Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva uyu mwaka watangira, Ibiza bituruka ku mvura nyinshi bimaze guhitana ubuzima bw’abantu 40, mu gihe abagera muri 70 babikomerekeyemo.

Kuva uyu mwaka watangira, mu bice binyuranye by’u Rwanda haguye imvura nyinshi yangije ibikorwa binyuranye nk’inzu z’abaturage ndetse n’ibikorwa remezo nk’imihanda n’amateme.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, itangaza ko Ibiza byatewe n’iyi mvura nyinshi, bimaze guhitana abantu 40 kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2022.

Iyi Minisiteri kandi itangaza ko ibi biza byasenye inzu z’abaturage zirenga 370 zirimo iz’abaturage ndetse n’amashuri.

Mu mpera za Mutarama 2022, mu Karere ka Rubavu haguye imvura nyinshi yateje ibibazo mu bice by’aka Karere byiganjemo mu Mirenge ya Rugerero na Gisenyi aho byanahitanye ubuzima bw’umuturage.

Kuva icyo gihe mu bice binyuranye by’u Rwanda hagaragaye imvura idasanzwe yanagiye yangiza ibikorwa binyuranye birimo imihanda nk’uwa Muhanga-Ngororero-Mukamira utari nyabagendwa kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare bitewe no gufungwa n’amazi menshi yari yawuzuyemo ku kiraro cya Cyome.

Kugeza ubu; Uturere twibasiwe n’ibiza bituruka kuri iyi mvura nyinshi, ni utwo mu Ntara y’Iburengerazuba turimo Nyabihu, Rutsiro na Ngororero.

Bamwe mu basenyewe n’ibi biza, bari gutakamba basaba ubutabazi bwihuse bwaba ubw’ibikoresho by’ibanze kuko hari aho byatewe n’imivu ndetse no gushakirwa aho kwegeka umusaya.

Habinshuti Phillipe, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, atangaza ko inzego zibishinzwe ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo ubu butabazi bukenewe n’aba baturage buboneke.

Habinshuti Phillipe kandi atangaza ko 90% by’ibiza biri guhitana abantu bishobora kwirindwa, agasaba abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhava.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ikunze kugira inama abaturage, kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gutera ibiti bifata amazi kugira ngo mu gihe haguye imvura nk’iyi itabasiga mu kaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Next Post

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Related Posts

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

IZIHERUKA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo
AMAHANGA

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.