Tuesday, October 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’ihuriro ry’abatavura rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Rigathi Gachaguwa wigeze kuba Visi Perezida wa William Ruto, yongeye gushimangira ko ibyaha aherutse gushinja Ruto akibikomeyeho.

Ku nshuro ya mbere nyuma yo kuva muri Leta Zunze Ubumwe za America; Gachaguwa yavuze ko yahuje Perezida William Ruto n’umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi ukorera muri Sudan. Icyakora ntacyo yavuze ku kindi cyaha ashinja William Ruto cyo gukorana n’inyeshyamaba za al shabaab.

Yagize ati “Ubu ndigenga ariko mbere sinashoboraga kubivuga. Birazwi ko Perezida Ruto akorana na Hemedti uyobora RSF muri Sudani. Narabivuze kandi mbifitiye ibimenyetso, ni nanjye wabahuje muri iyo nama. Narabuhuje bombi mbitegetswe na William ruto. Byatewe n’uko mu buryo bwa diplomasi ntabwo Perezida ashobora gutumira Visi Perezida w’ikindi Gihugu ngo amusure. Kandi icyo gihe Hemedti yari Visi Perezida wa Sudan.

Perezida William Ruto yarampamagaye kubera ko nari Visi Perezida, bazana ibaruwa itumira Hemedti ndayisiNya. Nanagiye kumufata ku kibuga cy’indege, mushyikiriza Ruto, bahita batangira ibiganiro. Urwo rugendo rwavugwaga nk’urw’akazi, ariko baganiraga ubucuruzi. Bavuze kuri zahabu, ariko mbere ntabwo nari nzi icyo bagiye kuganira.”

Uyu munyapolitike nubwo Itegeko Nshinga ritamwemerera kwiyamamariza gutegeka Igihugu kuko yegujwe n’Inteko Ishinga Amategeko; Gachagua avuga ko agifite izindi nzira zo kubigeraho.

Yagize ati “Ndi umukandida ku mwanya wa Perezida wa Kenya. Nujuje ibisabwa kandi mfite n’abantu banshyigikiye ndacyanashaka n’abandi benshi. Bivuze ko mu matora nzaba ndi umukandida.”

Yavuze ko “William Ruto na we yigeze gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha. Yashinjwaga ibyaha byibasiye inyokomuntu, ariko ntibyamubujije kuyobora Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Itegeko Nshinga ryacu ritanga uburenganzira bwo kwiyamamaza kabone nubwo waba warahamijwe ibyaha ariko ukaba utararangiza inzira zose z’amategeko.”

Yavuze ko agifite urubanza mu Rukiko Rukuru, kandi ko nibiba na ngombwa azaniyambaza Urukiko rw’Ikirenga, ku buryo Urukiko rwa nyuma rubifitiye ububasha nirwemeza ko yegujwe, ataziyamamaza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

Next Post

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Related Posts

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
20/10/2025
0

Imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’inyeshyamba za Wazalendo, yaramutse mu mujyi a Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara...

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

IZIHERUKA

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda
MU RWANDA

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Icyibanzweho mu biganiro byahuje Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Bufaransa ubwo hakirwaga Umujenerali wazo

Eng.-The Chief of Defence Staff of RDF received the Chief of the French Army Land Forces

21/10/2025
BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

21/10/2025
Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
Uwabaye umuyobozi ukomeye muri Minisiteri akurikiranyweho gusambanya abakobwa

Ibyamenyekanye ku rubanza ruregwamo uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahamijwe gusambanya umwana

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-The Chief of Defence Staff of RDF received the Chief of the French Army Land Forces

BREAKING: RIB yafunze uwagaragaye yiyita umuhanuzi asaba abantu amafaranga abizeza ibitangaza bidasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.