Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Igisobanuro gihanitse cy’impano inogeye ijisho abakozi bageneye umukoresha ku munsi w’Umurimo
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi b’Ivuriro ‘Polyclinic Saint Robert’ ryo mu Karere ka Nyarugenge, bageneye uwarishinze impano y’umutako ugizwe n’ingabo, icumu n’agaseke, byose bifite ibisobanuro bishinze imizi mu muco Nyarwanda, biganisha ku kunoza umurimo no kuwukunda.

Ni igikorwa cyakozwe n’Ubuyobozi n’abakozi b’Ivuriro ryitiriwe Mutagatifu Robert (Polyclinic Saint Robert), riherereye mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gicurasi, ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umurimo.

Dr. Ruyange Eric, umuyobozi w’iri vuriro Polyclinic Saint Robert avuga ko igikorwa nk’iki cyo kwizihiza umunsi w’Umurimo, ari ukuzirikana abakozi b’iri vuriro kuko ubusanzwe abaganga bari mu bantu bagira akazi kenshi kandi kagirira akamaro benshi.

Ati “Abaganga natwe turawizihiza ariko bitewe n’imiterere y’akazi k’umwihariko ku baganga, turawizihiza ariko n’ubundi tugakomeza kwibuka inshingano dufite nk’abaganga tugakomeza gukora.”

Yakomeje agira ati “Ubundi umurimo wacu ntabwo navuga ko utwemerera cyane kwizihiza ngo twibagirwe inshingano zacu kuko tuba tugomba gukomeza kwita ku barwayi, kandi bahora bagana ivuriro.”

Dr. Ruyange Eric avuga ko kuva na cyera, mu muco Nyarwanda umurimo uza ku isonga mu kwita ku muryango, kuko ari wo soko y’ibiwutunga bikanawuteza imbere binateza imbere Igihugu.

Yagarutse ku bisobanuro by’impano abakozi b’iri vuriro bageneye uwarishize, Ntwari Gérard, y’umutako ugizwe n’agaseke, icumu n’Ingabo; avuga ko ibi bikoresho byose bifite ibisobanuro bikomeye mu muco nyarwanda kandi byose biganisha ku murimo.

Ati “Umurimo kuva na cyera na kare mu muco Nyarwanda, umugabo yagirwaga no gukora, yaharaniraga gukorera umuryango, iyo wajyaga guhiga ufite icumu n’ingabo, ariko nano bigasobanura kurinda amahoro, ariko ibyo byose ni umurimo. Agaseke kagasobanura uburumbuke kuko utakoze ngo ubone ibyo ushyiramo, cyangwa kagasobanura umusaruro wagezweho, ibyo byose byagirwaga n’umurimo.”

Dr. Ruyange Eric yizeza abagana iri Vuriro ko rizakomeza gutanga serivisi zinoze nk’uko ari kimwe mu byo rizwiho, ndetse no gukomeza kwita ku bakozi baryo kugira ngo bakomeze gutanga umusaruro no kuvura Abaturarwanda mu buryo bwa kinyamwuga.

Dr Eric yagaragaje igisobanuro cy’iyi mpano

Gerard yishimiye iyi mpano yahawe n’abakizi b’Ivuriro yashinze

Banakase umutsima bishimira ibikorwa by’iri vuriro
Iri vuriro riherereye mu Mujyi rwagati
Risanzwe rizwiho gutanga serivisi nziza

Dr Eric uyobora Polyclinic Saint Robert yizeje ayigana kuzakomeza kubaha serivisi zinoze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

Next Post

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ibigaragaza ko Isi itakuye isomo ku byabaye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.