Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera
Share on FacebookShare on Twitter

Akayaga gahuhera, amahumbezi, ubwiza bw’ibimera, ubw’amazi ndetse n’ibikorwa remezo binogeye ijisho; ni bimwe mu bikurura abifuza gutemberera ahantu. Ku kiyaga cya Kivu hamaze kuba ikimenyabose ko hatembererwa na benshi, hashyizwe mu hantu 10 heza ku mugabane wa Africa ho gutemberera.

The TIME yashyize hanze ahantu heza h’umwaka wa 2021 harimo ibihugu, imijyi ndetse na za Leta; hakwiye gusohokerwa n’abakunda gutembera.

Bimwe mu byagendeweho na TIME mu gutoranya aha hantu, birimo uburyo hagaragara, isuku ihari, udushya twahashyizwe n’ibindi.

Uru rutonde kandi rugaragaza ahantu 10 heza ho muri Africa harimo ku Kiyaga cya Kivu giherereye mu Ntara y’Iburengerazuba.

Mu nyandiko y’uru rutonde, ivuga ko ku Kiyaga cya Kivu ari hamwe mu hantu heza ho gutemberera mu gihe umuntu yaba ari mu Rwanda cyangwa yararugendereye akaba yahasohokera mu mpera z’icyumweru.

The TIME, igira iti “Bimwe mu bikorwa wasanga ku Kivu harimo kugenda ukicara ku mucanga ukumva amahumbezi, harimo sports yo koga…”

Ku kiyaga cya Kivu kandi hari ibikorwa binyuranye bifasha abahatemberera kuhagirira ibihe byiza birimo Hoteli Cleo iherereye mu Karere ka Karongi, iteretse neza ku Kivu ku buryo uyirimo aba yitegeye iki kiyaga kinogeye ijisho.

Hoteli Cleo ni imwe muri Hotel zigezweho ziri ku Kivu

Mu handi hashyizwe kuri uru rutonde, harimo i Accra mu murwa mukuru wa Ghana, Ikirwa cya Benguerra muri Mozambique, i Cairo mu Misiri Egypt, Pariki ya Chimanimani muri Mozambique, Pariki ya Kruger muri Africa y’Epfo, KwaZulu-Natal muri Africa, hakaba Marrakech muri Morocco, Okavango Delta muri Botswana na Sao Vicente muri Cape Verde.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Next Post

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.