Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga, mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, igonga umunyegare ubwo yagendaga inyura ku zindi modoka, ahita apfa.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Mata 2023 ahagana saa kumi n’ebyiri (18:00’), yabereye ahazwi nko kuri Kariyeri, mu Mudugudu wa Mushimba mu Kagari ka Kigembe muri uyu Murenge wa Gacurabwenge.

Abazi nyakwigendera wagonzwe n’iyi modoka, bavuga ko yitwa Hakizimana Innocent, akaba yari avuye kugeza ku bacuruzi ibicuruzwa yari ahawe n’umucuruzi uranguza yakoreraga.

Ababonye iyi mpanuka ubwo yabaga, bemeza ko ari amakosa y’umushoferi w’iyi kamyo wirukankaga cyane kandi akagenda anyura ku zindi modoka zari zimuri imbere, mu gihe bagendaga ahantu hari amakorosi menshi, ubundi atemerewemo kunyuranaho kw’ibinyabiziga.

Umwe muri aba bayibonye, avuga ko ubwo iyi kamyo ya Howo yagenda inyura ku zindi modoka, ari bwo yaje guta umukono wayo, igasanga uwo munyegare mu mukono we, igahita imugonga, ikamumena umutwe, agahita yitaba Imana.

Iyi mpanuka kandi yatumye habaho ubushyamirane hagati y’ufasha umushoferi (abazwi nka ba Kigingi cyangwa Tandiboyi) ndetse n’uwari utwaye iyi modoka, ngo kuko ubwo Kigingi yagiraga ngo aracyaha umushoferi, yatangiye kumukubita.

Polisi y’u Rwanda yihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hatangire iperereza ku cyayiteye, ndetse n’umurambo wa nyakwigendera uhita ujyanwa mu buruhukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

Hamenyekanye impinduka zabayeho mu bihano by’abafatwa batwaye imodoka basinze zakiriwe neza

Next Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.