Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA
0
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungune Papa Francis yashyizeho Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kibungo yari imaze igihe idafite Musenyeri wayo bwite.

Papa Francis yashyizeho Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu nk’Umwepisikopi wa Diyoseze Gatulika ya Kibungo, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gashyantare 2023.

Itangazo dukesha ubunyamabanga Bukuru bw’Inama y’Abepisikopi mu Rwanda, rigira riti “Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda bitewe ishema no gutangaza kuri uyu munsi none, ku wa 20 Gashyantare 2023, saa sita zuzuye ku isaha ya Roma ari yo ya saa saba ku isaha ya Kigali, Nyirubutungane Papa Fransisiko yagennye Nyakubahwa Padiri Yohani Maiya Viyani Twagirayezu, wari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda kugeza ubu, ngo abe Umwepisikopi bwite wa Diyoseze ya Kibungo.”

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas mu Rwanda, agiye kuba umushumba w’iyi diyoseze yari imaze igihe yararagijwe Musenyeri Antoine Kalidinari Kambanda, Arikiyepisoki wa Kigali.

Twagirayezu w’imyaka 63 y’amavuko, yavukiye muri Diyoseze ya Nyundo ku Gisenyi, akaba yarize Filozofiya mu Isemirani Nkuru ya Nyakibanda.

Yahawe ubupadiri mu kwezi k’Ukwakira 1995 nk’Umupadiri wa Diyoseze ya Butare, akaba yaranagiye kwiyungura ubumenyi muri Tewolojiya muri Kaminuza Gatulika y’i Louvanin mu Bubibiligi.

Umwanya wo kuba Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yari ariho kugeza ubwo agizwe Umwepisikopi, yawutangiye kuva muri 2016.

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Musenyeri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.