Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 irengeje itariki yahawe hacura iki?- Hatabayeho gushishoza icyakurikiraho cyaba kibi kurushaho

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko mu gihe umutwe wa M23 utakubahiriza ibyo wasabwe, hakaba hakoreshwa imbaraga z’amasasu, ibintu byaba bibi kurushaho, akagaragaza ko hari hakwiye gushakwa umuti w’icyatumye havuka uyu mutwe.

Umwanzuro wa gatandatu wavuye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Addis Ababa mu cyumweru gishize, usaba umutwe wa M23 guhagarika ibitero.

Aba Bakuru b’Ibihugu kandi basabye M23 kuba yavuye mu bice yafashe bitarenze tariki 30 Werurwe 2023. Abakuru b’Ibihugu kandi bihaye umukoro wo kuzavugisha abayobozi ba M23 bakabasaba kubahiriza uwo mwanzuro.

Gusa Umuvugizi Wungirije wa M23, Canisius Munyarugerero aherutse kubwira RADIOTV10 ko uriya mwanzuro wafatiwe uyu mutwe, utawureba ahubwo ko ukwiye kuba ureba imitwe y’abavamahanga iri muri Congo.

Icyo gihe yagize ati “Ahubwo se kiraturebaho [icyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo za EAC] iki? Ucumbitse n’uri iwe, usohoka mbere ni inde? Nyiri urugo ni we usohoka? None se reka nkubaze, njyewe uri iwacu na FDLR waje ari umwimukira, umucumbitsi ni inde?”

Nubwo Abakuru b’Ibihugu batagaragaje ikizakurikira mu gihe iyi mitwe irimo M23 itakukubahiriza ibyo yasabwe mu gihe yahawe, bakomeje gusaba ko Ibihugu bigize EAC byohereza ingabo zigomba kujya muri Congo.

Hari bamwe bakeka ko izi ngabo zishobora kuzatangiza ibitero kuri iyi mitwe, mu gihe yaba itashyize mu bikorwa imyanzuro yafashwe.

Gusa umusesenguzi mu bya Politiki, Alexis Nizeyimana avuga ko iriya myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu itarimo igisubizo nyirizina, ariko ko ubwabyo na byo atari ikibazo.

Ati “Ikibazo si ukuvuga ngo batanze amatariki, hanyuma bavuge ngo nibitaba bizagenda gutya, ikibazo kiri kuvuga ngo ‘ni iki cyatumye iyi mitwe cyane cyane iriya y’abanyekongo ivuka?’ Hanyuma ‘ese icyatumye ivuka cyakemutse?’ ni ho hari ipfundo.”

Avuga ko no kuba habaho ibitero byo gutsintsura iyi mitwe na byo ubwabyo bitatanga igisubizo. Ati “Ushobora kugaba ibitero, ariko se urugamba ni urugamba ntiwamenya uko bizagenda, ikindi kandi na yo ni intambara waba wongeye ku zindi.”

Uyu musesenguzi avuga ko byapfiriye ku kuba mu nama zose zabayeho baravugwaga imitwe yitwaje intwaro ariko hakumvikana M23 gusa.

Ati “Iryo ni ikosa rya mbere, ntabwo ari wo mutwe wonyine witwaje intwaro uri hariya, icya kabiri ni ukureba ngo M23 yavutse kubera iki.”

Avuga ko n’izindi nama zose ziba zivuga ko zishyigikiye amasezerano ya Nairobi n’i Luanda kuko yagaragazaga uburyo ikibazo cyakemuka gihereye mu mizi yacyo.

Ati “Rero Leta ya Congo ntabwo yigeze ibyemera, hari abo yaheje kandi ari bo ishaka ko bashyira hasi intwaro, ni ukuvuga ngo abo ishaka ko bashyira intwaro hasi ni bo yanze ko baganira, ibyo bitabaye baguma muri urwo ruziga rwo kwizengurukaho.”

Umutwe wa M23 wari waratangiye gushyira mu bikorwa ibyo wagiye usabwa byo kurekura bimwe mu bice wafashe, uvuga ko wagiye uhura n’imbogamizi zo kuba FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje ndetse n’abacancuro, bakomeje kuwugabaho ibitero, kandi ko bitaza ngo ukomeze kwipfumbata kuko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage bari mu bice urimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + fifteen =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Next Post

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.