Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kwirinda ubusambanyi n’ubusinzi mu minsi mikuru byikijweho mu butumwa RIB yageneye urubyiruko

radiotv10by radiotv10
21/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kwirinda ubusambanyi n’ubusinzi mu minsi mikuru byikijweho mu butumwa RIB yageneye urubyiruko
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwageneye ubutumwa Abaturarwanda byumwihariko urubyiruko muri iki gihe cy’iminsi mikuru, rubasaba kwirinda ingeso mbi nk’ubusambanyi n’ubusinzi.

Ni ubutumwa bwatanzwe na RIB habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo Abaturarwanda binjire mu bihe by’iminsi mikuru irimo Noheli n’Ubunani.

Ubu butumwa bugira buti “RIB irashishikariza Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, n’ibindi.”

RIB isoza ubutumwa bwayo yibutsa Abaturarwanda ko mu gihe abantu bashaka gutanga amakuru ku byaha no kubikumira, bahamagara umurongo wa telefone utishyurwa ari wo 166.

Ubu butumwa bugenewe Abaturarwanda byumwihariko urubyiruko, buje mu gihe hamaze iminsi hatungwa agatoki abakiri bato kwijandika mu ngeso mbi zo kwiyandarika zirimo ubusinzi n’ubusambanyi.

Mu myanzuro yafatiwe mu ihuriro rya 15 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri ryabaye mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2022, harimo usaba ko imyaka yo kwemererwa kunywa inzoga mu Rwanda yongerwa, ikava kuri 18 igashyirwa kuri 21.

Ni umwanzuro ushingiye ku businzi bukomeje kugaragara mu rubyiruko rurimo abasore n’inkumi bakiri bato, bwanatumye imibare y’abari mu iki cyiciro iza ku isonga mu bantu bagaragaweho ibibazo byo mu mutwe.

Ibitaro bizwiho kuvura indwara n’ibibazo byo mu mutwe bya Caraes-Ndera, biherutse kugaragaza ko mu mwaka wa 2021-2022 byakiriye abarwayi 96 357, barimo 70% bo mu cyiciro cy’urubyiruko, kandi ko ibibazo byarwo bifitanye isano no kunywa ibiyobyabwenge n’inzoga nyinshi.

Iyi mibare kandi yakurikiwe n’ibiherutse gutangazwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC, cyagaragaje ko urubyiruko ruri mu bibasiwe cyane n’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA kubera kwishora mu mibonano mpuzabitsinda idakingiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − thirteen =

Previous Post

Umuganga ukekwaho ‘gukorakora’ igitsina cy’umukobwa ubwo yamusuzumaga hamenyekanye icyakurikiyeho

Next Post

Uwitabiriye Miss Rwanda yahawe imodoka y’akataraboneka n’umusore wamwihebeye

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwitabiriye Miss Rwanda yahawe imodoka y’akataraboneka n’umusore wamwihebeye

Uwitabiriye Miss Rwanda yahawe imodoka y’akataraboneka n’umusore wamwihebeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.