Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in MU RWANDA
0
Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga, mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, igonga umunyegare ubwo yagendaga inyura ku zindi modoka, ahita apfa.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Mata 2023 ahagana saa kumi n’ebyiri (18:00’), yabereye ahazwi nko kuri Kariyeri, mu Mudugudu wa Mushimba mu Kagari ka Kigembe muri uyu Murenge wa Gacurabwenge.

Abazi nyakwigendera wagonzwe n’iyi modoka, bavuga ko yitwa Hakizimana Innocent, akaba yari avuye kugeza ku bacuruzi ibicuruzwa yari ahawe n’umucuruzi uranguza yakoreraga.

Ababonye iyi mpanuka ubwo yabaga, bemeza ko ari amakosa y’umushoferi w’iyi kamyo wirukankaga cyane kandi akagenda anyura ku zindi modoka zari zimuri imbere, mu gihe bagendaga ahantu hari amakorosi menshi, ubundi atemerewemo kunyuranaho kw’ibinyabiziga.

Umwe muri aba bayibonye, avuga ko ubwo iyi kamyo ya Howo yagenda inyura ku zindi modoka, ari bwo yaje guta umukono wayo, igasanga uwo munyegare mu mukono we, igahita imugonga, ikamumena umutwe, agahita yitaba Imana.

Iyi mpanuka kandi yatumye habaho ubushyamirane hagati y’ufasha umushoferi (abazwi nka ba Kigingi cyangwa Tandiboyi) ndetse n’uwari utwaye iyi modoka, ngo kuko ubwo Kigingi yagiraga ngo aracyaha umushoferi, yatangiye kumukubita.

Polisi y’u Rwanda yihutiye kugera ahabereye iyi mpanuka, kugira ngo hatangire iperereza ku cyayiteye, ndetse n’umurambo wa nyakwigendera uhita ujyanwa mu buruhukiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 6 =

Previous Post

Hamenyekanye impinduka zabayeho mu bihano by’abafatwa batwaye imodoka basinze zakiriwe neza

Next Post

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.