Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kazungu ukekwaho kwica abantu 14 yasabiwe gufatirwa ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kazungu ukekwaho kwica abantu 14 yasabiwe gufatirwa ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye iwe, yasabiwe kongererwa igihe ku minsi 30 yafatiwe n’Urukiko, avuga ko ntacyo bitwaye.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023 mu buryo bw’ikoranabuhanga, kuko yari ari aho afungiye muri Gereza ya Nyarugenge [Mageragere], Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuza ko iminsi 30 yafatiwe Kazungu yo gufungwa by’agatanyo, yongerwaho ikindi gihe.

Bwavuze ko iperereza ku byaha bikurikiranywe kuri Kazungu, rigikomeje kandi ko hakenewe igihe kugira ngo rirangire, kandi ko hari ibikiri kwegeranywa.

Umushinjacyaha yagize ati “hari imyirondoro y’abahohotewe itaraboneka kugira ngo dosiye ifatweho umwanzuro wo kuregerwa urukiko.”

Mu bantu bikekwa ko bishwe na Kazungu Denis, harimo abakobwa byatangajwe ko babaga bahuriye mu tubari, bagatahana nk’abagiye kwinezezanya, yagerayo akabatera ubwoba akoresheje ibikangisho, ubundi akabambura amafaranga akanabasambanya, akabona kubica.

Ni bo bakiri gushakishirizwa imyirondoro n’Ubushinjacyaha, kugira ngo buzabone uko buregera Urukiko.

Kazungu Dennis waburanye ku ifungwa ry’agateganyo ntagire byinshi avugira imbere y’Inteko y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, n’ubundi ubwo yasabirwaga kongererwa igihe, nta magambo menshi yavuze.

Ubwo yahabwaga ijambo ngo agire icyo avuga kuri ibi byasabwe n’Ubushinjacyaha, Kazungu yagize ati “Niba ibyo Ubushinjacyaha bubosabye kugira ngo dosiye ishakirwe ibimenyetso byuzuye, ndumva ntakibazo.”

Iburanisha rya nanone ryahise ripfundikirwa, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruvuga ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri ubu busabe bw’Ubushinjacyaha ejo ku wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nine =

Previous Post

Ubutumwa bw’agahinda bw’Intumwa y’Imana Gitwaza ku rupfu rw’umukobwa muto wari umukristu we

Next Post

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Related Posts

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

IZIHERUKA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi
AMAHANGA

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.