Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), cyahagarikiye impushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Kompanyi zirindwi, nyuma yo kutubahiriza ibyo zari ziherutse gusabwa.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2023, RMB n’ubundi yari yahagaritse kompanyi 13 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kuko hari ibyo zitari zujuje, birimo kubahiriza umutekano w’abakozi, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

Icyo gihe kandi, iki Kigo cyari cyatangaje ko hari izindi kompanyi zasabwe kugira ibyo zikosora, zitabyubahiriza, na zo zigahagarikirwa impushya zo gukomeza gukora.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mutarama 2024, Iki Kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyasohoye itangazo rihagarika impushya za kompanyi zirinzwi, ari zo Ngali Mining Limited yahagarikiwe uruhushya rumwe rw’ubucukuzi yakoreraga muri Ngororero.

Hari kandi Kompanyi ya DEMIKARU yahagarikiwe impushya ebyiri muri Rubavu na Rutsiro; hakaba ETS MUNSAD Minerals yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Ngororero, FX TUGIRANUBUMWE na yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Kamonyi, ndetse na Ngororero Mining Company (NMC) yahagarikiwe impushya ebyiri muri Ngororero mu duce twa Nyamisa na Nyabisindu.

Itangazo rya RMB, rigira riti “Gutesha agaciro izi mpushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, biri mu ngamba za Guverinoma zigamije gushyira mu bikorwa amabwiriza agamije gushyigikira ubucukuzi bwa kinyamwuga.”

RMB ikomeza ivuga kandi ko izakomeza gukorana n’inzego za Guverinoma bya hafi mu rwego rwo gutuma ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bwizewe budahungabanya ababukoramo.

Iki Kigo kandi cyaboneyeho gusaba Kompanyi zigifite impushya zo gucukura amabuye y’agaciro kurushaho kubahiriza amabwiriza, kuko bitabaye ibyo na zo zizakomeza gukorerwa ubugenzuzi ku buryo izizagaragaraho kutayuzuza zizajya zihagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Next Post

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Related Posts

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

IZIHERUKA

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere
IBYAMAMARE

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

12/01/2026
Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.