Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kaduha mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko nubwo bubakiwe, ariko inzara ibarembeje kuko ntaho bafite ho guhinga cyangwa ahandi ho kugira icyo bakura.

Ni ikibazo cyanigeze kugarukwaho muri Sena y’u Rwanda, yagaragaje ko hari ibibazo byugarije bamwe mu batujwe mu midugudu y’icyitegererezo, kandi bijya gusa, birimo kuba badafite amasambu yo guhingamo ndetse n’abayafite akaba ari kure yabo, yewe ntibabone n’aho baca incuro.

Ibi byanatumye Sena muri 2022 itumiza Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kugira ngo agaragaze icyo Guverinoma izakora kuri ibi bibazo.

Abatujwe mu mudugu wa Kaduha i Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe, babwiye RADIOTV10 ko na bo bafite ibi bibazo, kandi ko bibaremereye.

Uzamukunda Speciose avuga ko bashimira Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye, ariko ko nyuma yo kubona aho kurambika umusaya, badafite icyo gushyira mu nda.

Ati “Barakoze baratwubakiye baratwimuye baduha amazu, nubwo bayaduhaye ntabwo dufite ikiyadutungamo.”

Shyirambere Olive uvuga ko yatujwe muri uyu mudugudu atagira ubundi butaka kuko yari yaravuye muri Tanzania, avuga ko aramutse abonye ubutaka, yakwihingira.

Ati “Baranyakiriye ndashima Imana, bampaye inzu ariko wenda mbonye nk’agasambu n’ashinga tukabona ibyo kurya no gutunga abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze ko abatuzwa muri ubu buryo bagenda bashakirwa aho guhinga ariko abatujwe muri uyu Mudugudu w’Ikitegererezo wa Kaduha batahabona ubutakaka kuko ngo ari igice cy’umujyi.

Ati “Icya mbere twamaze gukemura icyo kibazo cy’icumbi, ikindi ni ukubahuza n’imirimo yindi isanzwe. Kuvuga ko kubona aho abaturage bahinga byo n’igishushanyo mbonera ntabwo cyabitwemerera kuko kubona ubwo butaka biba bigoranye. Ni ukureba ko muri gahunda yo kurwanya ubukene no kuzamura imibereho y’abaturage nabo barimo kugira ngo bashakirwe akazi banahuzwe n’amahirwe ahari.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Next Post

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.