Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in AMAHANGA
0
Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, yategetse ko hakorwa iperereza ryihuse nyuma y’impanuka y’indege yahitatanye abantu 179, ikarokokamo babiri, avuga kandi ko icyavuye mu iperereza gitangazwa mu gihe cya vuba.

Iri tegeko ryatanzwe na Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok kuri uyu wa mbere, asaba ko hakorwa icukumbura muri sisiteme z’ibijyanye n’indege kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka yahitanye abagenzi 175 n’abakozi bane ba sosiyete y’iyi ndege.

Iyi mpanuka y’indege ya Sosiyete ya Jeju Air, yabaye ubwo iyi ndege yagwaga ku kibuga cy’Indege cya Muan International Airport, ubwo yakubitaga igikuta igahita isandara.

Ubu ikihutirwa ni ukumenya imyirondo y’abantu bahitanywe n’iyi mpanuka kugira ngo bifashe imiryango yabo, aho bivugwa ko abenshi muri bo ari abo muri Korea y’Epfo, ndetse bakaba bari bavuye muri Thailand kwizihirizayo iminsi mikuru ya Noheli.

Perezida w’agateganyo wa Korea y’Epfo, Choi Sang-mok yagize ati “Na mbere yuko hajya hanze ibiri gukorwa byo kumenya imyirondoro y’abayiguyemo, abayobozi bari gukorana n’inzego mu iperereza ry’icyateye iyi mpanduka, kandi mu gihe cya vuba biramenyeshwa imiryango.”

Yakomeje agira ati “Nkuko mu gihe cya vuba gishoboka hajya hanze ibyavuye mu igenzura, Minisiteri y’ubwikorezi irasabwa gukora icukumbura ryihuse muri sisiteme yose y’ibikorwa by’indege kugira ngo hatongera kuba impanuka nk’iyi.”

Minisiteri y’ubwikorezi muri iki Gihugu cya Korea y’Epfo, yatangaje ko kuva kuri uyu wa Mbere, hatangira icukumbura ryihariye ku ndege zose zo mu bwoko bwa 101 Boeing 737-800 zikorera muri iki Gihugu, ryibanda ku bibazo zikunze kugira.

Iyi ndege ya Jeju Air flight 7C2216 yakoze impanuka ku kibuga ubwo yari ivuye i Bangkok mu Murwa Mukuru wa Thailand, ubwo yururukaga ku isaaha ya saa tatu za mu gitondo z’amasaha ngengamasaha kuri iki Cyumweru.

Abari gukora iperereza, bari kugenzura ko iyi mpanuka yaba yatewe no kuba hari ikiguruka cyaba cyayobeye muri moteri ibizwi nka ‘bird strikes’ ubwo yariho igwa, ibintu bikunze gutera impanduka z’indege.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

U Rwanda rwatanze umucyo ku kinyoma cyacuzwe na FARDC runagaragaza uburyo ari ikinamico

Next Post

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.