Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
1
Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishizwe imyubakire (RHA/ Rwanda Housing Authority) kiratangaza ko imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro, izatwara miliyari 160 Frw.

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Noel Nsanzineza watangaje ko ibikorwa byo kuvugurura Stade Amahoro bizatwara Guverinoma aka kayaabo ka Miliyari 160 Frw, yemeje ko iyi Stade iherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, izaba yatunganye muri 2024.

Imirimo yo gusana iyi Stade yanatangiye kuko bimwe mu bikorwa byamaze gusenywa n’intebe, iri gukorwa na Komyanyi y’ubwubatsi y’Abanya-Turkia yitwa SUMMA.

Iyi mirimo yagiye ivugwa kuva hambere ariko ikagenda itinda gutangira, iri gukorwa hagendewe mu byiciro aho hatangiye gukorwa uruhande rumwe.

Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ati “Amasezerano yamaze gushyirwaho umukono ndetse n’ibikorwa byaratangiye ubu biri gukorwa.”

Iyi Stade Amahoro idaheruka kwakira amarushanwa mpuzamahanga kuva muri 2021, yatumye ikipe y’Igihugu ndetse n’amakipe yo mu Rwanda yitabiraga amarushanwa mpuzamahanga atabasha kuyikiniramo aho ubu ari gutunganyirizwa iya Huye kugira ngo hazajye hakinirwa imikino.

Nsanzineza yemeza ko iyi Stade Amahoro nimara kuvugururwa izaba iri ku rwego rw’izemewe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru [FIFA] ndetse ko bizeye ko ubwo izaba yuzuye, FIFA izayemeza.

Biteganyijwe ko iyi stade nimara kuvugururwa, izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45 barimo ibihumbi 25 bazaba bicaye, bikazatuma izaba ari yo stade nini izaba ibonetse mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi izishyura miliyari 5 Frw azifashishwa mu bikorwa byo kuyikorera isuzuma.

Aho abantu bicara hatangiye gusenywa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel says:
    4 years ago

    Iryo suzuma ko umenya riba Ari danger! 5million zose ?!

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.