Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro ndetse n’ubuyubozi bw’uyu Murenge, bavuga ko ibiro byawo bitajyanye n’igihe, ndetse ko byamaze kuba bito. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatanze icyizere ko umwaka utaha bizatangira kubakwa.

Aba baturage bavuga ko ubusanzwe Umurenge uri mu nzego zitanga serivisi ku baturage benshi, ariko ko uwa Kanombe wo ufite ikibazo cy’ubuto bw’Ibiro byawo.

Umwe ati “Iyo abaturage baka serivisi ari benshi, hariya bigaragara ko iyi nzu yabaye nto, kandi ntabwo ijyanye n’icyerekezo. Hagomba kubaho kwagura cyangwa kubaka indi, hakubakwa Umurenge ugezweho gihuje n’igihe tugezemo.”

Si abaturage bavuga iki kibazo gusa, kuko n’abakozi b’uyu Murenge na bo bagaragaza izi mbogamizi, kuko iyi nyubaho bakoreramo ifite ibyumba bine gusa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa avuga ko iki kibazo cy’ubuto bw’ibiro ari cyo koko, kuko byubatswe Umurenge ugifite abakozi bane gusa.

Ati “Uyu munsi Umurenge ufite abakozi 21, rero abakozi bane bari bafite ibyumba bakoreramo harimo n’icy’Umuyobozi w’Umurenge, uyu munsi mu biro bimwe birakorerwamo n’abakozi batanu. Murumva rwose ko bibangamiye imitangire ya serivisi.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine na we yemeza ko iki kibazo gihari kandi ko bakizi, ariko ko hari ikigiye gukorwa.

Avuga ko mu gihe cy’amezi atandatu hagiye gukorwa inyigo ijyanye no kuvugurura ibiro, ku buryo mu mwaka w’ingengo y’imari utaha, bizubakwa.

Ati “Igishimishije ni uko dufite n’umufatanyabikorwa watanze miliyoni eshanu tuzaheraho, ntabwo tuzahera kuri zeru, kandi n’abaturage bakomeje kwemera uruhare rwabo.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yizeje abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’uyu Murenge ko bagiye kubakirwa Ibiro bijyanye n’igihe kandi byagutse, ariko ko n’iyo byazubakwa, bidakwiye gutuma abayobozi bicara mu biro, ahubwo ko bazakomeza no kwegera abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 20 =

Previous Post

PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage

Next Post

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Related Posts

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

by radiotv10
14/11/2025
0

In the past decade, the term “women empowerment” has become one of the most talked-about subjects across the world and...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

by radiotv10
14/11/2025
0

In Kigali today, a quiet revolution is happening, one that involves fruits, protein bars, and blender sounds. The city’s youth...

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

IZIHERUKA

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?
IMIBEREHO MYIZA

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

by radiotv10
14/11/2025
0

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

14/11/2025
Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

13/11/2025
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Women Empowerment: Striking a Balance or Creating a Divide?

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Healthy but affordable: The new wave of smoothie bowls, protein snacks& clean eating in Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.