Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko bari barembejwe n’amapfa y’ibiribwa byabuze, none hikubisemo n’ibura ry’inkwi ku buryo n’ugize icyo abona cyo guteka atabona icyo kugitekesha, ku buryo ubu umuntu asigaye ajya guhaha ibyo guteka akanahaha inkwi na zo zidafatika.

Aba baturage bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko bugarijwe n’amapfa yatewe n’imyaka yarumbye kimwe n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko ritagipfa gutuma umuntu ajya ku isoko ngo acyure amahaho.

Umunyamakuru wacu yasanze abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, biyasira bavuga ko noneho iki kibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiyongereyeho n’icy’ibura ry’inkwi.

Yabasanze ku gasoko ka Cyarwa, ahacururizwaga inkwi z’iminyafu, ibintu bitari bimenyerewe kuko ubusanzwe abantu bajyaga gutashya mu ishyamba bakabona ibyo batekesha.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Nyine ndagura iz’ijana zo kujya gucana ubundi umuntu aragenda agateka agakoma, hanyuma wamara kukanywa ukajya gushaka izindi, hari ibiryo se biba Bihari?”

Aba baturage bavuga ko izi nkwi na zo zidashobora guteka ibiryo bifatika ahubwo ko ari izo gutekesha igikoma dore ko ari na cyo gitunze benshi muri iki gihe.

Undi ati “Zateka iki se ko n’ibiryo twabibuze, nta biryo bikiriho, ni ukugura ikijumva kimwe ukagenda nyine wakirya ari umujugwe (kidahiye neza) ubwo nyine ukakirya gutyo.”

Aba baturage bavuga ko ibura ry’inkwi rije ari ikibazo kiyongera mu bindi kuko muri iki gihe kugira ngo umuntu arye, agura buri kimwe cyose. Undi ati “Hano ho ni urundi rwego, tugura amazi, inkwi,…ibintu byose turagura.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo amenye niba ntacyakorwa ngo aba baturage babone ibindi bicanwa, gusa ntiyabashije kubona umuyobozi umuvugisha ku mpamvu zitamuturutseho.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage kuyoboka izindi ngufu zo gucana nka Gaze dore ko uburyo busanzweho nk’ubu bw’inkwi n’amakara bwangiza ibidukikije, gusa abapfa kwigongera izi ngufu za Gaze na bo ni mbarwa kuko na yo yahenze.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 8 =

Previous Post

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

Next Post

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo
FOOTBALL

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

10/01/2026
Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.