Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gufatirwa ibyemezo ugomba kubahiriza bitarenze kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo birimo guhagarika kugaba ibitero no gusubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, kandi bigakorwa ku bugenzuzi bwa FARDC.

Ni ibyemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola, yatumijwe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço washyizweho nk’umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama yitabiriwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Yarimo kandi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye EAC ndetse na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, wahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gukemura ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama kandi yanitabiriwe na Michelle Ndiaye uhagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imyanzuro y’iyi nama yasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, irimo ireba umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Umwanzuro wa mbere, uvuga ko imirwano igomba guhagarara muri rusange “byumwihariko ibitero bya M23 igaba kuri FARDC no kuri MONUSCO guhera ku wa Gatanu tariki 25 ugushyingo 2022 saa 18h00.”

Umwanzuro wa kabiri usaba ko hubahirizwa mu buryo bwuzuye ibyemezo byafatiwe mu biganiro by’i Nairobi muri Kenya byabaye tariki 21 Mata na 20 Kamena 2022 ndetse n’ibiganiro by’i Luanda byabaye tariki 06 Nyakanga 2022 ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera i Burundi.

Iyi myanzuro kandi yanzuye ko umwanzuro wo kohereza ingabo za EAC muri Congo wubahirizwa mu buryo bwuzuye.

Umwanzuro wa kane usaba “M23 kurekura ibice byose wafashe ugasubira mu birindiro wahozemo muri Sabyinyo ku ruhande rwa DRC, bigakurikiranwa na FARDC, ingabo z’akarere ndetse n’itsinda rihuriweho, ku bufatanye na MONUSCO.”

Harimo umwanzuro kandi usaba imitwe nka FDLR-FOCA, RED-TABARA na ADF ndetse n’indi yose yitwaje intwaro ifite ibirindiro ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro vuba na bwangu igataha mu bihugu ikomokamo nkuko byemerejwe i Nairobi.

Umutwe wa M23 ugomba kwamburwa intwaro, nanone bigakurikiranwa n’igisirikare cya Congo ndetse n’ingabo bazafatanya zirimo izo mu karere.

Iyi myanzuro kandi yasabye ko hasubukurwa ibiganiro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano w’ibi Bihugu hifashishijwe inzira za dipolomasi kandi bikongera kubana neza.

Ni inama yatumiwemo u Rwanda na DRC
Yatumijwe na Perezida wa Angola

RADIOTV10

Comments 1

  1. M23 says:
    3 years ago

    Reka ngibaze mbe munyamakuru, kubwawe wumva nje M23 nasubira mwishamba ngazatungwa nigiki?

    Icakabili, iyo 1994 Ingotanyi zisubizwa muvirunga wowe Mr Journaliste uba uriho? Is oui, uba uriho gute? He he? We bwana nibareke gukina nubuzima bwabandu. Turababaye. Muje muraahimira SE Paul Kagame ingotanyi nguru kuko yabakoreye ibikomeye none named murijimye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 10 =

Previous Post

Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu akoresha imvugo igezweho mu bato b’i Kigali

Next Post

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.