Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inzu batujwemo ngo ntibakiziboneramo ibitotsi kubera umutwaro bari baranze kuvuga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kaduha mu Murenge wa Kirehe mu Karere ka Kirehe, baravuga ko nubwo bubakiwe, ariko inzara ibarembeje kuko ntaho bafite ho guhinga cyangwa ahandi ho kugira icyo bakura.

Ni ikibazo cyanigeze kugarukwaho muri Sena y’u Rwanda, yagaragaje ko hari ibibazo byugarije bamwe mu batujwe mu midugudu y’icyitegererezo, kandi bijya gusa, birimo kuba badafite amasambu yo guhingamo ndetse n’abayafite akaba ari kure yabo, yewe ntibabone n’aho baca incuro.

Ibi byanatumye Sena muri 2022 itumiza Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kugira ngo agaragaze icyo Guverinoma izakora kuri ibi bibazo.

Abatujwe mu mudugu wa Kaduha i Nyabikokora mu Murenge wa Kirehe, babwiye RADIOTV10 ko na bo bafite ibi bibazo, kandi ko bibaremereye.

Uzamukunda Speciose avuga ko bashimira Leta y’u Rwanda kuba yarabubakiye, ariko ko nyuma yo kubona aho kurambika umusaya, badafite icyo gushyira mu nda.

Ati “Barakoze baratwubakiye baratwimuye baduha amazu, nubwo bayaduhaye ntabwo dufite ikiyadutungamo.”

Shyirambere Olive uvuga ko yatujwe muri uyu mudugudu atagira ubundi butaka kuko yari yaravuye muri Tanzania, avuga ko aramutse abonye ubutaka, yakwihingira.

Ati “Baranyakiriye ndashima Imana, bampaye inzu ariko wenda mbonye nk’agasambu n’ashinga tukabona ibyo kurya no gutunga abana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno yavuze ko abatuzwa muri ubu buryo bagenda bashakirwa aho guhinga ariko abatujwe muri uyu Mudugudu w’Ikitegererezo wa Kaduha batahabona ubutakaka kuko ngo ari igice cy’umujyi.

Ati “Icya mbere twamaze gukemura icyo kibazo cy’icumbi, ikindi ni ukubahuza n’imirimo yindi isanzwe. Kuvuga ko kubona aho abaturage bahinga byo n’igishushanyo mbonera ntabwo cyabitwemerera kuko kubona ubwo butaka biba bigoranye. Ni ukureba ko muri gahunda yo kurwanya ubukene no kuzamura imibereho y’abaturage nabo barimo kugira ngo bashakirwe akazi banahuzwe n’amahirwe ahari.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 13 =

Previous Post

Uko habaye impanuka idasanzwe yasize agahinda mu muryango w’uwari mu mirimo

Next Post

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Umusore w’ibigango uzwi ku mbuga nkoranyamba yagaragaje inzu y’akataraboneka n’ubuzima buryoshye abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.