• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iperereza ku rupfu rw’Umupolisi w’u Rwanda wasanzwe ku muhanda yapfuye hari icyo ryagezeho

radiotv10by radiotv10
18/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Habonetse umurambo w’Umupolisi wo mu Rwanda ku muhanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’Umupolizi muri Polisi y’u Rwanda, basanze ku muhanda uva mu mujyi wa Rusizi werecyeza i Bugarama, yapfuye, hagahita hatangira iperereza, ryanatumye aba bantu bafatwa.

Urupfu rwa nyakwigendera PC Sibomana Simeon, rwamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 12 Gicurasi, ubwo umurambo we wabonekaga ku muhanda mu Kagari ka Karenge ku Murenge wa Rwimbogo.

Inzego zishinzwe iperereza, zahise ziritangira, kugeza ubwo zifashe abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera.

Aba bantu batatu bafashwe nyuma y’iminsi itatu habaye buriya bwicanyi, bafashwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Remera.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, yemeye ko aba bantu batatu bafashwe, ndetse anagaruka kuri bimwe mu byagaragajwe n’iperereza ariko bidashobora kurihungabanya.

Yagize ati “Umupolisi wakoreraga kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusizi yishwe kubera urugomo rushingiye ku businzi.”

Ubwo nyakwigendera yabonekaga yishwe, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yatangaje ko uyu wari Umupolisi yishwe atari mu kazi.

CIP Mucyo Rukundo kandi yari yatangaje ko iperereza ryari ryahise ritangira ku cyaba cyahitanye nyakwigendera ndetse n’ababigizemo uruhare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

U Rwanda ruzungukira iki kuri Zimbabwe aho umugati wigeze kugura Miliyoni?

Next Post

Ibidasanzwe byabaye: Yaciye agahigo mu bijyanye no guteka

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibidasanzwe byabaye: Yaciye agahigo mu bijyanye no guteka

Ibidasanzwe byabaye: Yaciye agahigo mu bijyanye no guteka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.