Tuesday, May 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw

radiotv10by radiotv10
09/06/2022
in MU RWANDA, SIPORO
1
Kuvugurura Stade Amahoro izongera gukinirwaho muri 2024 bizatwara Miliyari 160Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishizwe imyubakire (RHA/ Rwanda Housing Authority) kiratangaza ko imirimo yo kuvugurura Stade Amahoro, izatwara miliyari 160 Frw.

Umuyobozi w’Agateganyo wa RHA, Noel Nsanzineza watangaje ko ibikorwa byo kuvugurura Stade Amahoro bizatwara Guverinoma aka kayaabo ka Miliyari 160 Frw, yemeje ko iyi Stade iherereye i Remera mu Karere ka Gasabo, izaba yatunganye muri 2024.

Imirimo yo gusana iyi Stade yanatangiye kuko bimwe mu bikorwa byamaze gusenywa n’intebe, iri gukorwa na Komyanyi y’ubwubatsi y’Abanya-Turkia yitwa SUMMA.

Iyi mirimo yagiye ivugwa kuva hambere ariko ikagenda itinda gutangira, iri gukorwa hagendewe mu byiciro aho hatangiye gukorwa uruhande rumwe.

Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ati “Amasezerano yamaze gushyirwaho umukono ndetse n’ibikorwa byaratangiye ubu biri gukorwa.”

Iyi Stade Amahoro idaheruka kwakira amarushanwa mpuzamahanga kuva muri 2021, yatumye ikipe y’Igihugu ndetse n’amakipe yo mu Rwanda yitabiraga amarushanwa mpuzamahanga atabasha kuyikiniramo aho ubu ari gutunganyirizwa iya Huye kugira ngo hazajye hakinirwa imikino.

Nsanzineza yemeza ko iyi Stade Amahoro nimara kuvugururwa izaba iri ku rwego rw’izemewe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru [FIFA] ndetse ko bizeye ko ubwo izaba yuzuye, FIFA izayemeza.

Biteganyijwe ko iyi stade nimara kuvugururwa, izaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45 barimo ibihumbi 25 bazaba bicaye, bikazatuma izaba ari yo stade nini izaba ibonetse mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda kandi izishyura miliyari 5 Frw azifashishwa mu bikorwa byo kuyikorera isuzuma.

Aho abantu bicara hatangiye gusenywa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emmanuel says:
    4 years ago

    Iryo suzuma ko umenya riba Ari danger! 5million zose ?!

    Reply

Leave a Reply to Emmanuel Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

NAME CHANGE REQUEST

Next Post

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Related Posts

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

by radiotv10
12/05/2026
0

Abihayimana batatu barimo Abapadiri babiri n’Umufurere umwe muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda barimo babiri bo muri Diyoseze ya Byumba, bitabye...

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

by radiotv10
12/05/2026
0

Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro (RRA) cyashyizeho uburyo bushya bwongewe muri sisiteme y’imisoro, buzafasha abagura n’abagurisha ibinyabiziga na ba Noteri bigenga, mu...

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

East African Physiology quiz and teaching workshop promotes medical education in the region

by radiotv10
12/05/2026
0

Kigali, Rwanda- Students, lecturers, researchers, and healthcare professionals from different universities across Africa say the East African Physiology Quiz and...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butara yageneye ubutumwa abasirikare bari muri Centrafrique

by radiotv10
12/05/2026
0

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye...

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wahuriyemo Abakuru b’Ibihugu binyuranye muri Kenya

by radiotv10
12/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu gikorwa cyo kwakirwa ku meza cyayobowe na Perezida William...

IZIHERUKA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu
MU RWANDA

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

by radiotv10
12/05/2026
0

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

12/05/2026
Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

12/05/2026
Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

Trump yanditse ubutumwa asaba ko Obama atabwa muri yombi agakurikiranwa

12/05/2026
Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

Umuryango mpuzamahanga utewe impungenge n’ibiherutse gutangazwa na Tshisekedi

12/05/2026
Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

Hashyizweho uburyo bushya bwo korohereza abagura ibinyabiziga mu Rwanda mu ihererekanya

12/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Ishyano muri Football ya S.Africa: Ikipe yatsinzwe 33-1, n’iyatsinzwe 59-1 n’ayayatsinze yose yahagaritswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu minsi itatu Kiliziya Gatulika mu Rwanda ipfushije Abihayimana batatu

Uwamamaye mu itangazamakuru mu Rwanda yamaze kwinjira mu mwuga w’ubucungagereza muri America

Meya wo muri California yeguye ashinjwa kuba intasi y’u Bushinwa muri America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.