Monday, May 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n’ibindi bigo binyuranye, igiye kuba ifunzwe by’agateganyo kubera imirimo yo kuyivugurura.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwavuze ko “ruramenyesha abantu bose, abafatanyabikorwa n’izindi nzego bireba ko guhera ku wa 5 Gicurasi 2026, inyubako ya RDB izafungwa by’agateganyo kubera imirimo yateganyijwe yo kuyivugurura.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Muri iki gihe, RDB, ibigo biyishamikiyeho n’izindi nzego zihakorera zizimukira by’agateganyo mu bindi biro. Aho ibyo biro bishya biherereye n’uburyo serivisi zizakomeza gutangwa bizatangazwa bidatinze.”

RDB ivuga ko Mu gihe ibyo ibiro bishya bitaratangira gukorerwamo, serivisi zikomatanyije za One Stop Centre ziratangirwa mu igorofa yo hasi y’inyubako ya Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), iherereye ku Kimihurura, ku muhanda KG 1, mu Mujyi wa Kigali.

Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda ruvuga ko izindi serivisi zizakomeza gutangwa hifashishijwe imbuga koranabuhanga zarwo zisanzwe zikoreshwa, ndetse ko abashinzwe kwita ku bakiliya bazakomeza gukora nk’ibisanzwe kandi biteguye gufasha abarugana.

Bamwe mu bakorera mu bice byo ku Gishushu mu Karere ka Gasabo, hafi y’iyi nyubako, bavuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026, babonye abakozi benshi bakoreraga muri iyi nyubako, berecyeza ku Biro by’Akarere ka Gasabo, aho bashobora kuba bagiye kuba bakorera.

Mu minsi micye ishize, ikibazo cy’iyi nzu, cyari cyagarutsweho ku mbuga nkoranyambaga, aho uwitwa Eng. Mugabo yari yavuze ko “Iyo uyirebeye inyuma ubona ko inyubako ifite imisate itambitse (horizontal cracks),bisobanuye ko ifite ikibazo muri foundation (settlement).”

Amakuru avuga kandi ko tariki 17 Mata 2026, hateranye inama yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yagaragarijwemo ko igenzura ryakozwe, ryagaragaje ko iyi nyubako itagombaga gukomeza gukorerwamo ku bw’impamvu z’umutekano w’abayikoreramo.

Abitabiriye iyi nama, bemeje ko abakorera muri iyi nyubako bagomba kwimurwa mu maguru mashya, na yo ikaba ihagaritswe gukorerwamo kugira ngo ibanze ivugururwe kubera ibibazo yari yagaragaje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 14 =

Previous Post

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

Related Posts

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

by radiotv10
04/05/2026
0

Umuturege wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wapfushije amatungo 33 arimo inka 15 nyuma yo gukubitwa n’inkuba,...

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

AMAKURU MASHYA: RIB yafunze abayobozi mu Nzego z’Ibanze bo mu Turere tune barimo uwari Gitifu w’Umurenge

by radiotv10
01/05/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abantu bane barimo uwahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana,...

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

Ingabo z’u Rwanda zungutse Abofisiye bafite ubumenyi bujyanye no kuyobora abasirikare

by radiotv10
01/05/2026
0

Abofisiye 74 mu Ngabo na Polisi by’u Rwanda ndetse n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, barangije amasomo ajyanye no kuyobora abandi n’indi...

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

Friendships vs Networking: What Really Matters in Your 20s?

by radiotv10
01/05/2026
0

Your 20s are often sold to you as the decade of “connections.” You’re told to meet people, build your circle,...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo
MU RWANDA

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

04/05/2026
AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

04/05/2026
Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

04/05/2026
Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

03/05/2026
Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

02/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

AFC/M23 yagaragaje ubugome bwakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.