Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze iminsi mu mirwano, bemeranyijwe agahenge k’iminsi ine, izakorwamo ibikorwa binyuranye birimo guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate.

Ibikubiye muri ubu bwumvikane bwagezweho n’impande zombi zibifashijwemo n’Ibihugu nka Qatar, Leta Zunze Ubumwe za America na Misiri, byari biteganyijwe ko butangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, ariko ngo harabamo ubutinde.

Ni ubwumvikane bwatangajwe kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’iminsi habaho ibiganiro ku mpande zombi zibifashijwemo n’aba bahuza.

 

Ni ibiki biteganyijwe muri ubu bwumvikane?

Qatar yatangaje ko abantu 50 bafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas, bazarekurwa, uyu mutwe na wo ugashyikirizwa imfungwa z’Abanya-Palestine 150 zifunzwe na Israel.

Ni mu gihe abantu 240 bashimuswe mu kwezi gushize, bazarekurwa muri iki gihe cy’agahenge. Mu gihe igice cya mbere cyabo kizarekurwa, Israel na yo izarekura itsinda rya mbere ry’Abanya-Palestine bafungiye muri iki Gihugu.

Izo mfungwa zirimo abahungu b’ingimbi bafashwe mu bihe by’imvururu zabereye mu gace ka West Bank kuva muri 2022 kugeza muri 2023 bashinjwa ibyaha binyuranye birimo gutera amabuye no guhungabanya umudendezo wa rubanda.

Bivugwa ko muri ibyo bihe, Israel yafunze Abanya-Palestine bakabakaba 7 000, bashinjwa cyangwa bahamijwe ibyaha byo guhungabanya umutekano.

Israel itangaza ko biteganyijwe ko umubare w’abafashwe bugwate bazarekurwa, uzagenda wiyongera kuko, nibura abantu 10 bazajya barekurwa ku munsi.

Nanone kandi muri aka gahenge kemeranyijweho, biteganyijwe ko amakamyo abarirwa muri magana atwaye ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’ibikomoka kuri peteroli, azaba yemerewe kwinjira muri Gaza, nk’uko bikubiye muri ubu bwumvikane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

Next Post

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)
AMAHANGA

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.