Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko bari barembejwe n’amapfa y’ibiribwa byabuze, none hikubisemo n’ibura ry’inkwi ku buryo n’ugize icyo abona cyo guteka atabona icyo kugitekesha, ku buryo ubu umuntu asigaye ajya guhaha ibyo guteka akanahaha inkwi na zo zidafatika.

Aba baturage bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko bugarijwe n’amapfa yatewe n’imyaka yarumbye kimwe n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko ritagipfa gutuma umuntu ajya ku isoko ngo acyure amahaho.

Umunyamakuru wacu yasanze abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, biyasira bavuga ko noneho iki kibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiyongereyeho n’icy’ibura ry’inkwi.

Yabasanze ku gasoko ka Cyarwa, ahacururizwaga inkwi z’iminyafu, ibintu bitari bimenyerewe kuko ubusanzwe abantu bajyaga gutashya mu ishyamba bakabona ibyo batekesha.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Nyine ndagura iz’ijana zo kujya gucana ubundi umuntu aragenda agateka agakoma, hanyuma wamara kukanywa ukajya gushaka izindi, hari ibiryo se biba Bihari?”

Aba baturage bavuga ko izi nkwi na zo zidashobora guteka ibiryo bifatika ahubwo ko ari izo gutekesha igikoma dore ko ari na cyo gitunze benshi muri iki gihe.

Undi ati “Zateka iki se ko n’ibiryo twabibuze, nta biryo bikiriho, ni ukugura ikijumva kimwe ukagenda nyine wakirya ari umujugwe (kidahiye neza) ubwo nyine ukakirya gutyo.”

Aba baturage bavuga ko ibura ry’inkwi rije ari ikibazo kiyongera mu bindi kuko muri iki gihe kugira ngo umuntu arye, agura buri kimwe cyose. Undi ati “Hano ho ni urundi rwego, tugura amazi, inkwi,…ibintu byose turagura.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo amenye niba ntacyakorwa ngo aba baturage babone ibindi bicanwa, gusa ntiyabashije kubona umuyobozi umuvugisha ku mpamvu zitamuturutseho.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage kuyoboka izindi ngufu zo gucana nka Gaze dore ko uburyo busanzweho nk’ubu bw’inkwi n’amakara bwangiza ibidukikije, gusa abapfa kwigongera izi ngufu za Gaze na bo ni mbarwa kuko na yo yahenze.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + fifteen =

Previous Post

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

Next Post

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.