Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Ifungwa ry’ibagiro ryakurikiwe n’urujijo ku nyama basigaye barya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Kayonza mu Karere ka Kayonza, bavuga ko nyuma y’ifungwa ry’ibagiro ry’ahitwa Gasogororo, basigaye barya inyama zabagiwe mu ngo, bakaba bafite impungenge ko zaba zitujuje ubuziranenge ku buryo zazabagira ingaruka.

Iri bagiro rusange ryari risanzwe ahitwa mu Gasogororo mu nkengero z’umujyi wa Kayonza mu Murenge wa Mukarange, nyuma y’uko rifunzwe, ababagaga amatungo bahisemo kujya bayabagira mu ngo zabo.

Umwe mu baturiye iri bagiro yagize ati “Barahabagiraga none haciyeho nk’amezi abiri barifunze. Nta handi hantu bafite ho kubagira, babagira mu ngo zabo.”

Bamwe mu baturage bo muri uyu mujyi wa Kayonza baganiriye na RADIOTV10 bavuga ko bafite impungenge zo kuba bashobora kuba barya inyama, batazi aho zaturutse ndetse batazi niba zakorewe isuzuma.
Umwe ati “None se kubona itungo rimanitse hariya, inyama zimanitse wamenya ari ibiki kandi nta n’uruhu ruhari.”
Undi yagize ati “Turamutse tubonye ibagiro rusange tukamenya aho inyama zabazwe zaturutse.”

Umunyamakuru yagerageje kuba bamwe bakozi b’amaguriro y’inyama atatu akorera mu isoko rya Kayonza, ngo ababaze aho inyama bacuruza zituruka, ariko bose banga kugira icyo bamutangariza.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yabwiye RADIOTV10 ko ibagiro rusange ryafunzwe ku mpamvu z’uko ritari ryujuje ibisanbwa.

Ati “Twaje gusanga hari umwanda, tubona bidahuza n’ubuziranenge bukenewe turarihagarika.”

Gusa avuga ko abacuruza inyama mu maguriro y’inyama bagirwa inama yo kujya babagira mu ibagiro riri i Nyankora mu Murenge wa Rwinkwavu.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Next Post

Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23

Gen.(Rtd) James Kabarebe yagiriye inama Ibihugu byagiye gufasha FARDC kurwanya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.