Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA
0
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungune Papa Francis yashyizeho Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kibungo yari imaze igihe idafite Musenyeri wayo bwite.

Papa Francis yashyizeho Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu nk’Umwepisikopi wa Diyoseze Gatulika ya Kibungo, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gashyantare 2023.

Itangazo dukesha ubunyamabanga Bukuru bw’Inama y’Abepisikopi mu Rwanda, rigira riti “Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda bitewe ishema no gutangaza kuri uyu munsi none, ku wa 20 Gashyantare 2023, saa sita zuzuye ku isaha ya Roma ari yo ya saa saba ku isaha ya Kigali, Nyirubutungane Papa Fransisiko yagennye Nyakubahwa Padiri Yohani Maiya Viyani Twagirayezu, wari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda kugeza ubu, ngo abe Umwepisikopi bwite wa Diyoseze ya Kibungo.”

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas mu Rwanda, agiye kuba umushumba w’iyi diyoseze yari imaze igihe yararagijwe Musenyeri Antoine Kalidinari Kambanda, Arikiyepisoki wa Kigali.

Twagirayezu w’imyaka 63 y’amavuko, yavukiye muri Diyoseze ya Nyundo ku Gisenyi, akaba yarize Filozofiya mu Isemirani Nkuru ya Nyakibanda.

Yahawe ubupadiri mu kwezi k’Ukwakira 1995 nk’Umupadiri wa Diyoseze ya Butare, akaba yaranagiye kwiyungura ubumenyi muri Tewolojiya muri Kaminuza Gatulika y’i Louvanin mu Bubibiligi.

Umwanya wo kuba Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yari ariho kugeza ubwo agizwe Umwepisikopi, yawutangiye kuva muri 2016.

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Musenyeri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 20 =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.