Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kaduha mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko nubwo bubakiwe, ariko inzara ibarembeje kuko ntaho bafite ho guhinga cyangwa ahandi ho kugira icyo bakura.

Ni ikibazo cyanigeze kugarukwaho muri Sena y’u Rwanda, yagaragaje ko hari ibibazo byugarije bamwe mu batujwe mu midugudu y’icyitegererezo, kandi bijya gusa, birimo kuba badafite amasambu yo guhingamo ndetse n’abayafite akaba ari kure yabo, yewe ntibabone n’aho baca incuro.

Ibi byanatumye Sena muri 2022 itumiza Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kugira ngo agaragaze icyo Guverinoma izakora kuri ibi bibazo.

Abatujwe mu mudugu wa Kaduha i Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe, babwiye RADIOTV10 ko na bo bafite ibi bibazo, kandi ko bibaremereye.

Uzamukunda Speciose avuga ko bashimira Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye, ariko ko nyuma yo kubona aho kurambika umusaya, badafite icyo gushyira mu nda.

Ati “Barakoze baratwubakiye baratwimuye baduha amazu, nubwo bayaduhaye ntabwo dufite ikiyadutungamo.”

Shyirambere Olive uvuga ko yatujwe muri uyu mudugudu atagira ubundi butaka kuko yari yaravuye muri Tanzania, avuga ko aramutse abonye ubutaka, yakwihingira.

Ati “Baranyakiriye ndashima Imana, bampaye inzu ariko wenda mbonye nk’agasambu n’ashinga tukabona ibyo kurya no gutunga abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze ko abatuzwa muri ubu buryo bagenda bashakirwa aho guhinga ariko abatujwe muri uyu Mudugudu w’Ikitegererezo wa Kaduha batahabona ubutakaka kuko ngo ari igice cy’umujyi.

Ati “Icya mbere twamaze gukemura icyo kibazo cy’icumbi, ikindi ni ukubahuza n’imirimo yindi isanzwe. Kuvuga ko kubona aho abaturage bahinga byo n’igishushanyo mbonera ntabwo cyabitwemerera kuko kubona ubwo butaka biba bigoranye. Ni ukureba ko muri gahunda yo kurwanya ubukene no kuzamura imibereho y’abaturage nabo barimo kugira ngo bashakirwe akazi banahuzwe n’amahirwe ahari.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Next Post

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.