Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA POLITIKI

Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga

radiotv10by radiotv10
22/08/2022
in POLITIKI
0
Kenya: Raila Odinga utemera ko yatsinzwe yamaze kwiyambaza urw’Ikirenga
Share on FacebookShare on Twitter

Raila Odinga uherutse gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Kenya ariko ntiyemere ibyayavuyemo, yamaze kwiyambaza Urukiko rw’Ikirenga mu kirego asabamo gutesha agaciro ibyavuye muri aya matora.

Byemejwe n’umwe mu banyamategeko ba Raila Odinga witwa Dan Maanzo kuri uyu wa Mbera tariki 22 Kanama 2022.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Dan Maanzo yabwiye Abanyamakuru ko ikirego cyamaze kugezwa ku Rukiko rw’Ikirenga hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ndetse ko Odina yiteguye kujya kukirushyikiriza mu ntoki mu gihe cya vuba.

Urukiko rw’Ikirenga rufite ububasha bwo kuburanisha ibirego nk’ibi, rufite igihe cy’iminsi 14 kugira ngo ruzafate umwanzuro kuri iki kirego.

Ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 15 Kanama 2022, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Kenya, yasohoye ibyavuye mu matora, byagaragaje ko William Ruto yayegukanye ku majwi 50.49% mu gihe Odinga yagize 48.5%.

Bucyeye bwaho, tariki 16 Kanama 2022, Raila Odinga yahise yamagana ibi byavuye mu matora, avuga ko we n’abayoboke be batabyemera.

Icyo gihe yagize ati “Twe uko tubibona ni uko ibyatangajwe na Chebukati [Umuyobozi wa Komisiyo y’amatora muri Kenya] tutabyemera kandi tubyamaganye kandi bigomba guteshwa agaciro n’urukiko rubifitiye ububasha.”

Raila Odinga avuga ko mu ibarura ry’amajwi habayemo amanyanga adashobora kwihanganira.

Perezida Uhuru Kenyatta warangije Manda ze, wanashyigikiye Raila Odinga bakunze guhangana, kugeza ubu ntacyo aratangaza ku byavuye muri aya matora yo muri Kenya.

Abakuru b’Ibihugu ndetse na Guverinoma zinyuranye zirimo iy’u Rwanda na Perezida Paul Kagame, bashimiye William Ruto watorewe kuyobora Kenya ndetse n’Abanyakenya bagize amatora meza yanyuze mu mucyo no mu bwisanzure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + nine =

Previous Post

Ishyaka rya mbere ryamaze kwemeza ko rizashyigikira Kagame mu matora ya 2024

Next Post

Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy’u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma cy'u Bwongereza Prince Harry uri mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.