Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya

radiotv10by radiotv10
03/04/2023
in MU RWANDA
2
Kwibuka29: Hatangajwe ibizubahirizwa mu Cyunamo buri Muturarwanda akwiye kumenya
Share on FacebookShare on Twitter

Hasohotse amabwiriza agomba kubahirizwa mu gikorwa cyo Kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenodide yakorewe Abatutsi, aho mu cyumweru cy’icyunamo, hateganyijwe ikiganiro kimwe gusa, kizatangwa tariki Indwi Mata 2023, ndetse hanagaragazwa ibibujiwe muri iki cyumweru.

Aya mabwiriza yo kwibuka ku Nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi bizongera gukorwa hagendewe ku nsanganyamatsiko igira iti “KWIBUKA TWIYUBAKA”, agaragaza ko icyumweru cy’icyunamo, ku rwego rw’Igihugu kizatangirizwa ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi.

Naho mu Turere, Icyunamo kikazatangirizwa ku rwibutso rw’Akarere; naho mu Midugudu hagakorwa ikiganiro kijyanye no kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, kizasozwa n’ubutumwa nyamukuru bw’uwo munsi tariki 07 Mata 2023.

Aya mabwiriza akomeza agira ati “Nibirangira, abaturage bazasubira mu mirimo yabo uko bisanzwe. Kuri uwo munsi, nta rugendo rwo Kwibuka ruteganyijwe.”

Hagati ya tariki 08 kugeza ku ya 12 Mata 2023, ari icyumweru cy’icyunamo giteganyijwemo ibikorwa byo kwibuka bizabera ahantu hatandukanye mu Gihugu ku matariki n’ahantu hagiye hicirwa Abatutsi.

Aya mabwiriza avuga kandi ko “Ibikorwa by’ubucuruzi, Siporo z’abantu ku giti cyabo n’indi mirimo itunze abantu n’ibyara inyungu izakomeza mu cyumweru cy’icyunamo.”

Itangazo ry’aya mabwiriza, rikomeza rigira riti “Nta biganiro biteganyijwe mu Midugudu nyuma ya saa sita hagati ya tariki 08 Mata na 12 Mata 2023. Ikiganiro giteganyijwe mu minsi yo Kwibuka ni kimwe kizatangwa tariki 07 Mata guhera saa tatu za mu gitondo nkuko byavuzwe haruguru.”

Aya mabwiriza kandi agaragaza ibikorwa bibujijwe; birimo ibirori by’ibyishimo bihuza imbaga y’abantu; ubukwe n’imihango ijyanye nabwo; amarushanwa uretse siporo zikorwa n’abantu ku giti cyabo, umuziki utajyanye no Kwibuka haba mu tubari, aho bafatira amafunguto, aho batunganyiriza imisatsi, aho batunganyiriza umuziki n’ahandi hantu hahurira abantu benshi.

Imikino y’amahirwe, kwerekana imipira ndetse n’ibitaramo mu tubyiniro, iby’urwenya iby’imbyino, sinema n’ikinamico ritajyanye no Kwibuka, na byo birabujijwe.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Murakoze kubw’aya mabwiriza,ni iyi he myitwarire ikwiye abantu mu nsengero dore ko natwe tuzaba twizihiza Pasika?

    Reply
  2. Niyonkuru jeandedieu says:
    3 years ago

    Murakoze cyane mubyukuri radio and tv10 murabambere imana ijye ibaha umugisha mubyo mukora kubijyanye naya mabwiriza ajyanye ni cyunamo turayumva knd natwe nkabanyarwanda icyo dusabwa nukuyubahiriza ubundi natwe tukibuka inzirakarengane zazize jenocide yakorewe abatusti

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 8 =

Previous Post

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Next Post

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Rwamagana: Uwari umaze imyaka 15 bazi ko aba muri Uganda basanze umurambo we mu musarani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.