Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?

radiotv10by radiotv10
11/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Label ikomeye mu Rwanda kuki ibyayo biyoyoka ariko bikagirwa ubwiru?
Share on FacebookShare on Twitter

Izina ‘Kina Music’ ni rimwe mu rizwi n’abakunzi ba muzika nyarwanda, atari uko ari iry’umuhanzi wamamaye cyangwa igihangano cyakunzwe na benshi, ahubwo ni inzu ifasha abahanzi, yanyuzemo benshi banayibayemo nk’abavandimwe ariko ubu ikaba isigayemo ngerere. Kuki byageze aha ariko abayivamo bose bakaryumaho?

Kuva muri 2009 mu Rwanda, hatangiye Kina Music isanzwe ari inzu ifasha abahanzi ndetse ikanatunganya umuziki.

Uko imyaka yagiye ishira ni ko iyi nzu yagiye ijyamo abahanzi bakomeye mu Rwanda, ndetse bagasohora ibihangano byanyuze amatwi y’abatari bacye.

Uru rugo rw’umuziki rwanyuzemo benshi mu bakunzwe mu Rwanda ndetse bamwe mu banyuze muri Kina Music biragoye kuyibagirwa kuko yashyize itafari rikomeye ku rugendo rwabo.

Icyakora ibi byose byabaga Kina Music yashinzwe ndetse ikanayoborwa na Clement Ishimwe, ikomeye ku mahame n’amabwiriza abagenga bigendanye n’amasezerano abahanzi bagiranaga n’ubuyobozi bwayo ariko uko iminsi ishira bigenda biyoyoka.

Ku ikubitiro Christopher Muneza yasohotse muri Kina Music, bidatinze Dream Boys bari bakunzwe icyo gihe baratandukana, TMC aragenda icyakora Platin arasigara.

Nyuma yabo, muri Kina Music hinjiyemo Igor Mabano na Nel Ngabo basangamo Butera Knowless, Tom Close, na Platin.P.

Kugeza ubu uramutse ushishoje imikorere n’imukoranire y’aba biganjemo abamaze gufatisha muri uyu muziki ubona ko usibye Butera Knowless na Nel Ngabo bigaragara ko bakiri kumwe na Kina Music abandi ubona ko barimo batarimo.

​Kuva Platin P yatangira gukorana na Innox Entertainment bigaragara ko atakiri muri Kina Music.

​Kuva aho Butera Knowless asohoye album ‘Inzora’ igakurikirwa ni iza Nel Ngabo 2, nta mishinga irambye Igor Mabano agifitanye na Kina Music

​Kuva aho Tom Close asohoreye album ye ya 8 ikagaragaraho abatunganya umuziki benshi batari abo muri Kina Music, ndetse abinyujije mu nyandiko yashyize hanze akanagaragaza ko hari ikitwa Tom Close EA Management, byerekanye ko uyu na we atakiri muri Kina Music.

Icyakora ibi biba nta n’umwe muri aba weruye ngo avuge ko yavuye muri Kina Music, ahanini bigaterwa n’ubushuti bwubatswe n’aba bahuri muri iyi nzu y’umuziki.

Yari imaze kuba nk’umuryango

Joby JOSHUA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Uko babiri bafatanywe umurundo wa magendu y’inzoga zikaze ‘Liquor’ z’akayabo ka za Miliyoni

Next Post

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Umunyafurika wakiniraga ikipe ikomeye mu Bwongereza ibye na yo byashyizweho akadomo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.