Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko impamvu ituma batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro ari uko kwigondera amafaranga y’ishuri yayo, bishobora mbarwa.

Baravuga ibi mu gihe mu myaka yatambutse bari bafite imyumvire yuko kwiga imyuga n’ubumenyi-ngiro bitagezweho kuko babisuzuguraga.

Guverinoma y’u Rwanda, yashyize imbaraga mu gukangurira ababyeyi kujyana abana babo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro kuko ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo no mu kubasha kwihangira imirimo.

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumenya ibyiza byo kuba abana babo bakwiga aya masomo.

Umwe yagize ati “Imyuga irakunzwe kandi ku isoko ni imyuga ikenewe, kuko udafite umwuga ntakintu wakora.”

Gusa aba babyeyi bavuga ko atari buri wese wapfa kwigondera amafaranga yishyurwa mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Umwe ati “Nanjye mfite abana bakagombye kwiga imyuga ariko kubera ubushobozi bucye ntibabashije kugerayo, ubwo se nakumva ariya mafaranga ntaho mfite ho kuyakura nkabajyanayo kugira gute, urumva ni ukugerayo nubundi bagataha.”

Undi ati “Ku bijyanye n’imyuga abenshi nta bushobozi tubona bitewe n’amikoro kuko amashuri y’imyuga arahenda.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette, aganira na Radio 10, yavuze ko amabwiriza ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yashyizweho kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nzeri 2022 azakemura izi mpungenge zigaragazwa n’ababyeyi.

Aya mabwiriza yagennye amafaranga y’ishuri ntarengwa agomba kujya yishyurirwa abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye aho umunyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Nirere Claudette yavuze ko muri iyi gahunda, Guverinoma y’u Rwanda yahaye miliyari 8 Frw ibigo byose by’amashuri ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Yavuze ko gahunda yo korohereza ababyeyi bifuza kohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyingiro yatangiye umwaka utaha.

Yagize ati “Twari twavuze tuti ‘ishuri rya Leta n’irifatanya na Leta ku bw’amasezerano ryigisha imyuga n’ubumenyingiro rigomba kugabanya 30%’ aya mabwiriza rero yatanzwe uyu munsi, twarebye kuri byose ndetse n’ingengo y’imari yavuye kuri miliyari 5 igera kuri miliyari 8.”

Kugeza ubu amashuri yigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda, agera muri 492 arimo 1/2 cy’aya Leta n’andi aterwa inkunga na Leta.

Kwiga Imyuga n’Ubumenyingiro ubu bigezweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 15 =

Previous Post

Nord-Kivu: COVID yagaragajwe nk’intandaro yo kuba SIDA yarivuganye abantu 130 mu mezi atandatu gusa

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.