Wednesday, June 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?

radiotv10by radiotv10
11/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?
Share on FacebookShare on Twitter

Izina ‘Kina Music’ ni rimwe mu rizwi n’abakunzi ba muzika nyarwanda, atari uko ari iry’umuhanzi wamamaye cyangwa igihangano cyakunzwe na benshi, ahubwo ni inzu ifasha abahanzi, yanyuzemo benshi banayibayemo nk’abavandimwe ariko ubu ikaba isigayemo ngerere. Kuki byageze aha ariko abayivamo bose bakaryumaho?

Kuva muri 2009 mu Rwanda, hatangiye Kina Music isanzwe ari inzu ifasha abahanzi ndetse ikanatunganya umuziki.

Uko imyaka yagiye ishira ni ko iyi nzu yagiye ijyamo abahanzi bakomeye mu Rwanda, ndetse bagasohora ibihangano byanyuze amatwi y’abatari bacye.

Uru rugo rw’umuziki rwanyuzemo benshi mu bakunzwe mu Rwanda ndetse bamwe mu banyuze muri Kina Music biragoye kuyibagirwa kuko yashyize itafari rikomeye ku rugendo rwabo.

Icyakora ibi byose byabaga Kina Music yashinzwe ndetse ikanayoborwa na Clement Ishimwe, ikomeye ku mahame n’amabwiriza abagenga bigendanye n’amasezerano abahanzi bagiranaga n’ubuyobozi bwayo ariko uko iminsi ishira bigenda biyoyoka.

Ku ikubitiro Christopher Muneza yasohotse muri Kina Music, bidatinze Dream Boys bari bakunzwe icyo gihe baratandukana, TMC aragenda icyakora Platin arasigara.

Nyuma yabo, muri Kina Music hinjiyemo Igor Mabano na Nel Ngabo basangamo Butera Knowless, Tom Close, na Platin.P.

Kugeza ubu uramutse ushishoje imikorere n’imukoranire y’aba biganjemo abamaze gufatisha muri uyu muziki ubona ko usibye Butera Knowless na Nel Ngabo bigaragara ko bakiri kumwe na Kina Music abandi ubona ko barimo batarimo.

​Kuva Platin P yatangira gukorana na Innox Entertainment bigaragara ko atakiri muri Kina Music.

​Kuva aho Butera Knowless asohoye album ‘Inzora’ igakurikirwa ni iza Nel Ngabo 2, nta mishinga irambye Igor Mabano agifitanye na Kina Music

​Kuva aho Tom Close asohoreye album ye ya 8 ikagaragaraho abatunganya umuziki benshi batari abo muri Kina Music, ndetse abinyujije mu nyandiko yashyize hanze akanagaragaza ko hari ikitwa Tom Close EA Management, byerekanye ko uyu na we atakiri muri Kina Music.

Icyakora ibi biba nta n’umwe muri aba weruye ngo avuge ko yavuye muri Kina Music, ahanini bigaterwa n’ubushuti bwubatswe n’aba bahuri muri iyi nzu y’umuziki.

Yari imaze kuba nk’umuryango

Joby JOSHUA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Uko babiri bafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze ‘Liquor’ z’akayabo ka za Miliyoni

Next Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Related Posts

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda mu ndirimbo z’Imana agiye kurushingana na mugenzi we w’umuririmbyi

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, agiye gukora ubukwe na Sharon Gatete na we usanzwe...

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

Umuhanzikazi Vestine umaze amezi atanu asezeranye yakorewe ibirori bibanziria ubukwe (AMAFOTO)

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzikazi Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we Dorcas, yakorewe ibirori byo gusezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’ nyuma y’igihe...

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

Andi makuru avugwa ku isezera ry’umwe mu bahanzi bari mu bitaramo ‘Iwacu Muzika Festival’

by radiotv10
23/06/2025
0

Umuhanzi Kevin Kade yamaze kuva mu bazasusurutsa abantu mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2025, kubera ikindi gikorwa azitabira...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

by radiotv10
20/06/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa uri mu bagize abakunzi benshi muri muzika nyarwanda, yatangaje ko nyuma y’imyaka 12 aba hanze y’u Rwanda,...

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

Chorale de Kigali yizeye kuzongera kubona Madamu Jeannette Kagame mu gitaramo cyayo

by radiotv10
20/06/2025
0

Chorale de Kigali ifite igitaramo mu mpere z’iki cyumweru yashimiye Madamu Jeannette Kagame waje mu gitaramo cyabo giheruka, ikavuga kandi...

IZIHERUKA

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo
FOOTBALL

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

25/06/2025
Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

25/06/2025
Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

Umugabo yakoreye mu bukwe bwe ibyasigiye ababutashye urujijo bamwe baranabiseka

25/06/2025
Ubutumwa u Rwanda rwageneye Qatar nyuma y’igitero cya Misile yarashweho na Iran

Ubutumwa u Rwanda rwageneye Qatar nyuma y’igitero cya Misile yarashweho na Iran

25/06/2025
Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

Urubyiruko rw’u Rwanda rurasabwa kubyaza umusaruro amahirwe yo gushora imari mu Isoko ry’Imari n’Imigabane

25/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Rwanda’s youth urged to seize investment opportunities at Capital Market Youth Forum 2025

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.