Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
2
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya
Share on FacebookShare on Twitter

Hasohotse amabwiriza agomba kubahirizwa mu gikorwa cyo Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenodide yakorewe Abatutsi, aho mu cyumweru cy’icyunamo, hateganyijwe ikiganiro kimwe gusa, kizatangwa tariki Indwi Mata 2023, ndetse hanagaragazwa ibibujiwe muri iki cyumweru.

Aya mabwiriza yo kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi bizongera gukorwa hagendewe ku nsanganyamatsiko igira iti “KWIBUKA TWIYUBAKA”, agaragaza ko icyumweru cy’icyunamo, ku rwego rw’Igihugu kizatangirizwa ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi.

Naho mu Turere, Icyunamo kikazatangirizwa ku rwibutso rw’Akarere; naho mu Midugudu hagakorwa ikiganiro kijyanye no kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizasozwa n’ubutumwa nyamukuru bw’uwo munsi tariki 07 Mata 2023.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Nibirangira, abaturage bazasubira mu mirimo yabo uko bisanzwe. Kuri uwo munsi, nta rugendo rwo Kwibuka ruteganyijwe.”

Hagati ya tariki 08 kugeza ku ya 12 Mata 2023, ari icyumweru cy’icyunamo giteganyijwemo ibikorwa byo kwibuka bizabera ahantu hatandukanye mu Gihugu ku matariki n’ahantu hagiye hicirwa Abatutsi.

Aya mabwiriza avuga kandi ko “Ibikorwa by’ubucuruzi, Siporo z’abantu ku giti cyabo n’indi mirimo itunze abantu n’ibyara inyungu izakomeza mu cyumweru cy’icyunamo.”

Itangazo ry’aya mabwiriza, rikomeza rigira riti “Nta biganiro biteganyijwe mu Midugudu nyuma ya saa sita hagati ya tariki 08 Mata na 12 Mata 2023. Ikiganiro giteganyijwe mu minsi yo Kwibuka ni kimwe kizatangwa tariki 07 Mata guhera saa tatu za mu gitondo nkuko byavuzwe haruguru.”

Aya mabwiriza kandi agaragaza ibikorwa bibujijwe; birimo ibirori by’ibyishimo bihuza imbaga y’abantu; ubukwe n’imihango ijyanye nabwo; amarushanwa uretse siporo zikorwa n’abantu ku giti cyabo, umuziki utajyanye no Kwibuka haba mu tubari, aho bafatira amafunguto, aho batunganyiriza imisatsi, aho batunganyiriza umuziki n’ahandi hantu hahurira abantu benshi.

Imikino y’amahirwe, kwerekana imipira ndetse n’ibitaramo mu tubyiniro, iby’urwenya iby’imbyino, sinema n’ikinamico ritajyanye no Kwibuka, na byo birabujijwe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Murakoze kubw’aya mabwiriza,ni iyi he myitwarire ikwiye abantu mu nsengero dore ko natwe tuzaba twizihiza Pasika?

    Reply
  2. Niyonkuru jeandedieu says:
    3 years ago

    Murakoze cyane mubyukuri radio and tv10 murabambere imana ijye ibaha umugisha mubyo mukora kubijyanye naya mabwiriza ajyanye ni cyunamo turayumva knd natwe nkabanyarwanda icyo dusabwa nukuyubahiriza ubundi natwe tukibuka inzirakarengane zazize jenocide yakorewe abatusti

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Next Post

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Related Posts

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Why Some People Feel Tired After Socializing
IMIBEREHO MYIZA

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Feel Tired After Socializing

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.