Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe

radiotv10by radiotv10
13/04/2022
in MU RWANDA
0
Kiriya gihe twari kumwe buri wese namuvugaho-Perezida wa Sena avuga ku Banyapolitiki bishwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin yavuze ko Abanyapolitiki benshi bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kurwanya umugambi wa Jenoside, bari baziranye ndetse anavuga bimwe mu byo abibukiraho.

Dr Iyamuremye Augustin yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Mata 2022 mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero rushyinguyemo abarenga ibihumbi 14 barimo abanyapolitiki 12 bishwe bazira ibitekerezo byabo byo kwamagana ikibi.

Perezida wa Sena wagarutse kuri aba banyapolitiki bashyinguye i Rebero, yavuze ko bose bari baziranye.

Ati “Ntabwo mbavuga nka Perezida wa Sena, nabatangaho ubuhamya kuko muri biriya bihe twari kumwe, buri wese nagira icyo namuvugaho ku buryo bw’umwihariko.”

Yagarutse kuri bamwe muri aba banyapolitiki bazize ibitekerezo byabo byiza nka Dr Gafaranga Theoneste wari umuyoboke w’ishyaka rya PSD.

Dr Iyamuremye yagize ati “Yahoraga abwira bagenzi be ati “nimureke twohereze urubyiruko mu Nkotanyi batazapfa nk’ibimonyo’, ibyo ni byo yazize yicwa urw’agashinyaguro hariya mu Kiyovu .”

Yavuze undi witwaga Maharangari Augustin wayoboraga BRD ariko ubwo Inkotanyi zateraga, Perezida Habyarimana Juvenal yashatse kumwohereza i Burayi ngo ajye gusobanura iby’Inkotanyi.

Ati “Uyu ndamwibuka ku itariki ya 05 Mata 1994 tuganira kugeza mu masaha akuze ambwira iyo mitego yose bashaka kumushyiramo ariko ageza aho arambwira ati “inzira zabyaye amarari, nanze kubyemera.”

Yanagarutse kuri Ntazinda Charles wari umujyanama muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane akaba n’umurwanashyaka wa MDR, avuga ko bari kumwe tariki 06 Mata 1994 ubwo bari bagiye mu butumwa bari boherejwemo na Ministiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana [na we wishwe azira ibitekerezo byiza].

Ato “Saa mbiri n’igice aho yari mu cyumba cye yamanutse avuza induru ati ‘Ikinani [Habyarimana] baragihanuye. Twese dukubitwa n’inkuba tugira ubwoba.”

Dr Iyamuremye yavuze ko uyu Ntazinda bagarukanye i Kigali bakahamara iminsi itatu ubundi bakajya i Butare ubwo bavagayo bakamusiga i Nyanza ari na ho yiciwe urw’agashinyaguro.

Yanavuze ko uyu Ntazinda ari we wamugiriye inama ubwo yahamagaraga Minisitiri w’Intebe Agathe Uwiringiyimana ariko ntiyitabe Telefone, akamubwira ko yabaza uwitwaga Magorane Ignace na we wahoraga atotezwa kuko yari yarashakanye n’Umututsikazi ariko ko na we yishwe ataragera kwa Agathe Uwiringiyimana.

Ati “Ni we muntu wa mbere namenye ko yishwe muri Kigali. Magorane Ignace na we ni intwari muri benshi tugenda twibuka.”

Dr Iyamuremye yakomeje agira ati “Ndibuka nanone umugabo w’imfura w’umunyabwenge Baguta Jean Marie Vianney wakomeje gukomakoma ngo ishyaka rya PSD ridacikamo ibice ariko atubwira ati ‘na bariya b’intege nke bashaka kuba aba-CDR mubagarure na we bamwishe urubozo hariya iwe muri Nyarugenge.”

Dr Iyamurenye yavuze ko kwibuka abanyapolitiki bishwe bazira ibitekerezo byabo byiza byo kwitandukanya n’umugambi wo kwica Abatutsi, ari igikorwa cy’ingenzi mu rwego rwo kunyomoza abakomeje kugoreka amateka.

Ati “Kwibuka aba banyapolitiki bazima bigomba kutubera umwanya wo kuzirikana amateka yacu mabi n’uburyo yatugejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, n’uburyo yashyizwe mu bikorwa kandi tukamenya impamvu amahanga yatereranye Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibi byose bikwiye kubera Abanyarwanda impamba yo gukomeza Kwibuka kandi biyubaka no guharanira kubaka u Rwanda ruzira amacakubiri n’indi ngengabitekerezo mbi yose.

Uyu muhango wabimburiwe no guha icyubahiro abashyinguye ku Rwibuto rwa Rebero

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yakiranywe urugwiro iwabo wa mugenzi we Nguesso

Next Post

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Related Posts

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Umugabo wa Mukaperezida yongeye gufungwa akekwaho nanone gusambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.