Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva uyu mwaka watangira, Ibiza bituruka ku mvura nyinshi bimaze guhitana ubuzima bw’abantu 40, mu gihe abagera muri 70 babikomerekeyemo.

Kuva uyu mwaka watangira, mu bice binyuranye by’u Rwanda haguye imvura nyinshi yangije ibikorwa binyuranye nk’inzu z’abaturage ndetse n’ibikorwa remezo nk’imihanda n’amateme.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, itangaza ko Ibiza byatewe n’iyi mvura nyinshi, bimaze guhitana abantu 40 kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2022.

Iyi Minisiteri kandi itangaza ko ibi biza byasenye inzu z’abaturage zirenga 370 zirimo iz’abaturage ndetse n’amashuri.

Mu mpera za Mutarama 2022, mu Karere ka Rubavu haguye imvura nyinshi yateje ibibazo mu bice by’aka Karere byiganjemo mu Mirenge ya Rugerero na Gisenyi aho byanahitanye ubuzima bw’umuturage.

Kuva icyo gihe mu bice binyuranye by’u Rwanda hagaragaye imvura idasanzwe yanagiye yangiza ibikorwa binyuranye birimo imihanda nk’uwa Muhanga-Ngororero-Mukamira utari nyabagendwa kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare bitewe no gufungwa n’amazi menshi yari yawuzuyemo ku kiraro cya Cyome.

Kugeza ubu; Uturere twibasiwe n’ibiza bituruka kuri iyi mvura nyinshi, ni utwo mu Ntara y’Iburengerazuba turimo Nyabihu, Rutsiro na Ngororero.

Bamwe mu basenyewe n’ibi biza, bari gutakamba basaba ubutabazi bwihuse bwaba ubw’ibikoresho by’ibanze kuko hari aho byatewe n’imivu ndetse no gushakirwa aho kwegeka umusaya.

Habinshuti Phillipe, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, atangaza ko inzego zibishinzwe ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo ubu butabazi bukenewe n’aba baturage buboneke.

Habinshuti Phillipe kandi atangaza ko 90% by’ibiza biri guhitana abantu bishobora kwirindwa, agasaba abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhava.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ikunze kugira inama abaturage, kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gutera ibiti bifata amazi kugira ngo mu gihe haguye imvura nk’iyi itabasiga mu kaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 18 =

Previous Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Next Post

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI
IBYAMAMARE

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.