Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel yahengereye ijoro riguye yohereza ibifaru muri Gaza muri operasiyo itegura urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Ibimodoka by’intambara by’igisirikare cya Israel, byinjiye muri Gaza mu gicuku cy’ijoro, mu gitero kigamije gusenya bimwe mu birindiro bya Hamas, mu rwego rwo gutegura urugamba rwo ku butaka.

Ibi byatangajwe n’igisirikare kuri uyu wa Kane, aho ibi bimodoka by’urugamba birimo ibifaru birasa ibisasu biremereye ndetse n’ibimodoka bisenya, byinjiraga muri Gaza mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.

Ibyotsi by’umukara byagaragaye mu kirere mu bice bya Gaza, aho ibi bimodoka byari bimaze kurasa ibisasu no gusenya bimwe mu bice byo muri iyi Ntara iyobowe na Hamas.

Ni igitero cyagabwe nyuma y’amasaha macye, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu abitegetse kugira ngo igisirikare kijye gutegura intambara yo ku butaka muri Gaza.

Igisirikare cya Israel, cyemeje ko cyagabye igitero “ku birindiro byinshi by’iterabwoba, ku bikorwa remezo ndetse no ku bimashini bizimya za misile.”

Cyakomeje kivuga ko iyo operasiyo yakozwe muri Gaza mu rwego rwo “gutegura izindi ntambwe z’urugamba, ubundi bahita bagaruka ku butaka bwa Israel.”

Amashusho y’umukagra, agaragaza umurongo w’ibi bimodoka bigenda hafi y’uruzitiro ruri ku mupaka wa Gaza. Hakaba kandi n’andi agaragaza indege ziri kumisha ibisasu ndetse n’inyubako zisenyuka zizamura imikungugu.

Mu masaha ya kare mbere y’iyi Operasiyo, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yari yatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu mu ijambo yagezaga ku Banya-Israel ko Igihugu cyabo kigishenguwe kandi gifite umujinya n’ibitero bya Hamas byamenekeyemo amaraso y’Abanya-Israel benshi byabaye tariki 07 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

Bwa mbere umuhanzi Sintex yavuze uko yahuye n’umugore we baherutse gusezerana

Next Post

Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa

Related Posts

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

by radiotv10
29/11/2025
0

Gen. Abdel Fattah al-Burhan Abdelrahman al-Burhan ukuriye ingabo z'Igihugu cya Sudan, yatakambiye Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za...

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

by radiotv10
29/11/2025
0

Perezida Donal Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yavuze ko agiye guhagarika gahunda yo kwakira abaturage bava mu Bihugu bikennye...

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
29/11/2025
0

Inkongi ikomeye yibasiye inyubako zituwemo n’abantu muri Hong Kong, imaze guhitana abagera ku 128, barimo n’umwe uri mu bashinzwe kuzimya...

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa

Batunguwe n’ibyakurikiye icyizere bari bahawe ku butaka bwari bwarahawe Umujenerali akabwamburwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.