Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera
Share on FacebookShare on Twitter

Akayaga gahuhera, amahumbezi, ubwiza bw’ibimera, ubw’amazi ndetse n’ibikorwa remezo binogeye ijisho; ni bimwe mu bikurura abifuza gutemberera ahantu. Ku kiyaga cya Kivu hamaze kuba ikimenyabose ko hatembererwa na benshi, hashyizwe mu hantu 10 heza ku mugabane wa Africa ho gutemberera.

The TIME yashyize hanze ahantu heza h’umwaka wa 2021 harimo ibihugu, imijyi ndetse na za Leta; hakwiye gusohokerwa n’abakunda gutembera.

Bimwe mu byagendeweho na TIME mu gutoranya aha hantu, birimo uburyo hagaragara, isuku ihari, udushya twahashyizwe n’ibindi.

Uru rutonde kandi rugaragaza ahantu 10 heza ho muri Africa harimo ku Kiyaga cya Kivu giherereye mu Ntara y’Iburengerazuba.

Mu nyandiko y’uru rutonde, ivuga ko ku Kiyaga cya Kivu ari hamwe mu hantu heza ho gutemberera mu gihe umuntu yaba ari mu Rwanda cyangwa yararugendereye akaba yahasohokera mu mpera z’icyumweru.

The TIME, igira iti “Bimwe mu bikorwa wasanga ku Kivu harimo kugenda ukicara ku mucanga ukumva amahumbezi, harimo sports yo koga…”

Ku kiyaga cya Kivu kandi hari ibikorwa binyuranye bifasha abahatemberera kuhagirira ibihe byiza birimo Hoteli Cleo iherereye mu Karere ka Karongi, iteretse neza ku Kivu ku buryo uyirimo aba yitegeye iki kiyaga kinogeye ijisho.

Hoteli Cleo ni imwe muri Hotel zigezweho ziri ku Kivu

Mu handi hashyizwe kuri uru rutonde, harimo i Accra mu murwa mukuru wa Ghana, Ikirwa cya Benguerra muri Mozambique, i Cairo mu Misiri Egypt, Pariki ya Chimanimani muri Mozambique, Pariki ya Kruger muri Africa y’Epfo, KwaZulu-Natal muri Africa, hakaba Marrakech muri Morocco, Okavango Delta muri Botswana na Sao Vicente muri Cape Verde.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Next Post

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.