Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kabila akomeje kwigaragaza mu bikorwa bivugwa ko bizamufasha gusubiza Congo ku murongo

radiotv10by radiotv10
02/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kabila akomeje kwigaragaza mu bikorwa bivugwa ko bizamufasha gusubiza Congo ku murongo
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uherutse kuva mu buhungiro, akomeje kwakira amatsinda atandukanye, ngo yumve ibitekerezo bizamufasha kugira uruhare mu kuzana impinduka muri iki Gihugu avuga ko gikwiye gusubizwa ku murongo.

Kuva mu cyumweru gishize, Joseph Kabila Kabange yatangiye kwakira amatsinda y’abantu batandukanye, bagirana ibiganiro byo kungurana ibitekerezo kugira ngo agire icyo akora mu gukosora ibyakozwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu yigeze kuyobora, avuga ko kigeze aharindimuka kubera ubutegetsi buriho budashoboye.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Kabila yakomeje kwakira amatsinda atandukanye, aho ku wa Gatandatu tariki 31 Gicurasi 2025, yakiriye abanyabwenge b’abarimu bo mu mashuri makuru na za kaminuza.

Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ku wa Gatandatu “Nyakubahwa Perezida w’icyubahiro Joseph Kabila Kabange yakomeje ibiganiro nyunguranabitekerezo yakira itsinda ry’abayobozi b’amashuri makuru na za Kaminuza.”

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, yakomeje avuga ko “mu bo yakiriye harimo Perezida w’Inama Nkuru y’amashuri makuru na za Kaminuza muri Kivu ya Ruguru akaba n’Umuyobozi mukuru wa UNIGOM, Bwana Mohindo Mughanda.”

Mu cyumweru gishize kandi, Joseph Kabila yanahuye n’abayobozi ba AFC/M23, barimo Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro rirwanya ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa.

Corneille Nangaa yavuze ko guhura kwabo na Joseph Kabila, ari nko gutangiza ku mugaragaro ibikorwa by’uruhererekane by’uyu munyapolitiki wayoboye iki Gihugu cya DRC, mu kuzana amahoro arambye, no gusubiza ku murongo Igihugu kimaze igihe mu bibazo.

Mu cyumweru gishize kandi, Joseph Kabila yanahuye n’abanyamadini n’amatorero, kimwe n’abakuru b’imiryango gakondo, bagiranye ibiganiro bigamije kumva ibitekerezo byabo, n’impinduka bifuza mu Gihugu cyabo.

Kabila yahuye n’intiti zo mu mashuri makuru na za Kaminuza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi bagiriye uruzinduko muri Qatar umunsi umwe

Next Post

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

AMAFOTO: Uko byari bimeze ubwo Perezida Macron yakiraga PSG yanejeje ab’i Paris, i Kigali n’ahandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.