Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Hamenyekanye igihano cyakatiwe umuganga watse umurwayi ruswa y’ibihumbi 50Frw ayita Ubunani
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga ukorera mu Mujyi wa Kigali, wari ukurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa y’ibihumbi 50 Frw amubwira ko ari Ubunani, yakatiwe gufungwa imyaka itanu n’ukwezi kumwe no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Uyu muganga witwa Dr Sibomana Alphonse Marie, yatawe muri yombi tariki indwi Mutarama 2022, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari rumukurikiranyeho icyaha cya ruswa no kwakira indonke y’ibihumbi 50 Frw.

Uyu Dr Sibomana Alphonse Marie usanzwe ari umuganga wigenga uvura indwara zo mu ruhago ariko akaba akorera mu Bitaro bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, mu kwezi k’Ukwakira 2021 yari yakiriye umurwayi wari uturutse mu Bitaro bya Kabgayi.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko uyu muganga yabwiye uyu murwayi ko uburwayi bwe bukomeye, bityo ko akeneye kumubaga ariko akazabikorera mu bindi bitaro akoreramo byo muri Kicukiro, akamubwira ko agomba kwishyura Miliyoni 1 Frw.

Yakomeje amubwira kandi ko azahabwa gahunda (Rendez-Vous) ya cyera kuko ahakorerwa imirimo yo kubaga muri ibyo bitaro hari kuvugururwa.

Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko uyu murwayi usanzwe akoresha ubwisungane mu kwivuza bwa Mutuelle de Sante, yakomeje gutakamba abwira uyu muganga ko kubona ayo mafaranga bitamworohera, amusaba ko yajya kubagirwa mu Bitaro bya Leta ariko ntiyabona rendez-vous.

Nyuma uyu murwayi yaje kumenyesha uyu muganga ko ayo mafaranga [Miliyoni 1 Frw] yayabonye, amusaba ko yamubaga kuko yari arembejwe n’ubwo burwayi.

Ngo bigeze tariki 02 Mutarama 2022, Dr Sibomana yabwiye uyu murwayi ko yamwoherereza ibihumbi 50 Frw kuri Mobile Money y’ubunani kugira ngo bazakorane neza.

Uyu murwayi kubera uburyo yumvaga arembye, bwaracyeye amwoherereza ayo mafaranga yari yatswe na Dogiteri yitaga Ubunani, ndetse aranabimumenyesha ko yayamwoherereje.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko ayo mafaranga ari ruswa ndetse n’indonke kuko ntaho ateganywa muri izo serivisi yagombaga guha uyu murwayi.

Dr Sibomana waburanye ahakana icyaha cyo kwaka indonke, yabwiraga Umucamanza ko atari we watse uriya murwayi ariya mafaranga ahubwo ko ari we wayamwoherereje ku bushake bwe, akanamuhamagara amubwira ko yamwoherereje ubunani, amubaza niba yayayobonye ariko akamubwira ko aza kuba areba kuko yari atwaye imodoka.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza, rwahamije icyaha Dr Sibomana Alphonse, rumukatira gufungwa imyaka 5 no gutanga ihazabu y’ibihumbi 150 Frw.

Iki cyemezo cyasomwe mu cyumweru gishize tariki 30 Kamena 2022, kivuga kandi ko uyu mudogiteri asubiza uriya murwayi ibihumbi 50 Frw yamwatse yita Ubunani.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 7 =

Previous Post

Hanze yahembwaga Miliyoni 8Frw aza gukorera ibihumbi 40Frw- FPR ibohoye u Rwanda ntawifuzaga kuguma ishyanga

Next Post

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Ubwo imirwano yuburaga twari twavuganye na DRC tuyimenyesha ko hari ibiri gututumba- P.Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.