Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Kazungu Clever, umwe mu basobanukiwe umupira w’amaguru n’icyawuteza imbere, yagaragaje kimwe mu bibazo by’ingutu gisa nk’ikirengagizwa, kiri mu bituma uyu mupira udakura mu Rwanda, bikanagira ingaruka ku Ikipe y’Igihugu yakunze kunengwa umusaruro nkene.

 

Inyandiko y’ibitekerezo bwite bya Kazungu Clever

Muraho? Mbanze gusuhuza abakunzi ba Radiotv10, mbambashimira ko batwereka ko badukunda.

Leta yacu ntacyo itakoze muri Siporo guhera 1994, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, icyo gihe ngo Budget [Ingengo y’Imari] y’u Rwanda yari Miliyari 15 Frw gusa.

Dushimire cyane Prezida wacu Mzee Kijana Paul Kagame ukunda Siporo cyane, kuri we ntiyemera ko hari ikidashoboka, ni yo mpamvu imikino yose mu Rwanda yatangiye muri Nzeri 1994 mu gihe abantu babonaga ko bitashoboka kuko Abanyarwanda bari mu bihe bigoye.

Mu mikino yose, ikipe zasohokeraga u Rwanda zigiye gukina hanze y’Igihugu zishyurirwaga na Leta ibintu byose ku buryo nta kipe yananiwe gusohokera Igihugu kubera habuze ubushobozi.

Ndasaba Leta ko yabisubizaho kuko amakipe nta bushobozi afite, nta baterankunga ndetse n’abafatanyabikorwa, ntibikwiye ko ikipe yo mu Rwanda yananirwa kwitabira amarushanwa kubera ko yabuze ubushobozi.

Muri Football, Leta ifite gahunda yo kuvugurura no kubaka ama Stade menshi ku buryo mu myaka 10 iri mbere u Rwanda ruzaba ruri mu Bihugu bikeya bifite ibibuga byiza kandi byinshi bishobora kwakira Igikombe cya Afrika “AFCON” cy’ibihugu 24 mu mujyi 10 ari yo Kigali, Muhanga, Nyanza, Huye, Musanze, Rubavu, Rusizi, Nyagatare, Gicumbi, Ngoma.

Ariko nubwo bimeze bityo, dufite ikibazo gikomeye mu mitoreze mu batoza b’abenegihugu bafashijwe na Leta mu buryo bushoboka kugira ngo bahabwe amahugurwa ahagije, ariko umusaruro batanga uri hasi cyane, bikagira ingaruka mu ikipe z’Ibihugu zose guhera abari hasi ya 17, 20, 23, n’inkuru (Senior).

Mu mupira w’amaguru mu Bihugu bikiri mu iterambere ntibikunze kubaho kubona abatoza benshi bakinnye umupira, bize mu buzima busanzwe barangije Kaminuza mu cyiciro cya 2 bafite License A yemerewe gutoza imikino yose muri Afurika nkuko bimeze mu Rwanda bazi neza indimi 2.

Nubwo mu mupira w’amaguru badashyira imbere abize cyane ahubwo bashyira imbere abazi cyane ibijyanye n’umupira w’amaguru, urugero rwiza kuyobora FIFA bisaba guhera ku mashuri yisumbuye aho kuyoborwa na Professsor utazi ibya Football yayoborwa n’uwize amashuri yisumbuye gusa.

Mu Rwanda byari amata abyaye amavuta kubona abatoza bujuje byose kurusha Ibihugu byose bya EAC.

Urugero aba batoza bose barangije icyiciro cya 2 cya Kaminuza hafi ya bose babonye amahurwa y’ibanze mu Budage.

  1. Mashami Vincent
  2. Habimana Sosthene
  3. Seninga Innocent
  4. Ndanguza Theonas
  5. Jimmy Mulisa
  6. Kirasa Alain
  7. Rwasamanzi Yves
  8. Bisengimana Justin
  9. Muhire Hassan
  10. Hitimana Thierry we afite Master’s Degree

 

– Muri 2013 Mashami Vicent, yakoze amahugurwa y’amezi 3 muri Nottingham Forest FC yo mu Bwongereza.

– Seninga Innocent nanwe yakoze amahurwa mu Busuwisi bose ayo mahugurwa yiyongeraga kuyo bakoze mu Budage.

Ese hakorwe iki kugira ngo tuzabone abatoza benshi bo mu Gihugu badasaba ibyamirenge nkuko Abatoza b’abanyamahanga babisaba?

Kazungu Clever

Comments 1

  1. miheto livier says:
    3 years ago

    Bizaba kugabanya ikibazo cyogutang’akazi hakoreshejwe kumenyana Kandi cyacyo uwo bahaye akazi ashoboye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 12 =

Previous Post

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

Next Post

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Ibyavuzwe n’umunyemari ‘Dubai’ uregwa hamwe n’uwabaye Mayor imbere y’Urukiko bwa mbere baburana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.