Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora kuri site zifatirwaho udukingirizo mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko abaza kudufata biyongera uko bwije uko bucyeye mu gihe abajya kudufata bo bavuga ko babangamirwa no gusabwa imyirondoro.

Imibare y’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), igaragaza ko buri mwaka hatangwa udukingirizo miliyoni 32 mu Gihugu hose, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina byumwihariko virusi itera SIDA.

Mu Mujyi wa Kigali, hashyizweho za kiosque 8 (utuzu duto) ziri mu bice bikunze guhuriramo abantu benshi zifasha buri wese wifuza agakingirizo kukabona mu buryo bworoshye.

Mu gace kazwi nka Korodoro (Corridor) gaherereye mu Giporoso i Remera, ni hamwe hashyizweho aka kazu gafasha abifuza udukingirizo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wasuye ahatangirwa iyi serivisi mu masaha y’agasusuruko, yasanze urujya n’uruza ari rwose rw’abifuza utu dukoresho tubafasha kwirinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Umukozi wo kuri iyi site, avuga ko ku munsi bashobora gutanga udukingirizo turi hejuru y’igihumbi na magana abiri (1 200) ariko byagera mu mpera z’icyumweru imibare ikiyongera. Ati “Abantu baraza cyane, baritabira ntakibazo.”

 

Imibare yagombye kuba irenga iyi

Nubwo abajya gufata utu dukingirizo tw’ubuntu bakomeza kwiyongera, bamwe mu bitabira iyi gahunda barimo abasanzwe bakora uburaya, banenga uburyo baduhabwamo kuko babanza gusabwa imyirondoro.

Umwe yagize ati “Wari ugiye kwiyeranja ariko ukibaza ukuntu ugiye gutonda umurongo kuri kiosque abantu bakureba…wenda uri bugende bagahita baguhereza ntakibazo, ariko kujya mu ikayi, uhita ubona ko agize ikibazo bigatuma acika intege.”

Undi we avuga ko bitumvikana kuba umuntu yajya guhabwa agakingirizo k’ubuntu ariko akabanza gusabwa umwirondoro we.

Ati “Kumbaza imyirondoro ntabwo ari byo biza gutuma umpa agakingirizo, kuko aribaza ati ‘kujya gufata udukingirizo ni nk’ibarura’, ntabwo nibaza niba ugiye kumpa agakingirizo kugira ngo nirinde ujye no kumbarura noneho.”

Avuga ko ubu buryo bushobora no gutuma imibare y’abitabira iyi gahunda igabanuka kuko hari abagira impungenge z’uku gusabwa imyirondoro.

Ati “Kubaza imyirondoro na byo biri mu bituma abantu bagira ipfunwe ryo kujya gufata udukingirizo. Ni yo mpamvu HIV izaniyongera. Ndumva imyirondoro bayivaho hakajyaho uburyo bwo kwandika kode cyangwa inyuguti.”

Dr Charles Berabose, umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) mu ishami rishinzwe indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, avuga ko abakozi bo kuri site zitangirwaho udukingirizo basaba imyirondoro ababagana, baba banyuranyije n’amabwiriza.

Ati “Ibyo ntabwo ari byo. Umuntu ugiye kwaka udukingirizo aho, ikintu bamubaza ni imyaka n’igitsina, ntakindi, nta zina, ntaho atuye…”

Avuga ko niba utwo dukingirizo twaragenewe buri wese ku buntu, nta muntu wari ukwiye kubanza kubazwa umwirondoro we kuko iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seven =

Previous Post

P.Kagame yasezeranyije Ibihugu by’abaturanyi ko ntakizabihungabanyiriza umutekano giturutse mu Rwanda agira icyo abisaba

Next Post

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.