Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kazungu ukekwaho kwica abantu 14 yasabiwe gufatirwa ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kazungu ukekwaho kwica abantu 14 yasabiwe gufatirwa ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku bantu 14 akekwaho kwica akabashyingura mu cyobo yari yaracukuye iwe, yasabiwe kongererwa igihe ku minsi 30 yafatiwe n’Urukiko, avuga ko ntacyo bitwaye.

Mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukwakira 2023 mu buryo bw’ikoranabuhanga, kuko yari ari aho afungiye muri Gereza ya Nyarugenge [Mageragere], Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuza ko iminsi 30 yafatiwe Kazungu yo gufungwa by’agatanyo, yongerwaho ikindi gihe.

Bwavuze ko iperereza ku byaha bikurikiranywe kuri Kazungu, rigikomeje kandi ko hakenewe igihe kugira ngo rirangire, kandi ko hari ibikiri kwegeranywa.

Umushinjacyaha yagize ati “hari imyirondoro y’abahohotewe itaraboneka kugira ngo dosiye ifatweho umwanzuro wo kuregerwa urukiko.”

Mu bantu bikekwa ko bishwe na Kazungu Denis, harimo abakobwa byatangajwe ko babaga bahuriye mu tubari, bagatahana nk’abagiye kwinezezanya, yagerayo akabatera ubwoba akoresheje ibikangisho, ubundi akabambura amafaranga akanabasambanya, akabona kubica.

Ni bo bakiri gushakishirizwa imyirondoro n’Ubushinjacyaha, kugira ngo buzabone uko buregera Urukiko.

Kazungu Dennis waburanye ku ifungwa ry’agateganyo ntagire byinshi avugira imbere y’Inteko y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, n’ubundi ubwo yasabirwaga kongererwa igihe, nta magambo menshi yavuze.

Ubwo yahabwaga ijambo ngo agire icyo avuga kuri ibi byasabwe n’Ubushinjacyaha, Kazungu yagize ati “Niba ibyo Ubushinjacyaha bubosabye kugira ngo dosiye ishakirwe ibimenyetso byuzuye, ndumva ntakibazo.”

Iburanisha rya nanone ryahise ripfundikirwa, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruvuga ko ruzasoma icyemezo cyarwo kuri ubu busabe bw’Ubushinjacyaha ejo ku wa Gatanu tariki 27 Ukwakira 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + five =

Previous Post

Ubutumwa bw’agahinda bw’Intumwa y’Imana Gitwaza ku rupfu rw’umukobwa muto wari umukristu we

Next Post

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Mu ikipe y’i Burayi iri mu zikunzwe mu Rwanda haravugwa ibishoboza kunezeza abakunzi bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.