Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

radiotv10by radiotv10
08/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United, busigarane As Kigali y’Abagabo gusa.

Umuyobozi w’ikipe ya As Kigali y’Abagabo, Shema Fabrice, aheruka kugaragariza Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ko niba nta gikozwe, iyi kipe agiye kongera guhagarika kuba Umuyobozi wayo bitewe n’uko asa n’uwatereranywe mu gihe iri mu nshingano z’umujyi wa Kigali.

Iyi kipe, imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’imishahara y’abakinnyi n’abatoza ndetse hagati mu kwezi kwa Mata bahagaritse imyitozo icyumweru kirenga bitewe n’ibi bibazo.

Ubwo Umuyobozi w’iyi kipe yagaragarizaga Umujyi wa Kigali iki kibazo, Mayor w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yamubwiye ko yakwihangana bakarwana n’ukwezi kwa 5 n’ukwa 6, hanyuma ubwo ingengo y’imari izaba isohotse tariki 01 Nyakanga 2025, As Kigali ikazaba ari yo kipe yonyine bazajya bafasha, ku buryo ibyo bibazo bitazongera kubaho.

Ubusanzwe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufasha amakipe arimo AS Kigali zombi (iy’abagabo n’abagore), Kiyovu Sports, Gasogi United ndetse na KVC muri Volleyball.

Muri uyu mwaka w’imikino, ikipe ya As Kigali yari yemerewe n’Ubuyobozi bw’Umujyi Miliyoni 257 Frw, mu gihe iyi kipe itangira umwaka yari yagaragaje ko izakoresha ingengo y’imari irengaho Miliyoni 700 Frw.

Ikipe ya As Kigali ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ine ngo irangire, mu gihe iyi kipe imaze gutwara ibikombe bine by’amahoro (harimo n’icyo yegukanye 2001 ubwo yitwaga Les Citadins), gusa ikaba itaregukana igikombe cya shampiyona mu mateka yayo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali aherutse guca amarenga ko bazasigarana As Kigali gusa
Ni nyuma yo gutakirwa na Perezida w’iyi kipe
As Kigali ishobora gusigarana imbehe

Kiyovu ishobora gucutswa
Na Gasogi United bikajyanirana

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 13 =

Previous Post

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

Next Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Related Posts

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w'Amaguru mu Rwanda na Rwanda Premier League ikurikirana Shampiyona, bamaganye imyitwarire yagaragajwe na bamwe mu bafana ba APR...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri 'Bishop Gafaranga' watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.