Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Israel na Hamas bamaze iminsi mu mirwano, bemeranyijwe agahenge k’iminsi ine, izakorwamo ibikorwa binyuranye birimo guhererekanya imfungwa n’abafashwe bugwate.

Ibikubiye muri ubu bwumvikane bwagezweho n’impande zombi zibifashijwemo n’Ibihugu nka Qatar, Leta Zunze Ubumwe za America na Misiri, byari biteganyijwe ko butangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu, ariko ngo harabamo ubutinde.

Ni ubwumvikane bwatangajwe kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’iminsi habaho ibiganiro ku mpande zombi zibifashijwemo n’aba bahuza.

 

Ni ibiki biteganyijwe muri ubu bwumvikane?

Qatar yatangaje ko abantu 50 bafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas, bazarekurwa, uyu mutwe na wo ugashyikirizwa imfungwa z’Abanya-Palestine 150 zifunzwe na Israel.

Ni mu gihe abantu 240 bashimuswe mu kwezi gushize, bazarekurwa muri iki gihe cy’agahenge. Mu gihe igice cya mbere cyabo kizarekurwa, Israel na yo izarekura itsinda rya mbere ry’Abanya-Palestine bafungiye muri iki Gihugu.

Izo mfungwa zirimo abahungu b’ingimbi bafashwe mu bihe by’imvururu zabereye mu gace ka West Bank kuva muri 2022 kugeza muri 2023 bashinjwa ibyaha binyuranye birimo gutera amabuye no guhungabanya umudendezo wa rubanda.

Bivugwa ko muri ibyo bihe, Israel yafunze Abanya-Palestine bakabakaba 7 000, bashinjwa cyangwa bahamijwe ibyaha byo guhungabanya umutekano.

Israel itangaza ko biteganyijwe ko umubare w’abafashwe bugwate bazarekurwa, uzagenda wiyongera kuko, nibura abantu 10 bazajya barekurwa ku munsi.

Nanone kandi muri aka gahenge kemeranyijweho, biteganyijwe ko amakamyo abarirwa muri magana atwaye ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’ibikomoka kuri peteroli, azaba yemerewe kwinjira muri Gaza, nk’uko bikubiye muri ubu bwumvikane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

Next Post

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.