Thursday, November 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko impamvu ituma batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro ari uko kwigondera amafaranga y’ishuri yayo, bishobora mbarwa.

Baravuga ibi mu gihe mu myaka yatambutse bari bafite imyumvire yuko kwiga imyuga n’ubumenyi-ngiro bitagezweho kuko babisuzuguraga.

Guverinoma y’u Rwanda, yashyize imbaraga mu gukangurira ababyeyi kujyana abana babo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro kuko ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo no mu kubasha kwihangira imirimo.

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumenya ibyiza byo kuba abana babo bakwiga aya masomo.

Umwe yagize ati “Imyuga irakunzwe kandi ku isoko ni imyuga ikenewe, kuko udafite umwuga ntakintu wakora.”

Gusa aba babyeyi bavuga ko atari buri wese wapfa kwigondera amafaranga yishyurwa mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Umwe ati “Nanjye mfite abana bakagombye kwiga imyuga ariko kubera ubushobozi bucye ntibabashije kugerayo, ubwo se nakumva ariya mafaranga ntaho mfite ho kuyakura nkabajyanayo kugira gute, urumva ni ukugerayo nubundi bagataha.”

Undi ati “Ku bijyanye n’imyuga abenshi nta bushobozi tubona bitewe n’amikoro kuko amashuri y’imyuga arahenda.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette, aganira na Radio 10, yavuze ko amabwiriza ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yashyizweho kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nzeri 2022 azakemura izi mpungenge zigaragazwa n’ababyeyi.

Aya mabwiriza yagennye amafaranga y’ishuri ntarengwa agomba kujya yishyurirwa abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye aho umunyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Nirere Claudette yavuze ko muri iyi gahunda, Guverinoma y’u Rwanda yahaye miliyari 8 Frw ibigo byose by’amashuri ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Yavuze ko gahunda yo korohereza ababyeyi bifuza kohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyingiro yatangiye umwaka utaha.

Yagize ati “Twari twavuze tuti ‘ishuri rya Leta n’irifatanya na Leta ku bw’amasezerano ryigisha imyuga n’ubumenyingiro rigomba kugabanya 30%’ aya mabwiriza rero yatanzwe uyu munsi, twarebye kuri byose ndetse n’ingengo y’imari yavuye kuri miliyari 5 igera kuri miliyari 8.”

Kugeza ubu amashuri yigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda, agera muri 492 arimo 1/2 cy’aya Leta n’andi aterwa inkunga na Leta.

Kwiga Imyuga n’Ubumenyingiro ubu bigezweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Nord-Kivu: COVID yagaragajwe nk’intandaro yo kuba SIDA yarivuganye abantu 130 mu mezi atandatu gusa

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Related Posts

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

IZIHERUKA

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda
AMAHANGA

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

by radiotv10
06/11/2025
0

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

06/11/2025
Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

06/11/2025
Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.