Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe

radiotv10by radiotv10
06/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kicukiro: Hari ikigiye gukorwa ku Biro by’Umurenge bavugaga ko bitajyanye n’igihe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro ndetse n’ubuyubozi bw’uyu Murenge, bavuga ko ibiro byawo bitajyanye n’igihe, ndetse ko byamaze kuba bito. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwatanze icyizere ko umwaka utaha bizatangira kubakwa.

Aba baturage bavuga ko ubusanzwe Umurenge uri mu nzego zitanga serivisi ku baturage benshi, ariko ko uwa Kanombe wo ufite ikibazo cy’ubuto bw’Ibiro byawo.

Umwe ati “Iyo abaturage baka serivisi ari benshi, hariya bigaragara ko iyi nzu yabaye nto, kandi ntabwo ijyanye n’icyerekezo. Hagomba kubaho kwagura cyangwa kubaka indi, hakubakwa Umurenge ugezweho gihuje n’igihe tugezemo.”

Si abaturage bavuga iki kibazo gusa, kuko n’abakozi b’uyu Murenge na bo bagaragaza izi mbogamizi, kuko iyi nyubaho bakoreramo ifite ibyumba bine gusa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, Nkurunziza Idrissa avuga ko iki kibazo cy’ubuto bw’ibiro ari cyo koko, kuko byubatswe Umurenge ugifite abakozi bane gusa.

Ati “Uyu munsi Umurenge ufite abakozi 21, rero abakozi bane bari bafite ibyumba bakoreramo harimo n’icy’Umuyobozi w’Umurenge, uyu munsi mu biro bimwe birakorerwamo n’abakozi batanu. Murumva rwose ko bibangamiye imitangire ya serivisi.”

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine na we yemeza ko iki kibazo gihari kandi ko bakizi, ariko ko hari ikigiye gukorwa.

Avuga ko mu gihe cy’amezi atandatu hagiye gukorwa inyigo ijyanye no kuvugurura ibiro, ku buryo mu mwaka w’ingengo y’imari utaha, bizubakwa.

Ati “Igishimishije ni uko dufite n’umufatanyabikorwa watanze miliyoni eshanu tuzaheraho, ntabwo tuzahera kuri zeru, kandi n’abaturage bakomeje kwemera uruhare rwabo.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yizeje abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’uyu Murenge ko bagiye kubakirwa Ibiro bijyanye n’igihe kandi byagutse, ariko ko n’iyo byazubakwa, bidakwiye gutuma abayobozi bicara mu biro, ahubwo ko bazakomeza no kwegera abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − eleven =

Previous Post

PM Ngirente yagoroye iby’iterambere rya Koperative ryari ryarutishijwe imibereho y’abaturage

Next Post

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe
AMAHANGA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Ibigwi by’umutora winjiye mu ikipe y’ubukombe i Burayi ikorana n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.