Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 irengeje itariki yahawe hacura iki?- Hatabayeho gushishoza icyakurikiraho cyaba kibi kurushaho

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko mu gihe umutwe wa M23 utakubahiriza ibyo wasabwe, hakaba hakoreshwa imbaraga z’amasasu, ibintu byaba bibi kurushaho, akagaragaza ko hari hakwiye gushakwa umuti w’icyatumye havuka uyu mutwe.

Umwanzuro wa gatandatu wavuye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Addis Ababa mu cyumweru gishize, usaba umutwe wa M23 guhagarika ibitero.

Aba Bakuru b’Ibihugu kandi basabye M23 kuba yavuye mu bice yafashe bitarenze tariki 30 Werurwe 2023. Abakuru b’Ibihugu kandi bihaye umukoro wo kuzavugisha abayobozi ba M23 bakabasaba kubahiriza uwo mwanzuro.

Gusa Umuvugizi Wungirije wa M23, Canisius Munyarugerero aherutse kubwira RADIOTV10 ko uriya mwanzuro wafatiwe uyu mutwe, utawureba ahubwo ko ukwiye kuba ureba imitwe y’abavamahanga iri muri Congo.

Icyo gihe yagize ati “Ahubwo se kiraturebaho [icyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo za EAC] iki? Ucumbitse n’uri iwe, usohoka mbere ni inde? Nyiri urugo ni we usohoka? None se reka nkubaze, njyewe uri iwacu na FDLR waje ari umwimukira, umucumbitsi ni inde?”

Nubwo Abakuru b’Ibihugu batagaragaje ikizakurikira mu gihe iyi mitwe irimo M23 itakukubahiriza ibyo yasabwe mu gihe yahawe, bakomeje gusaba ko Ibihugu bigize EAC byohereza ingabo zigomba kujya muri Congo.

Hari bamwe bakeka ko izi ngabo zishobora kuzatangiza ibitero kuri iyi mitwe, mu gihe yaba itashyize mu bikorwa imyanzuro yafashwe.

Gusa umusesenguzi mu bya Politiki, Alexis Nizeyimana avuga ko iriya myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu itarimo igisubizo nyirizina, ariko ko ubwabyo na byo atari ikibazo.

Ati “Ikibazo si ukuvuga ngo batanze amatariki, hanyuma bavuge ngo nibitaba bizagenda gutya, ikibazo kiri kuvuga ngo ‘ni iki cyatumye iyi mitwe cyane cyane iriya y’abanyekongo ivuka?’ Hanyuma ‘ese icyatumye ivuka cyakemutse?’ ni ho hari ipfundo.”

Avuga ko no kuba habaho ibitero byo gutsintsura iyi mitwe na byo ubwabyo bitatanga igisubizo. Ati “Ushobora kugaba ibitero, ariko se urugamba ni urugamba ntiwamenya uko bizagenda, ikindi kandi na yo ni intambara waba wongeye ku zindi.”

Uyu musesenguzi avuga ko byapfiriye ku kuba mu nama zose zabayeho baravugwaga imitwe yitwaje intwaro ariko hakumvikana M23 gusa.

Ati “Iryo ni ikosa rya mbere, ntabwo ari wo mutwe wonyine witwaje intwaro uri hariya, icya kabiri ni ukureba ngo M23 yavutse kubera iki.”

Avuga ko n’izindi nama zose ziba zivuga ko zishyigikiye amasezerano ya Nairobi n’i Luanda kuko yagaragazaga uburyo ikibazo cyakemuka gihereye mu mizi yacyo.

Ati “Rero Leta ya Congo ntabwo yigeze ibyemera, hari abo yaheje kandi ari bo ishaka ko bashyira hasi intwaro, ni ukuvuga ngo abo ishaka ko bashyira intwaro hasi ni bo yanze ko baganira, ibyo bitabaye baguma muri urwo ruziga rwo kwizengurukaho.”

Umutwe wa M23 wari waratangiye gushyira mu bikorwa ibyo wagiye usabwa byo kurekura bimwe mu bice wafashe, uvuga ko wagiye uhura n’imbogamizi zo kuba FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje ndetse n’abacancuro, bakomeje kuwugabaho ibitero, kandi ko bitaza ngo ukomeze kwipfumbata kuko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage bari mu bice urimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nine =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Next Post

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.