Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umusore ukurikiranyweho kwica umugabo umurusha imyaka hafi 20 yatanze amakuru atari azwi

radiotv10by radiotv10
14/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’imyaka 19 ukurikiranyweho kwica umugabo w’imyaka 36 akamuta mu mazi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, agahita acika akaza gufatirwa mu Ntara y’Amajyepfo, nyuma yo gufatwa yemeye icyaha, anasobanura uko yabikoze.

Ni icyaha cyabere mu Mudugudu wa Gakenyeri mu Kagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, mu mpera z’ukwezi gushize tariki 30 Nzeri 2023.

Uyu musore wahise acika akimara kwivugana nyakwigendera, yaje gufatirwa kwa nyirakuru mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, ubu dosiye ye ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo.

Ubushinjacyaha buvuga ko urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye ubwo abaturage bo muri kariya gace yiciwemo basanga umurambo we mu gisanga cya Karondo kiri mu mudugudu wa Gakenyeri, Akagari ka Bisenga, Umurenge wa Rusororo.

Ubushinjacyaha bugira buti “Abaturage bari aho barawurebye barawumenya, batangira gukeka umwana w’umusore bari bagiranye amakimbirane aturutse kuri Telefoni.”

Bukomeza buga ko nyuma y’uko uyu musore afatiwe kwa nyirakuru, “yemeye icyaha avuga ko nyakwigendera yamukubise inkokora, amavi mu mbavu, mu nda mu mugongo aramuniga amwinika mu mazi  asiga arerembura, umwuka utangiye kuba mucyeya amusiga mu mazi aracika.”

Icyaha cy’ubwicanyi gikurikiranywe kuri uyu musore, kiramutse kimuhamye, yahanishwa igifungo cya burundu hashingiwe ku biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Israel&Palestine: Hatanzwe umuburo w’igitaraganya wateye ikikango benshi muri Gaza

Next Post

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Mu Gihugu kimwe muri Afurika haravugwa icyorezo cyica kikanandura ku muvuduko udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.