Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in AMAHANGA
0
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, yategetse ko hakorwa iperereza ryihuse nyuma y’impanuka y’indege yahitatanye abantu 179, ikarokokamo babiri, avuga kandi ko icyavuye mu iperereza gitangazwa mu gihe cya vuba.

Iri tegeko ryatanzwe na Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok kuri uyu wa mbere, asaba ko hakorwa icukumbura muri sisiteme z’ibijyanye n’indege kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka yahitanye abagenzi 175 n’abakozi bane ba sosiyete y’iyi ndege.

Iyi mpanuka y’indege ya Sosiyete ya Jeju Air, yabaye ubwo iyi ndege yagwaga ku kibuga cy’Indege cya Muan International Airport, ubwo yakubitaga igikuta igahita isandara.

Ubu ikihutirwa ni ukumenya imyirondo y’abantu bahitanywe n’iyi mpanuka kugira ngo bifashe imiryango yabo, aho bivugwa ko abenshi muri bo ari abo muri Korea y’Epfo, ndetse bakaba bari bavuye muri Thailand kwizihirizayo iminsi mikuru ya Noheli.

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok yagize ati “Na mbere yuko hajya hanze ibiri gukorwa byo kumenya imyirondoro y’abayiguyemo, abayobozi bari gukorana n’inzego mu iperereza ry’icyateye iyi mpanduka, kandi mu gihe cya vuba biramenyeshwa imiryango.”

Yakomeje agira ati “Nkuko mu gihe cya vuba gishoboka hajya hanze ibyavuye mu igenzura, Minisiteri y’ubwikorezi irasabwa gukora icukumbura ryihuse muri sisiteme yose y’ibikorwa by’indege kugira ngo hatongera kuba impanuka nk’iyi.”

Minisiteri y’ubwikorezi muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yatangaje ko kuva kuri uyu wa Mbere, hatangira icukumbura ryihariye ku ndege zose zo mu bwoko bwa 101 Boeing 737-800 zikorera muri iki Gihugu, ryibanda ku bibazo zikunze kugira.

Iyi ndege ya Jeju Air flight 7C2216 yakoze impanuka ku kibuga ubwo yari ivuye i Bangkok mu Murwa Mukuru wa Thailand, ubwo yururukaga ku isaaha ya saa tatu za mu gitondo z’amasaha ngengamasaha kuri iki Cyumweru.

Abari gukora iperereza, bari kugenzura ko iyi mpanuka yaba yatewe no kuba hari ikiguruka cyaba cyayobeye muri moteri ibizwi nka ‘bird strikes’ ubwo yariho igwa, ibintu bikunze gutera impanduka z’indege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − four =

Previous Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Next Post

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.