Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in SIPORO
0
Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko kuba Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yarasubijwe mu kazi byabazwa iri shyirahamwe kuko bitarureba ndetse ko rwamaze gukora akazi karwo.

Ishyirahamwe ry’Umupra w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubije mu kazi Umunyamabanga Mukuru waryo, Muhire Henry Brulart nyuma y’ibyumweru bibiri ahagaritswe ku mpamvu zo kubazwa inshingano.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry mu kiganiro yagiranye RADIOTV10, yemeje ko Muhire agikurikiranywe hamwe na bagenzi be babiri; Nzeyimana Félix wari ushinzwe Amarushanwa muri FERWAFA n’umusifuzi Tuyisenge Javan, bose uko ari batatu bakaba bakekwaho ibyaha bitatu.

Aba bagabo batatu yaba Muhire ukurikiranywe adafunze n’abandi babiri bafunze, bakekwaho icyaha cyo Guhimba, guhindura cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, icyo kugera ku makuru hagambiriwe gukora icyaha ndetse n’icyaha cyo guhindura amakuru yo muri mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa utabyemerewe.

Dr Murangira avuga ko dosiye y’ikirego cyabo, yashyikirijwe Ubushinjacyaha tariki 27 Kamena 2022 kugira ngo na bwo bukore iperereza ryisumbuyeho, bunafate icyemezo cyo kubashyikiriza Urukiko.

Muhire Brulart yasubijwe mu kazi ku wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, nkuko byemejwe na FERWAFA mu itangazo yasohoye kuri uyu munsi.

Dr Murangira avuga ko iki cyemezo cyo kuba yarasubijwe mu kazi “byabazwa FERWAFA ariko ntidukeka ko byabangamira iperereza kuko ibimenyetso byari bikenewe byarabonetse.”

Uyu muvugizi wa RIB yavuze ko uru rwego rutazihanganira ruswa aho yaba ivugwa hose, akaboneraho gusaba abafite ibimenyetso ko iyi bitugukwaha iri mu mupira w’amaguru, bagana uru rwego bagatanga amakuru kugira ngo irandurwe aho gukomeza kubivugira mu biganiro bitambuka mu bitangazamakuru gusa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

MONUSCO iravugwaho kubakira FARDC indake zidasanzwe zizayifasha guhashya M23 ikisubiza ibice yigaruriye

Next Post

Abanyarwanda barenga 100 bari barahungiye mu DRCongo batahutse

Related Posts

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya...

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda barenga 100 bari barahungiye mu DRCongo batahutse

Abanyarwanda barenga 100 bari barahungiye mu DRCongo batahutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.