Thursday, October 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karasira wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe icyaha kimwe mu byo yaregwaga aranakatirwa

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Karasira wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda yahamijwe icyaha kimwe mu byo yaregwaga aranakatirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Karasira wigeze kuba umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, umaze imyaka ine afunze anaburana ku byaha bitandatu yaregwaga, yahamijwe kimwe cyo gukurura amacakubiri, ahanishwa gufungwa imyaka itanu.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025 n’Urukiko rw’Urugereko Rwihariye  rububuranisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza.

Karasira yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi 2021, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibiganiro yari amaze igihe atangaza kuri YouTube.

Yaregwaga ibyaha bitandatu birimo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha, iyezandonke no kudasobanura inkomoko y’umutungo we.

Uru rukiko rwamuburanishije mu maburanisha yakunze kuzamo impaka, kuri uyu wa Kabiri rwatangaje ko uregwa ahamwa n’icyaha kimwe cyo gukurura amacakubiri, rumukatira igifungo cy’imyaka itanu.

Uru Rukiko rw’Urugereko Rwihariye rububuranisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka, rwanzuye kandi ko imitungo y’uregwa yari yarafatiriwe, idakomeza gufatirwa.

Karasira Aimable n’abamwunganira mu mategeko barimo Me Bikotwa Bruce, baburanye bahakana ibyaha biregwa uyu wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, bavuga ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bitari bikurikije amategeko, kandi ko byari bihabanye n’ukuri kw’ibiganiro yatangaga.

Karasira n’abamwunganira, bagiye bagaruka ku biganiro yagiye akora kuri YouTube, bavugaga ko bimwe mu byafashwe nk’ibikorwa bigize ibyaha, ari ibintu bikubiye mu bitabo byashyizwe hanze.

Uregwa kandi yakunze kuvuga ko bimwe mu byo ashinjwa nk’ibigize ibyaha, ari ibishingiye ku mateka yanyuzemo nk’umuntu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo ko atayikana kandi na we ari mu bo yagizeho ingaruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Hagaragaye imodoka bivugwa ko zirimo abarwanyi b’abacancuro ba ‘Blackwater’ bongeye kwiyambazwa na Congo

Next Post

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Related Posts

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko mu ishyamba riri mu Kagari ka Kinzovu hafi y’umuhanda...

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

by radiotv10
02/10/2025
0

Feeling like everyone else is moving ahead while you’re stuck can be painful and frustrating. Maybe your friends are getting...

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

by radiotv10
01/10/2025
0

Itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda riri kuvugururwa, rirateganya ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku batwara ibinyabiziga, ku makosa 10 aremereye, arimo...

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

Dore uko umunyamahirwe mu Rwanda yegukanye 4.300.000Frw akoresheje 1.000Frw

by radiotv10
01/10/2025
0

Umunyamahirwe ari mu byishimo nyuma yo gutsindira arenga miliyoni enye mu mikino y’amahirwe hamwe na FORTEBET, nyuma yo gutega ku...

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

Uko u Rwanda rwiteguye kujya kugaragariza Isi uburyo rwubahiriza Uburenganzira bwa Muntu

by radiotv10
01/10/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, aratangaza ko mu myanzuro iki Gihugu cyemeye gushyira mu bikorwa ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana
MU RWANDA

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

by radiotv10
02/10/2025
0

How to restart your life when you feel left behind

How to restart your life when you feel left behind

02/10/2025
Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

01/10/2025
Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

Icyo AFC/M23 yahise itangaza ku gihano cy’urupfu cyakatiwe Kabila cyatumye abanyapolitiki bahaguruka

01/10/2025
Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

01/10/2025
Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

Dore amakosa agiye gushyirirwaho ibihano by’inyongera byo gukurwaho amanota ku bashoferi mu Rwanda

01/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y’iminsi barebana ikijisho

Qatar yagaragaje uko yakiriye imbabazi yasabwe na Israel nyuma y'iminsi barebana ikijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kayonza: Hari aho batagipfa kunyura kubera abantu bataramenyekana

How to restart your life when you feel left behind

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.