Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye gufatirwa ibyemezo ugomba kubahiriza bitarenze kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ugushyingo birimo guhagarika kugaba ibitero no gusubira mu birindiro byawo muri Sabyinyo, kandi bigakorwa ku bugenzuzi bwa FARDC.

Ni ibyemezo byafatiwe mu nama yabereye i Luanda muri Angola, yatumijwe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço washyizweho nk’umuhuza mu bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni inama yitabiriwe na Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wari uhagarariye Perezida Paul Kagame.

Yarimo kandi Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye EAC ndetse na Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, wahawe inshingano zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yo gukemura ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Iyi nama kandi yanitabiriwe na Michelle Ndiaye uhagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Imyanzuro y’iyi nama yasohotse mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ugushyingo 2022, irimo ireba umutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye na FARDC.

Umwanzuro wa mbere, uvuga ko imirwano igomba guhagarara muri rusange “byumwihariko ibitero bya M23 igaba kuri FARDC no kuri MONUSCO guhera ku wa Gatanu tariki 25 ugushyingo 2022 saa 18h00.”

Umwanzuro wa kabiri usaba ko hubahirizwa mu buryo bwuzuye ibyemezo byafatiwe mu biganiro by’i Nairobi muri Kenya byabaye tariki 21 Mata na 20 Kamena 2022 ndetse n’ibiganiro by’i Luanda byabaye tariki 06 Nyakanga 2022 ndetse n’imyanzuro yafatiwe mu nama iherutse kubera i Burundi.

Iyi myanzuro kandi yanzuye ko umwanzuro wo kohereza ingabo za EAC muri Congo wubahirizwa mu buryo bwuzuye.

Umwanzuro wa kane usaba “M23 kurekura ibice byose wafashe ugasubira mu birindiro wahozemo muri Sabyinyo ku ruhande rwa DRC, bigakurikiranwa na FARDC, ingabo z’akarere ndetse n’itsinda rihuriweho, ku bufatanye na MONUSCO.”

Harimo umwanzuro kandi usaba imitwe nka FDLR-FOCA, RED-TABARA na ADF ndetse n’indi yose yitwaje intwaro ifite ibirindiro ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gushyira hasi intwaro vuba na bwangu igataha mu bihugu ikomokamo nkuko byemerejwe i Nairobi.

Umutwe wa M23 ugomba kwamburwa intwaro, nanone bigakurikiranwa n’igisirikare cya Congo ndetse n’ingabo bazafatanya zirimo izo mu karere.

Iyi myanzuro kandi yasabye ko hasubukurwa ibiganiro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda mu rwego rwo gusubiza mu buryo umubano w’ibi Bihugu hifashishijwe inzira za dipolomasi kandi bikongera kubana neza.

Ni inama yatumiwemo u Rwanda na DRC
Yatumijwe na Perezida wa Angola

RADIOTV10

Comments 1

  1. M23 says:
    3 years ago

    Reka ngibaze mbe munyamakuru, kubwawe wumva nje M23 nasubira mwishamba ngazatungwa nigiki?

    Icakabili, iyo 1994 Ingotanyi zisubizwa muvirunga wowe Mr Journaliste uba uriho? Is oui, uba uriho gute? He he? We bwana nibareke gukina nubuzima bwabandu. Turababaye. Muje muraahimira SE Paul Kagame ingotanyi nguru kuko yabakoreye ibikomeye none named murijimye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 8 =

Previous Post

Mushikiwabo yongeye gusetsa abantu akoresha imvugo igezweho mu bato b’i Kigali

Next Post

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

MTN na BK batangije gahunda izafasha buri wese kubasha gutunga Smartphone

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.