Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika

radiotv10by radiotv10
16/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki abafana babateraga imineke?: Perezida Kagame yavuze ku ivangura ryakunze kugaragarizwa abakinnyi b’Abanyafurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko politiki mbi ikwiye guheezwa muri Siporo byumwihariko mu mupira w’amaguru, agaragaza ingaruka yagiye itera, zirimo kuba hari abafana b’i Burayi bagiye bagaragariza ivangura abakinnyi b’Abanyafurika.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 16 Werurwe 2023 ubwo yatangizaga ku mugaragara Inteko Rusange ya 73 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) iri kubera i Kigali muri iki cyumweru.

Perezida Kagame yatangiye ashimira Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ku mitegurire myiza y’Igikombe cy’Isi giheruka, ndetse n’Igihugu cya Qatar cyacyakiriye n’Igihugu cya Argentina cyacyegukanye.

Yavuze ko iki gikombe cyabaye kimwe mu bikorwa bishimangira imiyoborere myiza y’umupira w’Amaguru ku Isi yakomeje kuranga FIFA kuva Giani Infantino yatangira kuyiyobora.

Ati “Ku bw’uruhare rwa gahunda za FIFA ndetse n’imiyoborere yihariye ya Giani Infantino, umupira w’amaguru ukomeje kuba siporo ya bose ku Isi.”

Perezida Kagame avuga ko yamenye bwa mbere Giani Infantino mu myaka umunani ishize ubwo yiyamamarizaga kuyobora FIFA, ariko ko yashimye indangagaciro ze ndetse n’icyerekezo yari afitiye umupira w’amaguru.

Ati “Ni umuyobozi FIFA yari ikeneye muri icyo gihe kandi ibintu byose twabonye kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, bihamya ko akwiye gukomeza kuyobora iri shyirahamwe.”

Yakomeje agaragaza kimwe mu byo yashimye byakozwe ku buyobozi bwa Infantino, cyo kongera umubare w’Ibihugu byitabira Igikombe cy’Isi bigiye kuba 48 kuva mu Gikombe cy’Isi gitaha.

Ati “Hagendewe kuri iyi gahunda nshya, umubare w’amakipe aturuka muri Afurika azikuba hafi kabiri, bikazagira uruhare runini rwo kwibona ndetse no kugaragara k’Umugabane wacu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikindi kinejeje ari gahunda yo gukomeza kuzamura umupira w’amaguru muri Afurika no gukomeza guteza imbere imikino kuri uyu Mugabane.

Avuga ko Umugabane wa Afurika ufite impano zidasanzwe bityo ko n’Igikombe cy’uyu Mugabane kidakwiye gufatwa nk’icyoroheje ugereranyije n’iby’i Burayi, ariko ko kuri uyu Mugabane wa Afurika hari ikikibura.

Ati “Itandukaniro ry’abakinnyi bakomeye muri Afurika ndetse n’i Burayi ntabwo ari impano, ahubwo ni ukubura ibikorwa remezo bikomeye byafasha mu myitozo ndetse no gushyigikirwa.”

Yavuze ko iki cyuho kigomba kugenda gikurwaho mbere na mbere n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ariko ko hagomba kubaho no gushyira hamwe.

Ati “Umupira w’amaguru turi guteza imbere hano muri Afurika uzagira indangagaciro zirushijeho zizatuma uyu Mugabane uba ahantu hagomba gukinirwa n’abakinnyi bacu.”

Yaboneyeho no gushima imiyoborere ya Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), Dr Patrice Motsepe yaranzwe no kuzamura umupira w’amaguru muri Afurika.

Yanavuze ko mu mupira w’Amaguru hanakwiye gukomeza guhabwa uruhare rw’abari n’abategarugori yaba mu gukina ndetse no mu bindi bikorwa birimo gusifura.

Perezida Paul Kagame yagarutse ku kamaro ka Siporo byumwihariko umupira w’amaguru mu gukomeza kunga ubumwe bw’abantu, avuga ko imiyoborere y’iyi siporo igomba gukomeza gukorana neza n’imiyoborere ya Politiki.

Ati “Tugomba guheeza politiki mbi muri siporo, nkuko twabibonye umwaka ushize mu gikombe cy’Isi cyabanje kuzamo iminengere idakwiye. Mu kimbu cyo kubaza impamvu cyabereye hariya [igikombe cy’Isi] mbere hari hakwiye kwibazwa ahubwo kubera iki kitagombaga kuhabera.”

Yavuze ko politiki muri siporo igaragaza ibibazo biri mu muryango mugari, atanga urugero ko “iyo abafana bateye imineke abakinnyi b’Abanyafurika cyangwa ku bagakwena umusifuzi w’igitsinagore, ibyo ni ibibazo biba bigaragara ahantu biba byarabibwe mu bantu bigatuma bagaragaza imyitwarire idakwiye.”

Yavuze ko imyitwarire nk’iyi ikwiye guhagarara burundu kuko uretse kuba yaragiraga ingaruka ku bakinnyi, yanazigiraga ku miryango migari babaga bakomokamo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hakwiye gushyira hamwe imbaraga kugira ngo uyu mukino wa siporo ube uwa bose kandi bawibonemo nta n’umwe usigaye inyuma.

Perezida wa FIFA yashimiye u Rwanda na Perezida Paul Kagame (Photo/RBA)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 17 =

Previous Post

Icyemezo gishya cyafashwe mu bya Congo cyateye ikikango

Next Post

General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

General Gatsinzi watabarutse ari gusezerwaho mu muhango witabiriwe na Gen.Kabarebe, Nyamvumba,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.