Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Sitade Gatwaro hanagarukwa ku rugendo rurerure babanje gukoreshwa

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Sitade Gatwaro hanagarukwa ku rugendo rurerure babanje gukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi ba Sosiyete ya Tele 10 Group n’aba Hoteli Cleo ikorera mu Karere ka Karongi, bibutse Abatutsi biciwe kuri Sitade ya Gatwaro, hagarukwa ku buhamya bw’uburyo bishwe babanje gukoreshwa inzira y’umusaraba ubwo bagendeshwaga ibilometero 20 n’amaguru.

Aba bakozi bibukiye mu Karere ka Karongi, aho bakoze urugendo rwo Kwibuka ruva ku Rwibutso rwo kuri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Pierre Kibuye rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi basaga ibihumbi umunani, berecyeza ku Rwibutso rwa Gatwaro rushyinguyemo imibiri y’abatutsi basaga ibihumbi 15.

Banasobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace  kiciwemo abatutsi benshi mu gihe gito.

Umuyobozi Wungiriye wa Hotel Cleo, Christian Remy; avuga ko bafashe umwanzuro wo kwibuka Abatutsi biciwe muri aka gace mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

Ati “Tubona ko biri ngombwa, kwibuka ni ugusigasira amateka y’Igihugu cyacu kuko izo nzirakarengane bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994 ni ngombwa ko tubibuka kuko ni umwenda tubafitiye.”

Muri aka Karere ka Karongi ni mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, aha hari umwihariko watumye Abatutsi bicwa ari benshi mu gihe gito.

Tariki 18 Mata 1994 ku isaha ya saa 01:30’, uwari Perefe wa Perefegitura ya Kibuye, Dr Kayishema Clement yarashe isasu mu kirere, atangiza Jenoside muri aka gace.

Mu minsi ijana gusa ibihumbi bisaga 300 by’Abatutsi bari bamaze kwicirwa muri iyi Perefegitura ya Kibuye. Aka gace byari bigoye kubona ubuhungiro dore ko hakikijwe n’ikiyaga cya Kivu.

Abatutsi bashinguye muri uru Rwibutso rwa Gatwaro, mbere yo kwicwa babanje kubagendesha ibirometero 20 n’amaguru baturutse i Ruberangera.

Perezida wa Ibuka muri aka Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste arabara inkuru y’uburyo Abatutsi bishwemo muri aka gace, ndetse agashimira abakozi ba Hotel Cleo na Tele 10 Group kuza guha icyubahiro Abatutsi bashyinguye muri uru Rwibutso rwa Gatwaro.

Ati “Umwihariko w’aka gace, ni hamwe mu harimbukiye Abatutsi benshi bari hamwe mu mwanya umwe badashobora kurenga inkuta enye. Abatutsi biciwe hano muri Sitade, ni hamwe mu hantu harimbukiye Abatutsi benshi mu mwanya umwe.”

Umuyobozi Wungirije w’aka Karere ka Karongi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Niragire Theophile na we washimiye abakozi b’ibi Bigo bakoze iki gikorwa, akavuga ko bizafasha kumenyekanisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace.

Yagize ati “Tele 10 ndetse na Cleo Hotel bagize igitekerezo cyiza cyo kuza kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bakabikora mu Karere kacu byadushimishije. Twashimishijwe no kuba ibitangazamakuru mu Rwanda bizirikana uruhare bagenzi babo bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakaba bashaka gukora ibinyuranye n’ibyo bo bakoraga.”

Si ku nshuro ya mbere abakozi ba Tele 10 Group bifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko no mu myaka yashize iki kigo cyagiye gikorwa ibikorwa nk’ibi, birimo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ndetse no kuremera abatishoboye mu Karere ka Bugesera.

Babanje gukora urugendo rwo Kwibuka

Banashyize indabo banunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa ukunze kuvugisha benshi noneho yiyise Intumwa y’Imana

Next Post

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Related Posts

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje ’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba...

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, byatangaje ko kuri uyu wa Kane Donald Trump yakira Perezida w’u...

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

by radiotv10
02/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 45 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo kwiba...

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

Icyakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye abaturage bo mu gace kamwe mu Rwanda

by radiotv10
02/12/2025
0

Nyuma y’igisa n’igitero cyagabwe n’itsinda ry’insoresore zari zitwaje intwaro gakondo zirimo imihoro ku manywa y’ihangu mu Murenge wa Kabacuzi mu...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Eng.-White House confirms expected Peace Agreement to be signed by Presidents Kagame and Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

The office of the President of the United States has announced that this Thursday, Donald Trump will host the President...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.