Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?

radiotv10by radiotv10
11/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?
Share on FacebookShare on Twitter

Izina ‘Kina Music’ ni rimwe mu rizwi n’abakunzi ba muzika nyarwanda, atari uko ari iry’umuhanzi wamamaye cyangwa igihangano cyakunzwe na benshi, ahubwo ni inzu ifasha abahanzi, yanyuzemo benshi banayibayemo nk’abavandimwe ariko ubu ikaba isigayemo ngerere. Kuki byageze aha ariko abayivamo bose bakaryumaho?

Kuva muri 2009 mu Rwanda, hatangiye Kina Music isanzwe ari inzu ifasha abahanzi ndetse ikanatunganya umuziki.

Uko imyaka yagiye ishira ni ko iyi nzu yagiye ijyamo abahanzi bakomeye mu Rwanda, ndetse bagasohora ibihangano byanyuze amatwi y’abatari bacye.

Uru rugo rw’umuziki rwanyuzemo benshi mu bakunzwe mu Rwanda ndetse bamwe mu banyuze muri Kina Music biragoye kuyibagirwa kuko yashyize itafari rikomeye ku rugendo rwabo.

Icyakora ibi byose byabaga Kina Music yashinzwe ndetse ikanayoborwa na Clement Ishimwe, ikomeye ku mahame n’amabwiriza abagenga bigendanye n’amasezerano abahanzi bagiranaga n’ubuyobozi bwayo ariko uko iminsi ishira bigenda biyoyoka.

Ku ikubitiro Christopher Muneza yasohotse muri Kina Music, bidatinze Dream Boys bari bakunzwe icyo gihe baratandukana, TMC aragenda icyakora Platin arasigara.

Nyuma yabo, muri Kina Music hinjiyemo Igor Mabano na Nel Ngabo basangamo Butera Knowless, Tom Close, na Platin.P.

Kugeza ubu uramutse ushishoje imikorere n’imukoranire y’aba biganjemo abamaze gufatisha muri uyu muziki ubona ko usibye Butera Knowless na Nel Ngabo bigaragara ko bakiri kumwe na Kina Music abandi ubona ko barimo batarimo.

​Kuva Platin P yatangira gukorana na Innox Entertainment bigaragara ko atakiri muri Kina Music.

​Kuva aho Butera Knowless asohoye album ‘Inzora’ igakurikirwa ni iza Nel Ngabo 2, nta mishinga irambye Igor Mabano agifitanye na Kina Music

​Kuva aho Tom Close asohoreye album ye ya 8 ikagaragaraho abatunganya umuziki benshi batari abo muri Kina Music, ndetse abinyujije mu nyandiko yashyize hanze akanagaragaza ko hari ikitwa Tom Close EA Management, byerekanye ko uyu na we atakiri muri Kina Music.

Icyakora ibi biba nta n’umwe muri aba weruye ngo avuge ko yavuye muri Kina Music, ahanini bigaterwa n’ubushuti bwubatswe n’aba bahuri muri iyi nzu y’umuziki.

Yari imaze kuba nk’umuryango

Joby JOSHUA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Uko babiri bafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze ‘Liquor’ z’akayabo ka za Miliyoni

Next Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.