Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), cyahagarikiye impushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Kompanyi zirindwi, nyuma yo kutubahiriza ibyo zari ziherutse gusabwa.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2023, RMB n’ubundi yari yahagaritse kompanyi 13 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kuko hari ibyo zitari zujuje, birimo kubahiriza umutekano w’abakozi, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

Icyo gihe kandi, iki Kigo cyari cyatangaje ko hari izindi kompanyi zasabwe kugira ibyo zikosora, zitabyubahiriza, na zo zigahagarikirwa impushya zo gukomeza gukora.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mutarama 2024, Iki Kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyasohoye itangazo rihagarika impushya za kompanyi zirinzwi, ari zo Ngali Mining Limited yahagarikiwe uruhushya rumwe rw’ubucukuzi yakoreraga muri Ngororero.

Hari kandi Kompanyi ya DEMIKARU yahagarikiwe impushya ebyiri muri Rubavu na Rutsiro; hakaba ETS MUNSAD Minerals yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Ngororero, FX TUGIRANUBUMWE na yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Kamonyi, ndetse na Ngororero Mining Company (NMC) yahagarikiwe impushya ebyiri muri Ngororero mu duce twa Nyamisa na Nyabisindu.

Itangazo rya RMB, rigira riti “Gutesha agaciro izi mpushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, biri mu ngamba za Guverinoma zigamije gushyira mu bikorwa amabwiriza agamije gushyigikira ubucukuzi bwa kinyamwuga.”

RMB ikomeza ivuga kandi ko izakomeza gukorana n’inzego za Guverinoma bya hafi mu rwego rwo gutuma ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bwizewe budahungabanya ababukoramo.

Iki Kigo kandi cyaboneyeho gusaba Kompanyi zigifite impushya zo gucukura amabuye y’agaciro kurushaho kubahiriza amabwiriza, kuko bitabaye ibyo na zo zizakomeza gukorerwa ubugenzuzi ku buryo izizagaragaraho kutayuzuza zizajya zihagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Next Post

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.