Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Hagaragaye ikibazo gishya mu gutwara abagenzi gitandukanye n’ibizwi na benshi

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Hagaragaye ikibazo gishya mu gutwara abagenzi gitandukanye n’ibizwi na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, berecyeza cyangwa bava Kabuga-Mu mujyi (Downtown), baravuga ko bafite ikibazo cyo kuba imashini (Tap&Go) zishyurirwaho zitinda gusoma amakarita, bigatuma batinda aho bategera.

Aba bagenzi baganirije RADIOTV10, bavuga ko bibasaba gutegereza iminota itatu kugira ngo icyuma gisome ikarita, ku buryo kugira ngo imodoka yuzure, bisaba igihe cy’isaha.

Umunyamakuru wageze muri Gare yo mu Mujyi [Downtown], mu masaha ya saa tanu, yasanze umurongo w’abantu berecyeza i Kabuga, ari mugufi, ariko ikibazo kikaba iby’izi mashini zisoma amakarita.

Umwe yagize ati “Nk’ubu nakojejeho ikarita ngomba gutegereza iminota hagati y’ibiri n’itatu kugira ngo icyuma kiyisome. Kandi ibyo biba ku bagenzi bose uko barenga 70, imodoka rero ihaguruka itinze kuko abagenzi kuyijyamo bigoye.”

Aba baturage bavuga ko bashimira kuba barashyiriweho imodoka ibatwara, ariko ikibazo kikaba gisigaye kuri izi mashini, zituma batinda muri Gare atari uko babuze imodoka.

Undi ati “Rwose barakoze baduha imodoka tuyikeneye, ariko nibanakemure ikibazo cyo gutinda guharuka kandi atari uko twabuze imodoka ahubwo ihari nk’umurimbo.”

Bamwe mu bashoferi batwara izi modoka za kompanyi ya RITCO, bemera ko iki kibazo gihari, bakavuga ko izi modoka zifite imashini zihariye za Tap&Go, zikanagira amakarita yihariye, mu gihe abagenzi basanganzwe izisanzwe.

Aba bashoferi bavuga ko abagenzi bataramenya ko hari amakarita yihariye yagenewe ibi byuma biri muri izi modoka, bityo ko ari yo bari bakwiye kugura bakajya bakoresha.

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA ruvuga ko rwasabye izi Sosiyete zitanga ibi byuma, gukemura ikibazo cy’amakarita atinda mu gihe anyuranye n’ibyuma kandi mu gihe cya vuba.

RADIOTV10 yagerageje kuvugisha ubuyobozi bwa Kompanyi ya RITCO ivugwamo iki kibazo, ariko ntibyakunda.

Izi mashini zitinda gusoma amakarita
Bituma n’abagenzi batinda muri Gare

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 3 =

Previous Post

Hagaragajwe andi mahirwe y’u Rwanda ku bihembo bikomeye bya muzika biteganyijwe

Next Post

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.