Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Julius Malema yahawe urw’amenyo kubera kuvuga ko P.Kagame ari ‘kugurana amafaranga abimukira’

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Julius Malema yahawe urw’amenyo kubera kuvuga ko P.Kagame ari ‘kugurana amafaranga abimukira’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’ishyaka EFF ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri  Afurika y’Epfo, Julius Malema akomeje gusabwa kubanza kumva impamvu u Rwanda rwiyemeje kwakira abimukira bari mu Bwongereza, mbere yo kunenga iki cyemezo yitiranyije n’ubucuruzi bw’abacakara.

Mu ijambo yavugiye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 28 ya Demokarasi y’ukwishyira ukizana kw’ishyaka EFF, kuri uyu wa Gatatu, Julius Malema yagarutse ku masezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza agamije gutabara ubuzima bw’abimukira.

Muri iri jambo, Julius Malema yavuze ko asaba yinginga umuvandimwe we Perezida Paul Kagame “kudakorana n’abari kuzana ubukukoloni bushya.”

Yakomeje avuga ko “Perezida Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bubashywe muri uyu Mugabane wacu” ngo  ariko ibyo ari gukorana n’u Bwongereza bimeze nk’ubucuruzi bw’abacakara byabayeho mu myaka yatambutse.

Julius Malema avuze ibi nyuma y’icyumweru kimwe Perezida Paul Kagame atangaje ko ibyo u Rwanda ruri gukora ari ugutabara ubuzima bw’abantu atari ugucuruza abantu nk’uko bivugwa na bamwe mu banenga iyi gahunda.

Mu kiganiro yagejeje ku banyeshuri bo muri Kaminuza ya Brown tariki 20 Mata, Perezida Kagame yagize ati “Byaba ari ari amakosa kuba abantu bahita banzura bati ‘Urabona u Rwanda rwabonye amafaranga…’ Ntabwo ari ubucuruzi, ntabwo turimo gucuruza abantu. Mu by’ukuri si ko bimeze. Ahubwo turimo turafasha.”

Julius Malema wanenze iyi gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza, yanibukijwe kubanza kumva iki kiganiro cy’Umukuru w’u Rwanda ndetse akabanza akamenya ibikubiye muri ariya masezerano n’impamvu yayo.

Uyu mugabo uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, yakomeje avuga ko iyi gahunda ngo yibutsa ubucakara n’icuruzwa ry’abacakara byabayeho mu bihe byatambutse.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu kuri uyu wa Mbere, yavuze ko abantu batari bakwiye kuvuga ko aba bantu bacurujwe kuko batazazanwa mu Rwanda ngo bakoreshwe imirimo y’uburetwa cyangwa indi ibambura agaciro.

Bamwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter mu Rwanda, bakomeje kunenga ubutumwa bwa Julius Malema.

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda, Stephanie Nyombayire yasabye Malema kumva kiriya kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyeshuri ba Watson ubwo yasobanuraga impamvu u Rwanda rwemeye kwakira aba bimukira.

Mu butumwa buherekejwe n’amashusho ya Perezida Kagame asobanura kuri iyi ngingo, Stephanie Nyombayire yagize ati “Ibi ni ibisobanuro byagufasha gukosora ibyo utumva kuri iki kibazo. Kwakira impunzi no gukoresha amafaranga wakiriye mu kuziha ubuzima buboneye mu Gihugu cyabakiriye ni byo bita ubufatanye.”

Umwarimu muri kaminuza Dr Alphonse Mulefu na we yanenze Julius Malema, agira ati “Aratekereza ko gufata Abanyafurika ukabakura mu bigo bacumbikiwemo i Burayi ukabazna mu Gihugu cyo muri Afurika ari ubucakara? Ubanza hari uwinjiriye ibitekerezo by’umuvandimwe wacu akaba ari kubiyobora.”

Uwitwa Serial Tweeper yagize ati “Yaba EFF n’umuyobozi wayo Julius Malema ntibashobora nibura kugaragaza igikwiye gukorwa mbere yo kuvuga ibyo atazi. Rwanda ruri kurokora abimukira bari mu bigo bacumbikiwemo mu Bwongereza.”

Austin Bwira na we yagize ati “U Rwanda nta yindi nyungu rukurikiranye mu bufatanye bwarwo n’u Bwongereza uretse inyungu y’ubumuntu. Ntabwo ari bo ba mbere u Rwanda rugiye kwakira ahubwo uko bigaragara hari abari kunenga iyi gahunda ku nyungu zabo bwite.”

Impuguke mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga akana n’Umushingamategeko muri Sena y’u Rwanda, Evode Uwizeyimana aherutse kuvuga ko bamwe mu bari “gusakuza” bamagana iyi gahunda babiterwa no kuba babuze akazi nk’abanyamategeko bo mu Bwongereza bari kuzunganira aba bimukira mu gihe bari kuzaba bari kwaka ubuhungiro ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi ryagombaga kuzahabwa ariya mafaranga azakoreshwa mu kuzita kuri aba bimukira igihe bazaba bageze mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 2 =

Previous Post

Ntabwo ndi Urukiko, naba nkoresheje nabi ububasha,…- Perezida Kagame aganira n’uwamusabye gufungura Rusesabagina

Next Post

Minisitiri w’Ingabo wa Botswana yavuze icyatumye agenderera u Rwanda

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Ingabo wa Botswana yavuze icyatumye agenderera u Rwanda

Minisitiri w’Ingabo wa Botswana yavuze icyatumye agenderera u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.