Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga, mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, igonga umunyegare ubwo yagendaga inyura ku zindi modoka, ahita apfa.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Mata 2023 ahagana saa kumi n’ebyiri (18:00’), yabereye ahazwi nko kuri Kariyeri, mu Mudugudu wa Mushimba mu Kagari ka Kigembe muri uyu Murenge wa Gacurabwenge.

Abazi nyakwigendera wagonzwe n’iyi modoka, bavuga ko yitwa Hakizimana Innocent, akaba yari avuye kugeza ku bacuruzi ibicuruzwa yari ahawe n’umucuruzi uranguza yakoreraga.

Ababonye iyi mpanuka ubwo yabaga, bemeza ko ari amakosa y’umushoferi w’iyi kamyo wirukankaga cyane kandi akagenda anyura ku zindi modoka zari zimuri imbere, mu gihe bagendaga ahantu hari amakorosi menshi, ubundi atemerewemo kunyuranaho kw’ibinyabiziga.

Umwe muri aba bayibonye, avuga ko ubwo iyi kamyo ya Howo yagenda inyura ku zindi modoka, ari bwo yaje guta umukono wayo, igasanga uwo munyegare mu mukono we, igahita imugonga, ikamumena umutwe, agahita yitaba Imana.

Iyi mpanuka kandi yatumye habaho ubushyamirane hagati y’ufasha umushoferi (abazwi nka ba Kigingi cyangwa Tandiboyi) ndetse n’uwari utwaye iyi modoka, ngo kuko ubwo Kigingi yagiraga ngo aracyaha umushoferi, yatangiye kumukubita.

Polisi y’u Rwanda yihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hatangire iperereza ku cyayiteye, ndetse n’umurambo wa nyakwigendera uhita ujyanwa mu buruhukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 5 =

Previous Post

Hamenyekanye impinduka zabayeho mu bihano by’abafatwa batwaye imodoka basinze zakiriwe neza

Next Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.