Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora kuri site zifatirwaho udukingirizo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko abaza kudufata biyongera uko bwije uko bucyeye mu gihe abajya kudufata bo bavuga ko babangamirwa no gusabwa imyirondoro.

Imibare y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), igaragaza ko buri mwaka hatangwa udukingirizo miliyoni 32 mu Gihugu hose, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina byumwihariko virusi itera SIDA.

Mu Mujyi wa Kigali, hashyizweho za kiosque 8 (utuzu duto) ziri mu bice bikunze guhuriramo abantu benshi zifasha buri wese wifuza agakingirizo kukabona mu buryo bworoshye.

Mu gace kazwi nka Korodoro (Corridor) gaherereye mu Giporoso i Remera, ni hamwe hashyizweho aka kazu gafasha abifuza udukingirizo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye ahatangirwa iyi serivisi mu masaha y’agasusuruko, yasanze urujya n’uruza ari rwose rw’abifuza utu dukoresho tubafasha kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umukozi wo kuri iyi site, avuga ko ku munsi bashobora gutanga udukingirizo turi hejuru y’igihumbi na magana abiri (1 200) ariko byagera mu mpera z’icyumweru imibare ikiyongera. Ati “Abantu baraza cyane, baritabira ntakibazo.”

 

Imibare yagombye kuba irenga iyi

Nubwo abajya gufata utu dukingirizo tw’ubuntu bakomeza kwiyongera, bamwe mu bitabira iyi gahunda barimo abasanzwe bakora uburaya, banenga uburyo baduhabwamo kuko babanza gusabwa imyirondoro.

Umwe yagize ati “Wari ugiye kwiyeranja ariko ukibaza ukuntu ugiye gutonda umurongo kuri kiosque abantu bakureba…wenda uri bugende bagahita baguhereza ntakibazo, ariko kujya mu ikayi, uhita ubona ko agize ikibazo bigatuma acika intege.”

Undi we avuga ko bitumvikana kuba umuntu yajya guhabwa agakingirizo k’ubuntu ariko akabanza gusabwa umwirondoro we.

Ati “Kumbaza imyirondoro ntabwo ari byo biza gutuma umpa agakingirizo, kuko aribaza ati ‘kujya gufata udukingirizo ni nk’ibarura’, ntabwo nibaza niba ugiye kumpa agakingirizo kugira ngo nirinde ujye no kumbarura noneho.”

Avuga ko ubu buryo bushobora no gutuma imibare y’abitabira iyi gahunda igabanuka kuko hari abagira impungenge z’uku gusabwa imyirondoro.

Ati “Kubaza imyirondoro na byo biri mu bituma abantu bagira ipfunwe ryo kujya gufata udukingirizo. Ni yo mpamvu HIV izaniyongera. Ndumva imyirondoro bayivaho hakajyaho uburyo bwo kwandika kode cyangwa inyuguti.”

Dr Charles Berabose, umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) mu ishami rishinzwe indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, avuga ko abakozi bo kuri site zitangirwaho udukingirizo basaba imyirondoro ababagana, baba banyuranyije n’amabwiriza.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo. Umuntu ugiye kwaka udukingirizo aho, ikintu bamubaza ni imyaka n’igitsina, ntakindi, nta zina, ntaho atuye…”

Avuga ko niba utwo dukingirizo twaragenewe buri wese ku buntu, nta muntu wari ukwiye kubanza kubazwa umwirondoro we kuko iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 18 =

Previous Post

P.Kagame yasezeranyije Ibihugu by’abaturanyi ko ntakizabihungabanyiriza umutekano giturutse mu Rwanda agira icyo abisaba

Next Post

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.