Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo

radiotv10by radiotv10
09/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki America na Loni bahamagaye Perezida Kagame baganira ku bya Congo?- Icyo umusesenguzi abibonamo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi ibiri ikurikirana, Leta Zunze Ubumwe za America n’Umuryango w’Abibumbye, baganiriye na Perezida Paul Kagame ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC. Umusesenguzi mu bya politiki avuga ko iki Gihugu n’uyu Muryango bishobora kuba bibona hari umusanzu u Rwanda rwatanga.

Mu minsi ibiri ya mbere y’iki cyumweru; ku wa Mbere tariki 06 Ugushyingo no ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo, Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres bagiranye ibiganiro kuri telefone na Perezida Paul Kagame.

Ni ibiganiro byagarutse ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byongeye kuburana umuriri, aho imirwano ihanganishije FARDC na M23, yongeye gukara.

Usibye Blinken wemeje ko yavuganye n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na Congo Kinshasa; ntakindi Gihugu cyo muri aka karere cyigaragaza ko cyavuganye n’aba bayobozi kuri iyi ngingo, ndetse n’abahuza muri iki kibazo ntibigeze bagaragazwa mu basabwe kongera imbagara mu gukemura iki kibazo.

Umuhanga mu bya politiki mpuzamahanga, akaba n’umusesenguzi, Alexis Nizeyimana avuga ko kuba USA na Loni barahamagaye Perezida Kagame, bigaragaza ko iki Gihugu n’uyu Muryango, bibona ko hari umusanzu u Rwanda rwatanga mu gushaka umuti w’ibibazo biri muri DRC.

Ati “Ntekereza ko bashaka gukora igishushanyo nk’icyo bakoze muri 2013, ariko icya kabiri twibuke ko igihe cyose M23 yarwanye; bakunze kuvuga ko ari u Rwanda ruyishyigikiye, barategekerza ko na byo byaba birimo.”

Muri 2013 ubwo umutwe wa M23 wahagarikaga imirwano, u Rwanda rwabitanzemo umusanzu, aho rwasabye uyu mutwe guhosha imirwano na yo yari ikarishye icyo gihe.

Icyo gihe Imiryango mpuzamahanga yasabye u Rwanda gusaba M23 ko yarekura ibice yari yafashe birimo n’umujyi wa Goma, ubundi hagakurikiraho urugendo rutangira inzira y’ibiganiro.

Umusesenguzi Alexis Nizeyimana, abona u Rwanda rutakongera gutanga uyu musanzu, kuko abo rwasabye ko bahagarika imirwano batigeze bahabwa ibyo basabaga Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Avuga ko nanone mu gihe u Rwanda rutabikora, bitarugiraho ingaruka. Ati “Buriya ingaruka zakabaye i Kigali, zakabaye zarabaye igihe cyose bazamuraga amajwi, ariko bamaze kubona ko atari byo.”

U Rwanda rwakunze kwamagana ibirego rushinjwa ko rufasha umutwe wa M23, ndetse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta aherutse kugira inama Guverinoma ya Congo yakunze kuzamura ibi birego, ko yakabaye igaragaza ibibazo nyirizina ifite bishingiye ku miyoborere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Ntibumva impamvu abayobozi babijundika kuko batanze amakuru kandi Itegeko Nshinga riribemerera

Next Post

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

RIB yemeje ifungwa ry’umukinnyi wa filimi uzwi nka Yaka Mwana itangaza n’icyo akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.