Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Sitade Gatwaro hanagarukwa ku rugendo rurerure babanje gukoreshwa

radiotv10by radiotv10
29/04/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Sitade Gatwaro hanagarukwa ku rugendo rurerure babanje gukoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi ba Sosiyete ya Tele 10 Group n’aba Hoteli Cleo ikorera mu Karere ka Karongi, bibutse Abatutsi biciwe kuri Sitade ya Gatwaro, hagarukwa ku buhamya bw’uburyo bishwe babanje gukoreshwa inzira y’umusaraba ubwo bagendeshwaga ibilometero 20 n’amaguru.

Aba bakozi bibukiye mu Karere ka Karongi, aho bakoze urugendo rwo Kwibuka ruva ku Rwibutso rwo kuri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Pierre Kibuye rushyinguyemo imibiri y’Abatutsi basaga ibihumbi umunani, berecyeza ku Rwibutso rwa Gatwaro rushyinguyemo imibiri y’abatutsi basaga ibihumbi 15.

Banasobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace  kiciwemo abatutsi benshi mu gihe gito.

Umuyobozi Wungiriye wa Hotel Cleo, Christian Remy; avuga ko bafashe umwanzuro wo kwibuka Abatutsi biciwe muri aka gace mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

Ati “Tubona ko biri ngombwa, kwibuka ni ugusigasira amateka y’Igihugu cyacu kuko izo nzirakarengane bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994 ni ngombwa ko tubibuka kuko ni umwenda tubafitiye.”

Muri aka Karere ka Karongi ni mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, aha hari umwihariko watumye Abatutsi bicwa ari benshi mu gihe gito.

Tariki 18 Mata 1994 ku isaha ya saa 01:30’, uwari Perefe wa Perefegitura ya Kibuye, Dr Kayishema Clement yarashe isasu mu kirere, atangiza Jenoside muri aka gace.

Mu minsi ijana gusa ibihumbi bisaga 300 by’Abatutsi bari bamaze kwicirwa muri iyi Perefegitura ya Kibuye. Aka gace byari bigoye kubona ubuhungiro dore ko hakikijwe n’ikiyaga cya Kivu.

Abatutsi bashinguye muri uru Rwibutso rwa Gatwaro, mbere yo kwicwa babanje kubagendesha ibirometero 20 n’amaguru baturutse i Ruberangera.

Perezida wa Ibuka muri aka Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste arabara inkuru y’uburyo Abatutsi bishwemo muri aka gace, ndetse agashimira abakozi ba Hotel Cleo na Tele 10 Group kuza guha icyubahiro Abatutsi bashyinguye muri uru Rwibutso rwa Gatwaro.

Ati “Umwihariko w’aka gace, ni hamwe mu harimbukiye Abatutsi benshi bari hamwe mu mwanya umwe badashobora kurenga inkuta enye. Abatutsi biciwe hano muri Sitade, ni hamwe mu hantu harimbukiye Abatutsi benshi mu mwanya umwe.”

Umuyobozi Wungirije w’aka Karere ka Karongi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Niragire Theophile na we washimiye abakozi b’ibi Bigo bakoze iki gikorwa, akavuga ko bizafasha kumenyekanisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace.

Yagize ati “Tele 10 ndetse na Cleo Hotel bagize igitekerezo cyiza cyo kuza kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bakabikora mu Karere kacu byadushimishije. Twashimishijwe no kuba ibitangazamakuru mu Rwanda bizirikana uruhare bagenzi babo bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakaba bashaka gukora ibinyuranye n’ibyo bo bakoraga.”

Si ku nshuro ya mbere abakozi ba Tele 10 Group bifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko no mu myaka yashize iki kigo cyagiye gikorwa ibikorwa nk’ibi, birimo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, ndetse no kuremera abatishoboye mu Karere ka Bugesera.

Babanje gukora urugendo rwo Kwibuka

Banashyize indabo banunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Umuhangamideri Moses Turahirwa ukunze kuvugisha benshi noneho yiyise Intumwa y’Imana

Next Post

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Icyo RDF ivuga ku wo byavugwaga ko ari umusirikare ukekwaho guhohotera uwanze ko baryamana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.