Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umusore ukurikiranyweho kwica umugabo umurusha imyaka hafi 20 yatanze amakuru atari azwi

radiotv10by radiotv10
14/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 19 ukurikiranyweho kwica umugabo w’imyaka 36 akamuta mu mazi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, agahita acika akaza gufatirwa mu Ntara y’Amajyepfo, nyuma yo gufatwa yemeye icyaha, anasobanura uko yabikoze.

Ni icyaha cyabere mu Mudugudu wa Gakenyeri mu Kagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, mu mpera z’ukwezi gushize tariki 30 Nzeri 2023.

Uyu musore wahise acika akimara kwivugana nyakwigendera, yaje gufatirwa kwa nyirakuru mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, ubu dosiye ye ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye ubwo abaturage bo muri kariya gace yiciwemo basanga umurambo we mu gisanga cya Karondo kiri mu mudugudu wa Gakenyeri, Akagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo.

Ubushinjacyaha bugira buti “Abaturage bari aho barawurebye barawumenya, batangira gukeka umwana w’umusore bari bagiranye amakimbirane aturutse kuri Telefoni.”

Bukomeza buga ko nyuma y’uko uyu musore afatiwe kwa nyirakuru, “yemeye icyaha avuga ko nyakwigendera yamukubise inkokora, amavi mu mbavu, mu nda mu mugongo aramuniga amwinika mu mazi  asiga arerembura, umwuka utangiye kuba mucyeya amusiga mu mazi aracika.”

Icyaha cy’ubwicanyi gikurikiranywe kuri uyu musore, kiramutse kimuhamye, yahanishwa igifungo cya burundu hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Israel&Palestine: Hatanzwe umuburo w’igitaraganya wateye ikikango benshi muri Gaza

Next Post

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.