Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

radiotv10by radiotv10
17/09/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Leta y’u Burundi yanyomoje amakuru ya Coup d’état yavuzwe

Leta y'u Burundi yanyomoje ibya Coup d’état

Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Itumanaho, Ikoranabuhanga n’Itangazamakuru mu Burundi yanyomoje amakuru yavugwaga ko hari ubwoba bw’uko hashobora kuba coup d’état.

Amakuru yatangiye kuvugwa nyuma y’aho umutekano wakajijwe ku cyicaro cya Radiyo na Telviziyo y’u Burundi (RTNB), hagashyirwa bariyeri icunzwe n’abasirikare bo muri brigade idasanzwe ishinzwe kurinda inzego z’ubuyobozi.

Nta modoka z’akazi cyangwa iz’abantu ku giti cyabo zari zemerewe gutambuka zidasatswe hakoreshejwe imbwa za polisi.

Umwe mu bakozi b’iki kigo yabwiye itangazamakuru ko uburyo umutekano wari ucunzwe bitari bisanzwe.

Ati “Maze imyaka irenga 20 nkorera Radiyo na Televiziyo, sinigeze na rimwe mbona imbwa zifashishwa na polisi ku marembo. Ikindi sinigeze mbona abakozi b’ikigo cya leta bagirirwa amakenga kugera kuri uru rwego.”

Undi munyamakuru ukurikiranira hafi ibibera mu ishyaka riri ku butegetsi n’izindi nzego za leta, yabwiye SOS Media Burundi ko kuri ubu Perezida Ndayishimiye nta muntu n’umwe yizera muri iki gihe.

Ati “Muri iyi minsi Perezida akora wenyine. Bisa nk’aho abaminisitiri nta kazi bafite. Ni yo mpamvu tubona amara iminsi yinuba ariko ntihagire igikorwa. Ibintu bitandukanye n’uko byari bimeze mu gihe cya Nkurunziza. Hari abantu bake bashobora kwitangira Perezida Ndayishimiye. Agomba gukora ibishoboka byose ngo yikingire.”

Itangazo rya Minisiteri Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru, ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu rinyomoza iby’amakuru y’umutekano muke.

Rigira riti “Bitandukanye n’ibihuha byakwirakwijwe kuva ejo hashize byerekeye ikibazo cy’umutekano muke kuri Radiyo na Televiziyo, Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru iramenyesha abaturage ko nta kidasanzwe cyabaye. Umutekano wa RTNB usanzwe uri mu nshingano z’igisirikare cy’u Burundi.”

Kuva mu 2015 haburizwamo ihirikwa ry’ubutegetsi mu Burundi, imodoka z’akazi ngo ni zo zemerewe kwinjira ku cyicaro cya Radiyo na Televiziyo y’u Burundi. Imodoka z’abantu ku giti cyabo zigomba guhabwa uruhushya rwihariye kugira ngo zibashe kuhinjira.

Radiotv10Rwanda

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 13 =

Previous Post

Libya : Abasaga ibihumbi 250 bakeneye ubufasha bw’ibanze

Next Post

“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“U Burundi ni ikipe ikomeye” – Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

“U Burundi ni ikipe ikomeye” - Nyinawumuntu Grace nyuma yo kuganya nayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.