Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga

radiotv10by radiotv10
16/09/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kigali: Ababyeyi bareruye bavuga impamvu batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko impamvu ituma batohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro ari uko kwigondera amafaranga y’ishuri yayo, bishobora mbarwa.

Baravuga ibi mu gihe mu myaka yatambutse bari bafite imyumvire yuko kwiga imyuga n’ubumenyi-ngiro bitagezweho kuko babisuzuguraga.

Guverinoma y’u Rwanda, yashyize imbaraga mu gukangurira ababyeyi kujyana abana babo mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro kuko ari byo bikenewe ku isoko ry’umurimo no mu kubasha kwihangira imirimo.

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo, babwiye RADIOTV10 ko bamaze kumenya ibyiza byo kuba abana babo bakwiga aya masomo.

Umwe yagize ati “Imyuga irakunzwe kandi ku isoko ni imyuga ikenewe, kuko udafite umwuga ntakintu wakora.”

Gusa aba babyeyi bavuga ko atari buri wese wapfa kwigondera amafaranga yishyurwa mu mashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Umwe ati “Nanjye mfite abana bakagombye kwiga imyuga ariko kubera ubushobozi bucye ntibabashije kugerayo, ubwo se nakumva ariya mafaranga ntaho mfite ho kuyakura nkabajyanayo kugira gute, urumva ni ukugerayo nubundi bagataha.”

Undi ati “Ku bijyanye n’imyuga abenshi nta bushobozi tubona bitewe n’amikoro kuko amashuri y’imyuga arahenda.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette, aganira na Radio 10, yavuze ko amabwiriza ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yashyizweho kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nzeri 2022 azakemura izi mpungenge zigaragazwa n’ababyeyi.

Aya mabwiriza yagennye amafaranga y’ishuri ntarengwa agomba kujya yishyurirwa abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye aho umunyeshuri utaha azajya yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akazajya yishyurirwa 85 000 Frw.

Nirere Claudette yavuze ko muri iyi gahunda, Guverinoma y’u Rwanda yahaye miliyari 8 Frw ibigo byose by’amashuri ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano, yigisha imyuga n’ubumenyingiro.

Yavuze ko gahunda yo korohereza ababyeyi bifuza kohereza abana babo mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyingiro yatangiye umwaka utaha.

Yagize ati “Twari twavuze tuti ‘ishuri rya Leta n’irifatanya na Leta ku bw’amasezerano ryigisha imyuga n’ubumenyingiro rigomba kugabanya 30%’ aya mabwiriza rero yatanzwe uyu munsi, twarebye kuri byose ndetse n’ingengo y’imari yavuye kuri miliyari 5 igera kuri miliyari 8.”

Kugeza ubu amashuri yigisha amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda, agera muri 492 arimo 1/2 cy’aya Leta n’andi aterwa inkunga na Leta.

Kwiga Imyuga n’Ubumenyingiro ubu bigezweho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + four =

Previous Post

Nord-Kivu: COVID yagaragajwe nk’intandaro yo kuba SIDA yarivuganye abantu 130 mu mezi atandatu gusa

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Umuhanzi Nyarwanda yitabye Imana azize urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.