Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
2
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya
Share on FacebookShare on Twitter

Hasohotse amabwiriza agomba kubahirizwa mu gikorwa cyo Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenodide yakorewe Abatutsi, aho mu cyumweru cy’icyunamo, hateganyijwe ikiganiro kimwe gusa, kizatangwa tariki Indwi Mata 2023, ndetse hanagaragazwa ibibujiwe muri iki cyumweru.

Aya mabwiriza yo kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi bizongera gukorwa hagendewe ku nsanganyamatsiko igira iti “KWIBUKA TWIYUBAKA”, agaragaza ko icyumweru cy’icyunamo, ku rwego rw’Igihugu kizatangirizwa ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi.

Naho mu Turere, Icyunamo kikazatangirizwa ku rwibutso rw’Akarere; naho mu Midugudu hagakorwa ikiganiro kijyanye no kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizasozwa n’ubutumwa nyamukuru bw’uwo munsi tariki 07 Mata 2023.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Nibirangira, abaturage bazasubira mu mirimo yabo uko bisanzwe. Kuri uwo munsi, nta rugendo rwo Kwibuka ruteganyijwe.”

Hagati ya tariki 08 kugeza ku ya 12 Mata 2023, ari icyumweru cy’icyunamo giteganyijwemo ibikorwa byo kwibuka bizabera ahantu hatandukanye mu Gihugu ku matariki n’ahantu hagiye hicirwa Abatutsi.

Aya mabwiriza avuga kandi ko “Ibikorwa by’ubucuruzi, Siporo z’abantu ku giti cyabo n’indi mirimo itunze abantu n’ibyara inyungu izakomeza mu cyumweru cy’icyunamo.”

Itangazo ry’aya mabwiriza, rikomeza rigira riti “Nta biganiro biteganyijwe mu Midugudu nyuma ya saa sita hagati ya tariki 08 Mata na 12 Mata 2023. Ikiganiro giteganyijwe mu minsi yo Kwibuka ni kimwe kizatangwa tariki 07 Mata guhera saa tatu za mu gitondo nkuko byavuzwe haruguru.”

Aya mabwiriza kandi agaragaza ibikorwa bibujijwe; birimo ibirori by’ibyishimo bihuza imbaga y’abantu; ubukwe n’imihango ijyanye nabwo; amarushanwa uretse siporo zikorwa n’abantu ku giti cyabo, umuziki utajyanye no Kwibuka haba mu tubari, aho bafatira amafunguto, aho batunganyiriza imisatsi, aho batunganyiriza umuziki n’ahandi hantu hahurira abantu benshi.

Imikino y’amahirwe, kwerekana imipira ndetse n’ibitaramo mu tubyiniro, iby’urwenya iby’imbyino, sinema n’ikinamico ritajyanye no Kwibuka, na byo birabujijwe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Murakoze kubw’aya mabwiriza,ni iyi he myitwarire ikwiye abantu mu nsengero dore ko natwe tuzaba twizihiza Pasika?

    Reply
  2. Niyonkuru jeandedieu says:
    3 years ago

    Murakoze cyane mubyukuri radio and tv10 murabambere imana ijye ibaha umugisha mubyo mukora kubijyanye naya mabwiriza ajyanye ni cyunamo turayumva knd natwe nkabanyarwanda icyo dusabwa nukuyubahiriza ubundi natwe tukibuka inzirakarengane zazize jenocide yakorewe abatusti

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Next Post

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.