Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
1
Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishizwe imyubakire (RHA/ Rwanda Housing Authority) kiratangaza ko imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro, izatwara miliyari 160 Frw.

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Noel Nsanzineza watangaje ko ibikorwa byo kuvugurura Stade Amahoro bizatwara Guverinoma aka kayaabo ka Miliyari 160 Frw, yemeje ko iyi Stade iherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, izaba yatunganye muri 2024.

Imirimo yo gusana iyi Stade yanatangiye kuko bimwe mu bikorwa byamaze gusenywa n’intebe, iri gukorwa na Komyanyi y’ubwubatsi y’Abanya-Turkia yitwa SUMMA.

Iyi mirimo yagiye ivugwa kuva hambere ariko ikagenda itinda gutangira, iri gukorwa hagendewe mu byiciro aho hatangiye gukorwa uruhande rumwe.

Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ati “Amasezerano yamaze gushyirwaho umukono ndetse n’ibikorwa byaratangiye ubu biri gukorwa.”

Iyi Stade Amahoro idaheruka kwakira amarushanwa mpuzamahanga kuva muri 2021, yatumye ikipe y’Igihugu ndetse n’amakipe yo mu Rwanda yitabiraga amarushanwa mpuzamahanga atabasha kuyikiniramo aho ubu ari gutunganyirizwa iya Huye kugira ngo hazajye hakinirwa imikino.

Nsanzineza yemeza ko iyi Stade Amahoro nimara kuvugururwa izaba iri ku rwego rw’izemewe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru [FIFA] ndetse ko bizeye ko ubwo izaba yuzuye, FIFA izayemeza.

Biteganyijwe ko iyi stade nimara kuvugururwa, izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45 barimo ibihumbi 25 bazaba bicaye, bikazatuma izaba ari yo stade nini izaba ibonetse mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi izishyura miliyari 5 Frw azifashishwa mu bikorwa byo kuyikorera isuzuma.

Aho abantu bicara hatangiye gusenywa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel says:
    4 years ago

    Iryo suzuma ko umenya riba Ari danger! 5million zose ?!

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Related Posts

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

by radiotv10
09/03/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihigu, ubu akaba ari Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusubiza mu Buzima...

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

by radiotv10
09/03/2026
0

Polisi y’u Rwanda, yatangaje ko umuhanda Muhanga- Ngororero- Mukamira wongeye kuba nyabagendwa, nyuma yuko wamaze amasaha udakoreshwa kubera imvura nyinshi....

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

Umunyarwandakazi ukiri muto yegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa ya Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Atete Kagorora wo mu Rwanda wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko...

Why former UR students must repay Government study loans

Why former UR students must repay Government study loans

by radiotv10
09/03/2026
0

For many students at the University of Rwanda (UR), receiving government support is the key to pursuing higher education. Tuition...

IZIHERUKA

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino
FOOTBALL

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

09/03/2026
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

09/03/2026
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

09/03/2026
Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

09/03/2026
UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

UPDATE: Umuhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda utari nyabagendwa wongeye gukoreshwa

09/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.