Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 irengeje itariki yahawe hacura iki?- Hatabayeho gushishoza icyakurikiraho cyaba kibi kurushaho

radiotv10by radiotv10
21/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya Politiki avuga ko mu gihe umutwe wa M23 utakubahiriza ibyo wasabwe, hakaba hakoreshwa imbaraga z’amasasu, ibintu byaba bibi kurushaho, akagaragaza ko hari hakwiye gushakwa umuti w’icyatumye havuka uyu mutwe.

Umwanzuro wa gatandatu wavuye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Addis Ababa mu cyumweru gishize, usaba umutwe wa M23 guhagarika ibitero.

Aba Bakuru b’Ibihugu kandi basabye M23 kuba yavuye mu bice yafashe bitarenze tariki 30 Werurwe 2023. Abakuru b’Ibihugu kandi bihaye umukoro wo kuzavugisha abayobozi ba M23 bakabasaba kubahiriza uwo mwanzuro.

Gusa Umuvugizi Wungirije wa M23, Canisius Munyarugerero aherutse kubwira RADIOTV10 ko uriya mwanzuro wafatiwe uyu mutwe, utawureba ahubwo ko ukwiye kuba ureba imitwe y’abavamahanga iri muri Congo.

Icyo gihe yagize ati “Ahubwo se kiraturebaho [icyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo za EAC] iki? Ucumbitse n’uri iwe, usohoka mbere ni inde? Nyiri urugo ni we usohoka? None se reka nkubaze, njyewe uri iwacu na FDLR waje ari umwimukira, umucumbitsi ni inde?”

Nubwo Abakuru b’Ibihugu batagaragaje ikizakurikira mu gihe iyi mitwe irimo M23 itakukubahiriza ibyo yasabwe mu gihe yahawe, bakomeje gusaba ko Ibihugu bigize EAC byohereza ingabo zigomba kujya muri Congo.

Hari bamwe bakeka ko izi ngabo zishobora kuzatangiza ibitero kuri iyi mitwe, mu gihe yaba itashyize mu bikorwa imyanzuro yafashwe.

Gusa umusesenguzi mu bya Politiki, Alexis Nizeyimana avuga ko iriya myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu itarimo igisubizo nyirizina, ariko ko ubwabyo na byo atari ikibazo.

Ati “Ikibazo si ukuvuga ngo batanze amatariki, hanyuma bavuge ngo nibitaba bizagenda gutya, ikibazo kiri kuvuga ngo ‘ni iki cyatumye iyi mitwe cyane cyane iriya y’abanyekongo ivuka?’ Hanyuma ‘ese icyatumye ivuka cyakemutse?’ ni ho hari ipfundo.”

Avuga ko no kuba habaho ibitero byo gutsintsura iyi mitwe na byo ubwabyo bitatanga igisubizo. Ati “Ushobora kugaba ibitero, ariko se urugamba ni urugamba ntiwamenya uko bizagenda, ikindi kandi na yo ni intambara waba wongeye ku zindi.”

Uyu musesenguzi avuga ko byapfiriye ku kuba mu nama zose zabayeho baravugwaga imitwe yitwaje intwaro ariko hakumvikana M23 gusa.

Ati “Iryo ni ikosa rya mbere, ntabwo ari wo mutwe wonyine witwaje intwaro uri hariya, icya kabiri ni ukureba ngo M23 yavutse kubera iki.”

Avuga ko n’izindi nama zose ziba zivuga ko zishyigikiye amasezerano ya Nairobi n’i Luanda kuko yagaragazaga uburyo ikibazo cyakemuka gihereye mu mizi yacyo.

Ati “Rero Leta ya Congo ntabwo yigeze ibyemera, hari abo yaheje kandi ari bo ishaka ko bashyira hasi intwaro, ni ukuvuga ngo abo ishaka ko bashyira intwaro hasi ni bo yanze ko baganira, ibyo bitabaye baguma muri urwo ruziga rwo kwizengurukaho.”

Umutwe wa M23 wari waratangiye gushyira mu bikorwa ibyo wagiye usabwa byo kurekura bimwe mu bice wafashe, uvuga ko wagiye uhura n’imbogamizi zo kuba FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje ndetse n’abacancuro, bakomeje kuwugabaho ibitero, kandi ko bitaza ngo ukomeze kwipfumbata kuko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage bari mu bice urimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyubozi bukuru bwa Polisi

Next Post

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Icyatumye umuhanzi ukunzwe mu Rwanda ahamagazwa na RIB cyamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.