Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Leta y'u Burundi yanyomoje ibya Coup d’état

Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Itumanaho, Ikoranabuhanga n’Itangazamakuru mu Burundi yanyomoje amakuru yavugwaga ko hari ubwoba bw’uko hashobora kuba coup d’état.

Amakuru yatangiye kuvugwa nyuma y’aho umutekano wakajijwe ku cyicaro cya Radiyo na Telviziyo y’u Burundi (RTNB), hagashyirwa bariyeri icunzwe n’abasirikare bo muri brigade idasanzwe ishinzwe kurinda inzego z’ubuyobozi.

Nta modoka z’akazi cyangwa iz’abantu ku giti cyabo zari zemerewe gutambuka zidasatswe hakoreshejwe imbwa za polisi.

Umwe mu bakozi b’iki kigo yabwiye itangazamakuru ko uburyo umutekano wari ucunzwe bitari bisanzwe.

Ati “Maze imyaka irenga 20 nkorera Radiyo na Televiziyo, sinigeze na rimwe mbona imbwa zifashishwa na polisi ku marembo. Ikindi sinigeze mbona abakozi b’ikigo cya leta bagirirwa amakenga kugera kuri uru rwego.”

Undi munyamakuru ukurikiranira hafi ibibera mu ishyaka riri ku butegetsi n’izindi nzego za leta, yabwiye SOS Media Burundi ko kuri ubu Perezida Ndayishimiye nta muntu n’umwe yizera muri iki gihe.

Ati “Muri iyi minsi Perezida akora wenyine. Bisa nk’aho abaminisitiri nta kazi bafite. Ni yo mpamvu tubona amara iminsi yinuba ariko ntihagire igikorwa. Ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze mu gihe cya Nkurunziza. Hari abantu bake bashobora kwitangira Perezida Ndayishimiye. Agomba gukora ibishoboka byose ngo yikingire.”

Itangazo rya Minisiteri Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru, ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu rinyomoza iby’amakuru y’umutekano muke.

Rigira riti “Bitandukanye n’ibihuha byakwirakwijwe kuva ejo hashize byerekeye ikibazo cy’umutekano muke kuri Radiyo na Televiziyo, Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Kuva mu 2015 haburizwamo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Burundi, imodoka z’akazi ngo ni zo zemerewe kwinjira ku cyicaro cya Radiyo na Televiziyo y’u Burundi. Imodoka z’abantu ku giti cyabo zigomba guhabwa uruhushya rwihariye kugira ngo zibashe kuhinjira.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Next Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years
IMYIDAGADURO

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

“U Burundi ni ikipe ikomeye” - Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Amashusho: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.