Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Kazungu Clever, umwe mu basobanukiwe umupira w’amaguru n’icyawuteza imbere, yagaragaje kimwe mu bibazo by’ingutu gisa nk’ikirengagizwa, kiri mu bituma uyu mupira udakura mu Rwanda, bikanagira ingaruka ku Ikipe y’Igihugu yakunze kunengwa umusaruro nkene.

 

Inyandiko y’ibitekerezo bwite bya Kazungu Clever

Muraho? Mbanze gusuhuza abakunzi ba Radiotv10, mbambashimira ko batwereka ko badukunda.

Leta yacu ntacyo itakoze muri Siporo guhera 1994, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo gihe ngo Budget [Ingengo y’Imari] y’u Rwanda yari Miliyari 15 Frw gusa.

Dushimire cyane Prezida wacu Mzee Kijana Paul Kagame ukunda Siporo cyane, kuri we ntiyemera ko hari ikidashoboka, ni yo mpamvu imikino yose mu Rwanda yatangiye muri Nzeri 1994 mu gihe abantu babonaga ko bitashoboka kuko Abanyarwanda bari mu bihe bigoye.

Mu mikino yose, ikipe zasohokeraga u Rwanda zigiye gukina hanze y’Igihugu zishyurirwaga na Leta ibintu byose ku buryo nta kipe yananiwe gusohokera Igihugu kubera habuze ubushobozi.

Ndasaba Leta ko yabisubizaho kuko amakipe nta bushobozi afite, nta baterankunga ndetse n’abafatanyabikorwa, ntibikwiye ko ikipe yo mu Rwanda yananirwa kwitabira amarushanwa kubera ko yabuze ubushobozi.

Muri Football, Leta ifite gahunda yo kuvugurura no kubaka ama Stade menshi ku buryo mu myaka 10 iri mbere u Rwanda ruzaba ruri mu Bihugu bikeya bifite ibibuga byiza kandi byinshi bishobora kwakira Igikombe cya Afrika “AFCON” cy’ibihugu 24 mu mujyi 10 ari yo Kigali, Muhanga, Nyanza, Huye, Musanze, Rubavu, Rusizi, Nyagatare, Gicumbi, Ngoma.

Ariko nubwo bimeze bityo, dufite ikibazo gikomeye mu mitoreze mu batoza b’abenegihugu bafashijwe na Leta mu buryo bushoboka kugira ngo bahabwe amahugurwa ahagije, ariko umusaruro batanga uri hasi cyane, bikagira ingaruka mu ikipe z’Ibihugu zose guhera abari hasi ya 17, 20, 23, n’inkuru (Senior).

Mu mupira w’amaguru mu Bihugu bikiri mu iterambere ntibikunze kubaho kubona abatoza benshi bakinnye umupira, bize mu buzima busanzwe barangije Kaminuza mu cyiciro cya 2 bafite License A yemerewe gutoza imikino yose muri Afurika nkuko bimeze mu Rwanda bazi neza indimi 2.

Nubwo mu mupira w’amaguru badashyira imbere abize cyane ahubwo bashyira imbere abazi cyane ibijyanye n’umupira w’amaguru, urugero rwiza kuyobora FIFA bisaba guhera ku mashuri yisumbuye aho kuyoborwa na Professsor utazi ibya Football yayoborwa n’uwize amashuri yisumbuye gusa.

Mu Rwanda byari amata abyaye amavuta kubona abatoza bujuje byose kurusha Ibihugu byose bya EAC.

Urugero aba batoza bose barangije icyiciro cya 2 cya Kaminuza hafi ya bose babonye amahurwa y’ibanze mu Budage.

  1. Mashami Vincent
  2. Habimana Sosthene
  3. Seninga Innocent
  4. Ndanguza Theonas
  5. Jimmy Mulisa
  6. Kirasa Alain
  7. Rwasamanzi Yves
  8. Bisengimana Justin
  9. Muhire Hassan
  10. Hitimana Thierry we afite Master’s Degree

 

– Muri 2013 Mashami Vicent, yakoze amahugurwa y’amezi 3 muri Nottingham Forest FC yo mu Bwongereza.

– Seninga Innocent nanwe yakoze amahurwa mu Busuwisi bose ayo mahugurwa yiyongeraga kuyo bakoze mu Budage.

Ese hakorwe iki kugira ngo tuzabone abatoza benshi bo mu Gihugu badasaba ibyamirenge nkuko Abatoza b’abanyamahanga babisaba?

Kazungu Clever

Comments 1

  1. miheto livier says:
    2 years ago

    Bizaba kugabanya ikibazo cyogutang’akazi hakoreshejwe kumenyana Kandi cyacyo uwo bahaye akazi ashoboye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

Next Post

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Related Posts

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

by radiotv10
21/10/2025
0

Ikipe ya  Mukura Victory Sports & Loisir yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERAFA) isaba ko hakorwa isuzumwa ku misifuriye...

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

by radiotv10
21/10/2025
0

Rutahizamu Erling Haaland ukinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yaguze imodoka nshya yo mu bwoko bwa Lamborghini ifite...

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Bizimana Djihad, yagaragaje ko na bo batishimiye umusaruro babonye mu mikino baherutse gukina, ariko ko basezeranya...

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

Rayon imazemo iminsi ibibazo ubu iravugwamo inkuru nziza yashimisha abafana

by radiotv10
17/10/2025
0

Rutahizamu Fall Ngagne wa Rayon Sports wayifashije mu mwaka w'imikino ushize agashimisha abafana bayo, wari umaze amezi 10 mu mvune,...

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
16/10/2025
0

Ikipe ya Police FC iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda imaze gukinwa iminsi itatu, yatandukanye na Muhadjiri Hakizimana wari...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.