Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA
0
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungune Papa Francis yashyizeho Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kibungo yari imaze igihe idafite Musenyeri wayo bwite.

Papa Francis yashyizeho Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu nk’Umwepisikopi wa Diyoseze Gatulika ya Kibungo, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gashyantare 2023.

Itangazo dukesha ubunyamabanga Bukuru bw’Inama y’Abepisikopi mu Rwanda, rigira riti “Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda bitewe ishema no gutangaza kuri uyu munsi none, ku wa 20 Gashyantare 2023, saa sita zuzuye ku isaha ya Roma ari yo ya saa saba ku isaha ya Kigali, Nyirubutungane Papa Fransisiko yagennye Nyakubahwa Padiri Yohani Maiya Viyani Twagirayezu, wari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda kugeza ubu, ngo abe Umwepisikopi bwite wa Diyoseze ya Kibungo.”

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas mu Rwanda, agiye kuba umushumba w’iyi diyoseze yari imaze igihe yararagijwe Musenyeri Antoine Kalidinari Kambanda, Arikiyepisoki wa Kigali.

Twagirayezu w’imyaka 63 y’amavuko, yavukiye muri Diyoseze ya Nyundo ku Gisenyi, akaba yarize Filozofiya mu Isemirani Nkuru ya Nyakibanda.

Yahawe ubupadiri mu kwezi k’Ukwakira 1995 nk’Umupadiri wa Diyoseze ya Butare, akaba yaranagiye kwiyungura ubumenyi muri Tewolojiya muri Kaminuza Gatulika y’i Louvanin mu Bubibiligi.

Umwanya wo kuba Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yari ariho kugeza ubwo agizwe Umwepisikopi, yawutangiye kuva muri 2016.

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Musenyeri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + twenty =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.