Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in AMAHANGA
0
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, yategetse ko hakorwa iperereza ryihuse nyuma y’impanuka y’indege yahitatanye abantu 179, ikarokokamo babiri, avuga kandi ko icyavuye mu iperereza gitangazwa mu gihe cya vuba.

Iri tegeko ryatanzwe na Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok kuri uyu wa mbere, asaba ko hakorwa icukumbura muri sisiteme z’ibijyanye n’indege kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka yahitanye abagenzi 175 n’abakozi bane ba sosiyete y’iyi ndege.

Iyi mpanuka y’indege ya Sosiyete ya Jeju Air, yabaye ubwo iyi ndege yagwaga ku kibuga cy’Indege cya Muan International Airport, ubwo yakubitaga igikuta igahita isandara.

Ubu ikihutirwa ni ukumenya imyirondo y’abantu bahitanywe n’iyi mpanuka kugira ngo bifashe imiryango yabo, aho bivugwa ko abenshi muri bo ari abo muri Korea y’Epfo, ndetse bakaba bari bavuye muri Thailand kwizihirizayo iminsi mikuru ya Noheli.

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok yagize ati “Na mbere yuko hajya hanze ibiri gukorwa byo kumenya imyirondoro y’abayiguyemo, abayobozi bari gukorana n’inzego mu iperereza ry’icyateye iyi mpanduka, kandi mu gihe cya vuba biramenyeshwa imiryango.”

Yakomeje agira ati “Nkuko mu gihe cya vuba gishoboka hajya hanze ibyavuye mu igenzura, Minisiteri y’ubwikorezi irasabwa gukora icukumbura ryihuse muri sisiteme yose y’ibikorwa by’indege kugira ngo hatongera kuba impanuka nk’iyi.”

Minisiteri y’ubwikorezi muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yatangaje ko kuva kuri uyu wa Mbere, hatangira icukumbura ryihariye ku ndege zose zo mu bwoko bwa 101 Boeing 737-800 zikorera muri iki Gihugu, ryibanda ku bibazo zikunze kugira.

Iyi ndege ya Jeju Air flight 7C2216 yakoze impanuka ku kibuga ubwo yari ivuye i Bangkok mu Murwa Mukuru wa Thailand, ubwo yururukaga ku isaaha ya saa tatu za mu gitondo z’amasaha ngengamasaha kuri iki Cyumweru.

Abari gukora iperereza, bari kugenzura ko iyi mpanuka yaba yatewe no kuba hari ikiguruka cyaba cyayobeye muri moteri ibizwi nka ‘bird strikes’ ubwo yariho igwa, ibintu bikunze gutera impanduka z’indege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Next Post

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we
MU RWANDA

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.