Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kompanyi 7 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zari zahawe umuburo zafatiwe icyemezo gikarishye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda (RMB), cyahagarikiye impushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Kompanyi zirindwi, nyuma yo kutubahiriza ibyo zari ziherutse gusabwa.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2023, RMB n’ubundi yari yahagaritse kompanyi 13 z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kuko hari ibyo zitari zujuje, birimo kubahiriza umutekano w’abakozi, amabwiriza y’ibidukikije, no kubahiriza itegeko ry’umurimo.

Icyo gihe kandi, iki Kigo cyari cyatangaje ko hari izindi kompanyi zasabwe kugira ibyo zikosora, zitabyubahiriza, na zo zigahagarikirwa impushya zo gukomeza gukora.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mutarama 2024, Iki Kigo gishinzwe Mine, Peteroli na Gazi mu Rwanda cyasohoye itangazo rihagarika impushya za kompanyi zirinzwi, ari zo Ngali Mining Limited yahagarikiwe uruhushya rumwe rw’ubucukuzi yakoreraga muri Ngororero.

Hari kandi Kompanyi ya DEMIKARU yahagarikiwe impushya ebyiri muri Rubavu na Rutsiro; hakaba ETS MUNSAD Minerals yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Ngororero, FX TUGIRANUBUMWE na yo yahagarikiwe uruhushya rumwe muri Kamonyi, ndetse na Ngororero Mining Company (NMC) yahagarikiwe impushya ebyiri muri Ngororero mu duce twa Nyamisa na Nyabisindu.

Itangazo rya RMB, rigira riti “Gutesha agaciro izi mpushya z’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, biri mu ngamba za Guverinoma zigamije gushyira mu bikorwa amabwiriza agamije gushyigikira ubucukuzi bwa kinyamwuga.”

RMB ikomeza ivuga kandi ko izakomeza gukorana n’inzego za Guverinoma bya hafi mu rwego rwo gutuma ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukorwa mu buryo bwizewe budahungabanya ababukoramo.

Iki Kigo kandi cyaboneyeho gusaba Kompanyi zigifite impushya zo gucukura amabuye y’agaciro kurushaho kubahiriza amabwiriza, kuko bitabaye ibyo na zo zizakomeza gukorerwa ubugenzuzi ku buryo izizagaragaraho kutayuzuza zizajya zihagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 8 =

Previous Post

FARDC yafunze abasirikare bayo barimo bakurikiranyweho ibidasanzwe

Next Post

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Menya icyo RDF yemeranyijwe n’igisirikare cy’Igihugu cyo muri Asia mu ruzinduko Gen.Muganga yahagiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.