Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje

radiotv10by radiotv10
28/01/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’i Kanungu mu burengerazuba bwa Uganda, rwaciye umugore miliyoni 9,4 z’Amashilingi ya Uganda (arenga Miliyoni 2,7 Frw) nyuma yo kwanga gushyingiranwa n’uwo yari yarabyizeje.

Uru rubanza rwaburanishwaga n’uru rukiko rw’i Kanungu, rwaregwamo dosiye ifite nimero ya 024 rwo muri 2022 y’ikirego cyatanzwe na Richard Tumwiine muri Gashyantare 2022 arega uwahoze ari umukunzi we Fortunate

Ubushinjacyaha bwaburanaga iki kirego, buvuga ko Tumwiine na Kyarikunda bari barahuriye ku ishuri ribanza rya Kambunga aho uyu mugabo yakoraga akazi k’ubwarimu mu gihe uwo mugore we yari ari kwimenyereza ubwarimu.

Buvuga ko Tumwiine na Kyarikunda baje gukundana ndetse muri 2018 bakemeranya ko bazashyingiranwa.

Tumwiine avuga ko yahaye Kyarikunda 9,439,100 z’amashilingi ya Uganda kugira ngo ajye gusoza amasomo mu ishuri ry’amategeko ry’i Kampala, ndetse aho ayarangirije bemeranya ko tariki 10 Mutarama 2022 bagombaga gukora imihango yo gusaba no gukwa yari yashyize muri Gashyantare umwaka ushize.

Uko bari barabyiyemeje si ko byaje kugenda kuko muri Gashyanate, Kyarikunda yateye uw’inyuma umukunzi we avuga ko bataberanye kuko afite imyaka 65 mu gihe we afite 35.

Mu kirego cye, Tumwine yashinjaga Kyarikunda kwica isezerano ryo kuzashyingirana, agasaba urukiko gutegeka uyu wa umukunzi we kumusubiza amafaranga ye yari yaramuhaye yizeye ko bazabana.

Mu gutanga icyemezo kuri uru rubanza, umucamaza w’urukiko rwa Kanungu yavuze ko mu gihe aba bombi batashyingiranywe nk’uko bari barabisezeranye, uyu mugore agomba gusubiza ziriya miliyoni uwari warazimuhaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga

Next Post

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Ubusatirizi bwa Rayon bwadanangiwe hongerwamo umugande unyaruka nk’isha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.