Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in AMAHANGA
0
M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buravuga ko muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, ubu amahoro n’ituze ari byose, mu gihe ubwo hari mu maboko ya FARDC na FDLR, byari byaradogereye ndetse n’inyamaswa zitagisusuruka zimwe zaranahunze kubera ibikorwa bizibangamira byakorwa n’uyu mutwe, ubu zikaba ziri kugaruka.

Ni mu butumwa bwatanzwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukuboza 2024, aho yavuze ko bakomeje guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga no gusigasira urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki y’Igihugu ya Virunga ubu iri mu bice bigenzura n’uyu mutwe.

Bisimwa avuga ko nyuma yuko AFC/M23 ibohoje igice kirimo iyi Pariki, ubu ibintu biri mu buryo bwiza, ndetse ko ibinyabuzima biyirimo bikomeje kwisanga “mu gihe byari byarahahamuwe na FARDC ndetse n’abambari bayo ba FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro.”

Yavuze ko icyatumaga izi nyamaswa zibaho zidatekanye, ari ukuba aba barwanyi b’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa byumwihariko FDLR, batemaga ibiti muri iyi Pariki bakabitwikamo amakara, aho ibi bikorwa byonyine byabinjirizaga arenga miliyoni 100 z’amadolari nk’uko byagaragajwe mu cyegeranyo cy’Umuryango w’Abibumbye.

Yakomeje agaragaza ibyo bashyize imbere nyuma yuko iyi Pariki ibohojwe na M23, birimo kugarura umutekano muri iyi pariki ndetse no mu nkengero zayo kimwe no kurwanya ba rushimusi.

Nanone kandi inyamaswa zari zaracitse muri iyi Pariki ziri kugarurwa, ndetse ko bishimangirwa no kuba “zimwe muri zo zigaragara ku mihanda zishimiye ituze, ndetse bikanyura abarwanyi b’uyu mutwe wa M23.”

Betrand Bisimwa yagize ati “Twishimira kubona ubwoko bw’ingangi, imvubu, Impala ndetse n’Intare zimwe na zimwe.” Ibi kandi binagaragazwa mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, aho inyamaswa zirimo ingagi ziba ziri kwidegembya mu muhanda, ubwo abarwanyi ba M23 baba bari gutambuka.

Yavuze kandi bashyizeho gahunda yo kurinda imbibi z’iyi Pariki kugira ngo abaturage badakora ibikorwa by’ubuhinzi byayibangamira kimwe no kuyitashyamo inkwi.

Yavuze ko hari na gahunda yo kubaka uruzitiro rw’iyi Pariki y’Igihugu ya Virunga, kugira ngo inyamaswa ziyirimo zitajya konera abaturage bayituriye, bityo na bo babeho batekanye.

Ngo hari na gahunda y’ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kubaha iyi pariki ndetse n’umusaruro uyivamo w’amadevize, ukagira uruhare mu iterambere ryabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − thirteen =

Previous Post

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya 'couple' y’ibyamamare yakunzwe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.