Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakoresha umuhanda uturuka Karuruma werecyeza ahazwi nka Cyuga mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, bavuga ko ikiraro kiri mu Kagari ka Nyakabungo cyubatswe mu 1980, bakunze kwizezwa ko kizakorwa mu buryo bugezweho none cyaracitse, ku buryo bafite impungenge ko hari abo cyatwarira ubuzima.

Iki kiraro cyangiritse mu mpera z’icyumweru gishize, gifite uburebure bw’ubujyakuzimu bwa metero 30, cyari cyubakishije ibyuma ku mpande, mu gihe hasi ari ibiti.

Abagituriye bavuga ko cyubatswe mu 1980, ariko uko imyaka yagiye ishira, cyagiye cyangirika, kugeza ubwo cyangiritse burundu, none imigenderanire yahazahariye.

Umwe yagize ati “Iki kiraro kiduhuza n’abaturage batandukanye bavuye i Rulindo, mu Cyuga n’ahandi, cyamaze kwangirika turasaba Leta kugisana kuko n’imodoka ntabwo zibasha kuhanyura.”

Aba baturage bavuga ko ahitwa Cyuga hariyo santere y’ubucuruzi yari isanzwe ifatiye runini imibereho y’abantu kuko ari ho bahagira banacururiza bakabona uko batunga imiryango yabo, none ubu kuhagera byabaye ihurizo.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jali, Iyamuremye Francois yatangaje ko hari ikigiye gukorwa kuri iki kiraro, kugira ngo ubuhahirane bw’abaturage bukomeze.

Yagize ati “Hari ikompanyi ishinzwe iby’imihanda yatwemereye ko izagikora mu buryo burambye, ariko mu maguru mashya turimo gushaka uko twashyiraho ibiti kugira ngo abaturage bambuke.”

Abaturage bavuga ko hatagize igikorwa mu maguru mashya, iki kiraro cyanateza ibibazo kuko kimaze guhitana ubuzima bw’umuntu umwe, mu gihe hari n’uherutse kukigwamo Imana ikinga akaboko.

Iki kiraro kimaze imyaka irenga 40
Abaturage bavuga ko bafite impungenge

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + thirteen =

Previous Post

Musanze: Abahinzi bakunze kurira ayo kwarika bagejejweho inkuru yumvikanamo ko bagiye guhozwa amarira

Next Post

Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.