Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze iminsi mu mirwano, bemeranyijwe agahenge k’iminsi ine, izakorwamo ibikorwa binyuranye birimo guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate.

Ibikubiye muri ubu bwumvikane bwagezweho n’impande zombi zibifashijwemo n’Ibihugu nka Qatar, Leta Zunze Ubumwe za America na Misiri, byari biteganyijwe ko butangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, ariko ngo harabamo ubutinde.

Ni ubwumvikane bwatangajwe kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’iminsi habaho ibiganiro ku mpande zombi zibifashijwemo n’aba bahuza.

 

Ni ibiki biteganyijwe muri ubu bwumvikane?

Qatar yatangaje ko abantu 50 bafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas, bazarekurwa, uyu mutwe na wo ugashyikirizwa imfungwa z’Abanya-Palestine 150 zifunzwe na Israel.

Ni mu gihe abantu 240 bashimuswe mu kwezi gushize, bazarekurwa muri iki gihe cy’agahenge. Mu gihe igice cya mbere cyabo kizarekurwa, Israel na yo izarekura itsinda rya mbere ry’Abanya-Palestine bafungiye muri iki Gihugu.

Izo mfungwa zirimo abahungu b’ingimbi bafashwe mu bihe by’imvururu zabereye mu gace ka West Bank kuva muri 2022 kugeza muri 2023 bashinjwa ibyaha binyuranye birimo gutera amabuye no guhungabanya umudendezo wa rubanda.

Bivugwa ko muri ibyo bihe, Israel yafunze Abanya-Palestine bakabakaba 7 000, bashinjwa cyangwa bahamijwe ibyaha byo guhungabanya umutekano.

Israel itangaza ko biteganyijwe ko umubare w’abafashwe bugwate bazarekurwa, uzagenda wiyongera kuko, nibura abantu 10 bazajya barekurwa ku munsi.

Nanone kandi muri aka gahenge kemeranyijweho, biteganyijwe ko amakamyo abarirwa muri magana atwaye ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’ibikomoka kuri peteroli, azaba yemerewe kwinjira muri Gaza, nk’uko bikubiye muri ubu bwumvikane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

Next Post

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Related Posts

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Nyuma y’iminsi ibiri inyeshyamba z’umutwe wa Wazalendo urwana ku ruhande rwa Leta ya DRC zigenzura ibice bine byo muri Teritwari...

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Israel yashyikirijwe imfungwa 20 bari barafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’agahenge agamije kurangiza...

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

by radiotv10
13/10/2025
0

Guverinoma y’u Bubiligi n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zagaragaje ko zishimiye itangazo ry’igisirikare cya DRC (FARDC) rihamagarira abarwanyi b’umutwe...

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi batatu b’Urwego rukuru rw’Ubuyobozi rwa Qatar, bari bitabiriye ibiganiro bihuza Israel na Hamas mu Misiri, bapfiriye mu mpanuka y’imodoka...

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

Intambara irarangiye- Trump yatangaje ku mugaragaro ibya Israel na Hamas

by radiotv10
13/10/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko intambara imaze imyaka ibiri ihanganishije Israel n’umutwe wa Hamas...

IZIHERUKA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence
MU RWANDA

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

by radiotv10
13/10/2025
0

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Former genocide convict Emmanuel Ndindabahizi dies in Benin while serving life sentence

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.