Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko bari barembejwe n’amapfa y’ibiribwa byabuze, none hikubisemo n’ibura ry’inkwi ku buryo n’ugize icyo abona cyo guteka atabona icyo kugitekesha, ku buryo ubu umuntu asigaye ajya guhaha ibyo guteka akanahaha inkwi na zo zidafatika.

Aba baturage bari baherutse kubwira RADIOTV10 ko bugarijwe n’amapfa yatewe n’imyaka yarumbye kimwe n’itumbagira ry’ibiciro ku masoko ritagipfa gutuma umuntu ajya ku isoko ngo acyure amahaho.

Umunyamakuru wacu yasanze abaturage bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, biyasira bavuga ko noneho iki kibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiyongereyeho n’icy’ibura ry’inkwi.

Yabasanze ku gasoko ka Cyarwa, ahacururizwaga inkwi z’iminyafu, ibintu bitari bimenyerewe kuko ubusanzwe abantu bajyaga gutashya mu ishyamba bakabona ibyo batekesha.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Nyine ndagura iz’ijana zo kujya gucana ubundi umuntu aragenda agateka agakoma, hanyuma wamara kukanywa ukajya gushaka izindi, hari ibiryo se biba Bihari?”

Aba baturage bavuga ko izi nkwi na zo zidashobora guteka ibiryo bifatika ahubwo ko ari izo gutekesha igikoma dore ko ari na cyo gitunze benshi muri iki gihe.

Undi ati “Zateka iki se ko n’ibiryo twabibuze, nta biryo bikiriho, ni ukugura ikijumva kimwe ukagenda nyine wakirya ari umujugwe (kidahiye neza) ubwo nyine ukakirya gutyo.”

Aba baturage bavuga ko ibura ry’inkwi rije ari ikibazo kiyongera mu bindi kuko muri iki gihe kugira ngo umuntu arye, agura buri kimwe cyose. Undi ati “Hano ho ni urundi rwego, tugura amazi, inkwi,…ibintu byose turagura.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo amenye niba ntacyakorwa ngo aba baturage babone ibindi bicanwa, gusa ntiyabashije kubona umuyobozi umuvugisha ku mpamvu zitamuturutseho.

Leta y’u Rwanda yakunze gukangurira abaturage kuyoboka izindi ngufu zo gucana nka Gaze dore ko uburyo busanzweho nk’ubu bw’inkwi n’amakara bwangiza ibidukikije, gusa abapfa kwigongera izi ngufu za Gaze na bo ni mbarwa kuko na yo yahenze.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Rutsiro: Ntibumva ukuntu bohereza abana babo kwiga bakirirwa babatundisha ingiga z’ibiti

Next Post

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.