari cyagarutsweho ku mbuga nkoranyambaga, aho uwitwa Eng. Mugabo yari yavuze ko “Iyo uyirebeye inyuma ubona ko inyubako ifite imisate itambitse (horizontal cracks),bisobanuye ko ifite ikibazo muri foundation (settlement).”

Amakuru avuga kandi ko tariki 17 Mata 2026, hateranye inama yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yagaragarijwemo ko igenzura ryakozwe, ryagaragaje ko iyi nyubako itagombaga gukomeza gukorerwamo ku bw’impamvu z’umutekano w’abayikoreramo.

Abitabiriye iyi nama, bemeje ko abakorera muri iyi nyubako bagomba kwimurwa mu maguru mashya, na yo ikaba ihagaritswe gukorerwamo kugira ngo ibanze ivugururwe kubera ibibazo yari yagaragaje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + sixteen =

Previous Post

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

Next Post

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Hamenyekanye andi makuru arambuye yerecyeye igikorwa gitegerejwemo ikirangirire Lamar mu Rwanda

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n'Urukiko gituma ahita afungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.