Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

radiotv10by radiotv10
13/04/2022
in MU RWANDA
0
Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko Abanyapolitiki benshi bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kurwanya umugambi wa Jenoside, bari baziranye ndetse anavuga bimwe mu byo abibukiraho.

Dr Iyamuremye Augustin yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero rushyinguyemo abarenga ibihumbi 14 barimo abanyapolitiki 12 bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kwamagana ikibi.

Perezida wa Sena wagarutse kuri aba banyapolitiki bashyinguye i Rebero, yavuze ko bose bari baziranye.

Ati “Ntabwo mbavuga nka Perezida wa Sena, nabatangaho ubuhamya kuko muri biriya bihe twari kumwe, buri wese nagira icyo namuvugaho ku buryo bw’umwihariko.”

Yagarutse kuri bamwe muri aba banyapolitiki bazize ibitekerezo byabo byiza nka Dr Gafaranga Theoneste wari umuyoboke w’ishyaka rya PSD.

Dr Iyamuremye yagize ati “Yahoraga abwira bagenzi be ati “nimureke twohereze urubyiruko mu Nkotanyi batazapfa nk’ibimonyo’, ibyo ni byo yazize yicwa urw’agashinyaguro hariya mu Kiyovu .”

Yavuze undi witwaga Maharangari Augustin wayoboraga BRD ariko ubwo Inkotanyi zateraga, Perezida Habyarimana Juvenal yashatse kumwohereza i Burayi ngo ajye gusobanura iby’Inkotanyi.

Ati “Uyu ndamwibuka ku itariki ya 05 Mata 1994 tuganira kugeza mu masaha akuze ambwira iyo mitego yose bashaka kumushyiramo ariko ageza aho arambwira ati “inzira zabyaye amarari, nanze kubyemera.”

Yanagarutse kuri Ntazinda Charles wari umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane akaba n’umurwanashyaka wa MDR, avuga ko bari kumwe tariki 06 Mata 1994 ubwo bari bagiye mu butumwa bari boherejwemo na Ministiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana [na we wishwe azira ibitekerezo byiza].

Ato “Saa mbiri n’igice aho yari mu cyumba cye yamanutse avuza induru ati ‘Ikinani [Habyarimana] baragihanuye. Twese dukubitwa n’inkuba tugira ubwoba.”

Dr Iyamuremye yavuze ko uyu Ntazinda bagarukanye i Kigali bakahamara iminsi itatu ubundi bakajya i Butare ubwo bavagayo bakamusiga i Nyanza ari na ho yiciwe urw’agashinyaguro.

Yanavuze ko uyu Ntazinda ari we wamugiriye inama ubwo yahamagaraga Minisitiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana ariko ntiyitabe Telefone, akamubwira ko yabaza uwitwaga Magorane Ignace na we wahoraga atotezwa kuko yari yarashakanye n’Umututsikazi ariko ko na we yishwe ataragera kwa Agathe Uwiringiyimana.

Ati “Ni we muntu wa mbere namenye ko yishwe muri Kigali. Magorane Ignace na we ni intwari muri benshi tugenda twibuka.”

Dr Iyamuremye yakomeje agira ati “Ndibuka nanone umugabo w’imfura w’umunyabwenge Baguta Jean Marie Vianney wakomeje gukomakoma ngo ishyaka rya PSD ridacikamo ibice ariko atubwira ati ‘na bariya b’intege nke bashaka kuba aba-CDR mubagarure na we bamwishe urubozo hariya iwe muri Nyarugenge.”

Dr Iyamurenye yavuze ko kwibuka abanyapolitiki bishwe bazira ibitekerezo byabo byiza byo kwitandukanya n’umugambi wo kwica Abatutsi, ari igikorwa cy’ingenzi mu rwego rwo kunyomoza abakomeje kugoreka amateka.

Ati “Kwibuka aba banyapolitiki bazima bigomba kutubera umwanya wo kuzirikana amateka yacu mabi n’uburyo yatugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’uburyo yashyizwe mu bikorwa kandi tukamenya impamvu amahanga yatereranye Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibi byose bikwiye kubera Abanyarwanda impamba yo gukomeza Kwibuka kandi biyubaka no guharanira kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri n’indi ngengabitekerezo mbi yose.

Uyu muhango wabimburiwe no guha icyubahiro abashyinguye ku Rwibuto rwa Rebero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − eight =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Next Post

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.