Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umusore ukurikiranyweho kwica umugabo umurusha imyaka hafi 20 yatanze amakuru atari azwi

radiotv10by radiotv10
14/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 19 ukurikiranyweho kwica umugabo w’imyaka 36 akamuta mu mazi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, agahita acika akaza gufatirwa mu Ntara y’Amajyepfo, nyuma yo gufatwa yemeye icyaha, anasobanura uko yabikoze.

Ni icyaha cyabere mu Mudugudu wa Gakenyeri mu Kagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, mu mpera z’ukwezi gushize tariki 30 Nzeri 2023.

Uyu musore wahise acika akimara kwivugana nyakwigendera, yaje gufatirwa kwa nyirakuru mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, ubu dosiye ye ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye ubwo abaturage bo muri kariya gace yiciwemo basanga umurambo we mu gisanga cya Karondo kiri mu mudugudu wa Gakenyeri, Akagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo.

Ubushinjacyaha bugira buti “Abaturage bari aho barawurebye barawumenya, batangira gukeka umwana w’umusore bari bagiranye amakimbirane aturutse kuri Telefoni.”

Bukomeza buga ko nyuma y’uko uyu musore afatiwe kwa nyirakuru, “yemeye icyaha avuga ko nyakwigendera yamukubise inkokora, amavi mu mbavu, mu nda mu mugongo aramuniga amwinika mu mazi  asiga arerembura, umwuka utangiye kuba mucyeya amusiga mu mazi aracika.”

Icyaha cy’ubwicanyi gikurikiranywe kuri uyu musore, kiramutse kimuhamye, yahanishwa igifungo cya burundu hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 12 =

Previous Post

Israel&Palestine: Hatanzwe umuburo w’igitaraganya wateye ikikango benshi muri Gaza

Next Post

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.