Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva uyu mwaka watangira, Ibiza bituruka ku mvura nyinshi bimaze guhitana ubuzima bw’abantu 40, mu gihe abagera muri 70 babikomerekeyemo.

Kuva uyu mwaka watangira, mu bice binyuranye by’u Rwanda haguye imvura nyinshi yangije ibikorwa binyuranye nk’inzu z’abaturage ndetse n’ibikorwa remezo nk’imihanda n’amateme.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi, itangaza ko Ibiza byatewe n’iyi mvura nyinshi, bimaze guhitana abantu 40 kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2022.

Iyi Minisiteri kandi itangaza ko ibi biza byasenye inzu z’abaturage zirenga 370 zirimo iz’abaturage ndetse n’amashuri.

Mu mpera za Mutarama 2022, mu Karere ka Rubavu haguye imvura nyinshi yateje ibibazo mu bice by’aka Karere byiganjemo mu Mirenge ya Rugerero na Gisenyi aho byanahitanye ubuzima bw’umuturage.

Kuva icyo gihe mu bice binyuranye by’u Rwanda hagaragaye imvura idasanzwe yanagiye yangiza ibikorwa binyuranye birimo imihanda nk’uwa Muhanga-Ngororero-Mukamira utari nyabagendwa kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare bitewe no gufungwa n’amazi menshi yari yawuzuyemo ku kiraro cya Cyome.

Kugeza ubu; Uturere twibasiwe n’ibiza bituruka kuri iyi mvura nyinshi, ni utwo mu Ntara y’Iburengerazuba turimo Nyabihu, Rutsiro na Ngororero.

Bamwe mu basenyewe n’ibi biza, bari gutakamba basaba ubutabazi bwihuse bwaba ubw’ibikoresho by’ibanze kuko hari aho byatewe n’imivu ndetse no gushakirwa aho kwegeka umusaya.

Habinshuti Phillipe, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, atangaza ko inzego zibishinzwe ziri gukora ibishoboka byose kugira ngo ubu butabazi bukenewe n’aba baturage buboneke.

Habinshuti Phillipe kandi atangaza ko 90% by’ibiza biri guhitana abantu bishobora kwirindwa, agasaba abatuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhava.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi ikunze kugira inama abaturage, kuzirika ibisenge by’inzu zabo no gutera ibiti bifata amazi kugira ngo mu gihe haguye imvura nk’iyi itabasiga mu kaga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 8 =

Previous Post

Ahaturutse inkuru y’uruzinduko rwa Gen Saleh mu Rwanda n’uko yarangiye

Next Post

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.