Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi b’Ivuriro ‘Polyclinic Saint Robert’ ryo mu Karere ka Nyarugenge, bageneye uwarishinze impano y’umutako ugizwe n’ingabo, icumu n’agaseke, byose bifite ibisobanuro bishinze imizi mu muco Nyarwanda, biganisha ku kunoza umurimo no kuwukunda.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi n’abakozi b’Ivuriro ryitiriwe Mutagatifu Robert (Polyclinic Saint Robert), riherereye mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gicurasi, ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umurimo.

Dr. Ruyange Eric, umuyobozi w’iri vuriro Polyclinic Saint Robert avuga ko igikorwa nk’iki cyo kwizihiza umunsi w’Umurimo, ari ukuzirikana abakozi b’iri vuriro kuko ubusanzwe abaganga bari mu bantu bagira akazi kenshi kandi kagirira akamaro benshi.

Ati “Abaganga natwe turawizihiza ariko bitewe n’imiterere y’akazi k’umwihariko ku baganga, turawizihiza ariko n’ubundi tugakomeza kwibuka inshingano dufite nk’abaganga tugakomeza gukora.”

Yakomeje agira ati “Ubundi umurimo wacu ntabwo navuga ko utwemerera cyane kwizihiza ngo twibagirwe inshingano zacu kuko tuba tugomba gukomeza kwita ku barwayi, kandi bahora bagana ivuriro.”

Dr. Ruyange Eric avuga ko kuva na cyera, mu muco Nyarwanda umurimo uza ku isonga mu kwita ku muryango, kuko ari wo soko y’ibiwutunga bikanawuteza imbere binateza imbere Igihugu.

Yagarutse ku bisobanuro by’impano abakozi b’iri vuriro bageneye uwarishize, Ntwari Gérard, y’umutako ugizwe n’agaseke, icumu n’Ingabo; avuga ko ibi bikoresho byose bifite ibisobanuro bikomeye mu muco nyarwanda kandi byose biganisha ku murimo.

Ati “Umurimo kuva na cyera na kare mu muco Nyarwanda, umugabo yagirwaga no gukora, yaharaniraga gukorera umuryango, iyo wajyaga guhiga ufite icumu n’ingabo, ariko nano bigasobanura kurinda amahoro, ariko ibyo byose ni umurimo. Agaseke kagasobanura uburumbuke kuko utakoze ngo ubone ibyo ushyiramo, cyangwa kagasobanura umusaruro wagezweho, ibyo byose byagirwaga n’umurimo.”

Dr. Ruyange Eric yizeza abagana iri Vuriro ko rizakomeza gutanga serivisi zinoze nk’uko ari kimwe mu byo rizwiho, ndetse no gukomeza kwita ku bakozi baryo kugira ngo bakomeze gutanga umusaruro no kuvura Abaturarwanda mu buryo bwa kinyamwuga.

Dr Eric yagaragaje igisobanuro cy’iyi mpano

Gerard yishimiye iyi mpano yahawe n’abakizi b’Ivuriro yashinze

Banakase umutsima bishimira ibikorwa by’iri vuriro
Iri vuriro riherereye mu Mujyi rwagati
Risanzwe rizwiho gutanga serivisi nziza

Dr Eric uyobora Polyclinic Saint Robert yizeje ayigana kuzakomeza kubaha serivisi zinoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

Next Post

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.