Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi ibiri ikurikirana, Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Abibumbye, baganiriye na Perezida Paul Kagame ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC. Umusesenguzi mu bya politiki avuga ko iki Gihugu n’uyu Muryango bishobora kuba bibona hari umusanzu u Rwanda rwatanga.

Mu minsi ibiri ya mbere y’iki cyumweru; ku wa Mbere tariki 06 Ugushyingo no ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres bagiranye ibiganiro kuri telefone na Perezida Paul Kagame.

Ni ibiganiro byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byongeye kuburana umuriri, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23, yongeye gukara.

Usibye Blinken wemeje ko yavuganye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Congo Kinshasa; ntakindi Gihugu cyo muri aka karere cyigaragaza ko cyavuganye n’aba bayobozi kuri iyi ngingo, ndetse n’abahuza muri iki kibazo ntibigeze bagaragazwa mu basabwe kongera imbagara mu gukemura iki kibazo.

Umuhanga mu bya politiki mpuzamahanga, akaba n’umusesenguzi, Alexis Nizeyimana avuga ko kuba USA na Loni barahamagaye Perezida Kagame, bigaragaza ko iki Gihugu n’uyu Muryango, bibona ko hari umusanzu u Rwanda rwatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Ati “Ntekereza ko bashaka gukora igishushanyo nk’icyo bakoze muri 2013, ariko icya kabiri twibuke ko igihe cyose M23 yarwanye; bakunze kuvuga ko ari u Rwanda ruyishyigikiye, barategekerza ko na byo byaba birimo.”

Muri 2013 ubwo umutwe wa M23 wahagarikaga imirwano, u Rwanda rwabitanzemo umusanzu, aho rwasabye uyu mutwe guhosha imirwano na yo yari ikarishye icyo gihe.

Icyo gihe Imiryango mpuzamahanga yasabye u Rwanda gusaba M23 ko yarekura ibice yari yafashe birimo n’umujyi wa Goma, ubundi hagakurikiraho urugendo rutangira inzira y’ibiganiro.

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana, abona u Rwanda rutakongera gutanga uyu musanzu, kuko abo rwasabye ko bahagarika imirwano batigeze bahabwa ibyo basabaga Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Avuga ko nanone mu gihe u Rwanda rutabikora, bitarugiraho ingaruka. Ati “Buriya ingaruka zakabaye i Kigali, zakabaye zarabaye igihe cyose bazamuraga amajwi, ariko bamaze kubona ko atari byo.”

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa ko rufasha umutwe wa M23, ndetse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta aherutse kugira inama Guverinoma ya Congo yakunze kuzamura ibi birego, ko yakabaye igaragaza ibibazo nyirizina ifite bishingiye ku miyoborere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera

Next Post

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.