Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
1
Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishizwe imyubakire (RHA/ Rwanda Housing Authority) kiratangaza ko imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro, izatwara miliyari 160 Frw.

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Noel Nsanzineza watangaje ko ibikorwa byo kuvugurura Stade Amahoro bizatwara Guverinoma aka kayaabo ka Miliyari 160 Frw, yemeje ko iyi Stade iherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, izaba yatunganye muri 2024.

Imirimo yo gusana iyi Stade yanatangiye kuko bimwe mu bikorwa byamaze gusenywa n’intebe, iri gukorwa na Komyanyi y’ubwubatsi y’Abanya-Turkia yitwa SUMMA.

Iyi mirimo yagiye ivugwa kuva hambere ariko ikagenda itinda gutangira, iri gukorwa hagendewe mu byiciro aho hatangiye gukorwa uruhande rumwe.

Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ati “Amasezerano yamaze gushyirwaho umukono ndetse n’ibikorwa byaratangiye ubu biri gukorwa.”

Iyi Stade Amahoro idaheruka kwakira amarushanwa mpuzamahanga kuva muri 2021, yatumye ikipe y’Igihugu ndetse n’amakipe yo mu Rwanda yitabiraga amarushanwa mpuzamahanga atabasha kuyikiniramo aho ubu ari gutunganyirizwa iya Huye kugira ngo hazajye hakinirwa imikino.

Nsanzineza yemeza ko iyi Stade Amahoro nimara kuvugururwa izaba iri ku rwego rw’izemewe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru [FIFA] ndetse ko bizeye ko ubwo izaba yuzuye, FIFA izayemeza.

Biteganyijwe ko iyi stade nimara kuvugururwa, izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45 barimo ibihumbi 25 bazaba bicaye, bikazatuma izaba ari yo stade nini izaba ibonetse mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi izishyura miliyari 5 Frw azifashishwa mu bikorwa byo kuyikorera isuzuma.

Aho abantu bicara hatangiye gusenywa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel says:
    4 years ago

    Iryo suzuma ko umenya riba Ari danger! 5million zose ?!

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.