Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera
Share on FacebookShare on Twitter

Akayaga gahuhera, amahumbezi, ubwiza bw’ibimera, ubw’amazi ndetse n’ibikorwa remezo binogeye ijisho; ni bimwe mu bikurura abifuza gutemberera ahantu. Ku kiyaga cya Kivu hamaze kuba ikimenyabose ko hatembererwa na benshi, hashyizwe mu hantu 10 heza ku mugabane wa Africa ho gutemberera.

The TIME yashyize hanze ahantu heza h’umwaka wa 2021 harimo ibihugu, imijyi ndetse na za Leta; hakwiye gusohokerwa n’abakunda gutembera.

Bimwe mu byagendeweho na TIME mu gutoranya aha hantu, birimo uburyo hagaragara, isuku ihari, udushya twahashyizwe n’ibindi.

Uru rutonde kandi rugaragaza ahantu 10 heza ho muri Africa harimo ku Kiyaga cya Kivu giherereye mu Ntara y’Iburengerazuba.

Mu nyandiko y’uru rutonde, ivuga ko ku Kiyaga cya Kivu ari hamwe mu hantu heza ho gutemberera mu gihe umuntu yaba ari mu Rwanda cyangwa yararugendereye akaba yahasohokera mu mpera z’icyumweru.

The TIME, igira iti “Bimwe mu bikorwa wasanga ku Kivu harimo kugenda ukicara ku mucanga ukumva amahumbezi, harimo sports yo koga…”

Ku kiyaga cya Kivu kandi hari ibikorwa binyuranye bifasha abahatemberera kuhagirira ibihe byiza birimo Hoteli Cleo iherereye mu Karere ka Karongi, iteretse neza ku Kivu ku buryo uyirimo aba yitegeye iki kiyaga kinogeye ijisho.

Hoteli Cleo ni imwe muri Hotel zigezweho ziri ku Kivu

Mu handi hashyizwe kuri uru rutonde, harimo i Accra mu murwa mukuru wa Ghana, Ikirwa cya Benguerra muri Mozambique, i Cairo mu Misiri Egypt, Pariki ya Chimanimani muri Mozambique, Pariki ya Kruger muri Africa y’Epfo, KwaZulu-Natal muri Africa, hakaba Marrakech muri Morocco, Okavango Delta muri Botswana na Sao Vicente muri Cape Verde.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + four =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Next Post

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.