Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi

radiotv10by radiotv10
31/05/2022
in SIPORO
0
Kwizera Olivier wavuzweho igihuha cyo gutoroka yageneye Abanyarwanda ubutumwa buryoheye amatwi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu, Kwizera Olivier uri kumwe na bagenzi be muri Afurika y’Epfo aho bitegura gukina na Mozambique, wari wavuzweho igihuha ko yagerageje gutoroka, we ubwe ni we witangiye ubutumwa bwa bagenzi be yizeza Abanyarwanda kuzitwara neza.

Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Gicurasi 2022, ku mbuga nkoranyambaga haramutse hakwirakwira igihuha ko Kwizera Olivier yafashwe agerageza gutorokera muri Afurika y’Epfo yanigeze kuba ubwo yakinaga muri Free State Stars.

Gusa nyuma y’amasaha macye hatangajwe iki gihuha cyanakwirakwijwe na bamwe mu banyamakuru ba Siporo mu Rwanda, Kwizera Olivier yagaragaye ari kumwe na bagenzi be bari kurambura imitsi.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasubije umunyamakuru Sam Karenzi wabazaga niba hari umukinnyi w’u Rwanda watorokeye muri Afurika y’Epfo, ryagize riti “Nta mukinnyi wafashwe ashaka gutoroka ayo makuru si yo.”

Ubutumwa bwa FERWAFA bwakomeje bugira buti “Abakinnyi bose uko ari 22 bari mu mwiherero kandi bakoze imyitozo ya mbere uyu munsi. Dutegereje Kagere Meddie uhagera iri joro akazakorana imyitozo n’abandi ejo.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, Kwizera Olivier ubwe yagaragaye atanga ikiganiro cy’amashusho avuga ko we na bagenzi be bari kwitegura neza byumwihariko kuri we ko yiteguye neza kuko agiye gukinira mu Gihugu yabayemo.

Yavuze ko akimenya ko bazakinira muri Afurika y’Epfo byamushimishije “kubera ko ni ahantu nabaye ariko icyo navuga ku bibuga, bafite ibibuga byiza kandi binini, birasaba ko tugomba gukina rimwe na rimwe twegeranye kugira ngo igihe tudafite umupira twaba tuwufite tugafungura.”

Kwizera Olivier umwe mu banyezamu bakomeye mu Rwanda aritegura umukino uzahuza Amavubi na Mozambique

Kwizera Olivier yaboneyeho kugenera ubutumwa Abanyarwanda, ati “bagomba kuba bashyigikiye ikipe y’Igihugu. Turi Abanyarwanda, nabo ni Abanyarwanda rero tugomba kuba duhuje, badushyigikire biradufasha.”

Ikipe y’u Rwanda iri muri Afurika y’Epfo, mu mukino wa mbere wo gushaka itike yo kujya mu Gikombe cya Afurika, izahura n’iya Mozambique kuri uyu wa Kane tariki 02 Kamena.

Umukino wa kabiri w’u Rwanda, ruzahura na Senegal mu mukino wagombaga kubera i Huye mu Rwanda tariki 07 Kamena ariko ukaba wimuriwe i Dakar muri Senegal.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eleven =

Previous Post

Igisubizo cya Polisi ku wabajije niba aguriye Umupolisi amazi yo kunywa byakwitwa ruswa

Next Post

U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo

U Rwanda rwasubije umutegetsi w’i Kinshasa wavuze ko rukwiye gushozwaho intambara rugufatwa rukomekwa kuri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.