Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Leta y'u Burundi yanyomoje ibya Coup d’état

Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Itumanaho, Ikoranabuhanga n’Itangazamakuru mu Burundi yanyomoje amakuru yavugwaga ko hari ubwoba bw’uko hashobora kuba coup d’état.

Amakuru yatangiye kuvugwa nyuma y’aho umutekano wakajijwe ku cyicaro cya Radiyo na Telviziyo y’u Burundi (RTNB), hagashyirwa bariyeri icunzwe n’abasirikare bo muri brigade idasanzwe ishinzwe kurinda inzego z’ubuyobozi.

Nta modoka z’akazi cyangwa iz’abantu ku giti cyabo zari zemerewe gutambuka zidasatswe hakoreshejwe imbwa za polisi.

Umwe mu bakozi b’iki kigo yabwiye itangazamakuru ko uburyo umutekano wari ucunzwe bitari bisanzwe.

Ati “Maze imyaka irenga 20 nkorera Radiyo na Televiziyo, sinigeze na rimwe mbona imbwa zifashishwa na polisi ku marembo. Ikindi sinigeze mbona abakozi b’ikigo cya leta bagirirwa amakenga kugera kuri uru rwego.”

Undi munyamakuru ukurikiranira hafi ibibera mu ishyaka riri ku butegetsi n’izindi nzego za leta, yabwiye SOS Media Burundi ko kuri ubu Perezida Ndayishimiye nta muntu n’umwe yizera muri iki gihe.

Ati “Muri iyi minsi Perezida akora wenyine. Bisa nk’aho abaminisitiri nta kazi bafite. Ni yo mpamvu tubona amara iminsi yinuba ariko ntihagire igikorwa. Ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze mu gihe cya Nkurunziza. Hari abantu bake bashobora kwitangira Perezida Ndayishimiye. Agomba gukora ibishoboka byose ngo yikingire.”

Itangazo rya Minisiteri Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru, ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu rinyomoza iby’amakuru y’umutekano muke.

Rigira riti “Bitandukanye n’ibihuha byakwirakwijwe kuva ejo hashize byerekeye ikibazo cy’umutekano muke kuri Radiyo na Televiziyo, Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Kuva mu 2015 haburizwamo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Burundi, imodoka z’akazi ngo ni zo zemerewe kwinjira ku cyicaro cya Radiyo na Televiziyo y’u Burundi. Imodoka z’abantu ku giti cyabo zigomba guhabwa uruhushya rwihariye kugira ngo zibashe kuhinjira.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Next Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Related Posts

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

“U Burundi ni ikipe ikomeye” - Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.