Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in AMAHANGA
0
M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buravuga ko muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, ubu amahoro n’ituze ari byose, mu gihe ubwo hari mu maboko ya FARDC na FDLR, byari byaradogereye ndetse n’inyamaswa zitagisusuruka zimwe zaranahunze kubera ibikorwa bizibangamira byakorwa n’uyu mutwe, ubu zikaba ziri kugaruka.

Ni mu butumwa bwatanzwe na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukuboza 2024, aho yavuze ko bakomeje guteza imbere ibikorwa byo kubungabunga no gusigasira urusobe rw’ibinyabuzima muri Pariki y’Igihugu ya Virunga ubu iri mu bice bigenzura n’uyu mutwe.

Bisimwa avuga ko nyuma yuko AFC/M23 ibohoje igice kirimo iyi Pariki, ubu ibintu biri mu buryo bwiza, ndetse ko ibinyabuzima biyirimo bikomeje kwisanga “mu gihe byari byarahahamuwe na FARDC ndetse n’abambari bayo ba FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro.”

Yavuze ko icyatumaga izi nyamaswa zibaho zidatekanye, ari ukuba aba barwanyi b’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa byumwihariko FDLR, batemaga ibiti muri iyi Pariki bakabitwikamo amakara, aho ibi bikorwa byonyine byabinjirizaga arenga miliyoni 100 z’amadolari nk’uko byagaragajwe mu cyegeranyo cy’Umuryango w’Abibumbye.

Yakomeje agaragaza ibyo bashyize imbere nyuma yuko iyi Pariki ibohojwe na M23, birimo kugarura umutekano muri iyi pariki ndetse no mu nkengero zayo kimwe no kurwanya ba rushimusi.

Nanone kandi inyamaswa zari zaracitse muri iyi Pariki ziri kugarurwa, ndetse ko bishimangirwa no kuba “zimwe muri zo zigaragara ku mihanda zishimiye ituze, ndetse bikanyura abarwanyi b’uyu mutwe wa M23.”

Betrand Bisimwa yagize ati “Twishimira kubona ubwoko bw’ingangi, imvubu, Impala ndetse n’Intare zimwe na zimwe.” Ibi kandi binagaragazwa mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, aho inyamaswa zirimo ingagi ziba ziri kwidegembya mu muhanda, ubwo abarwanyi ba M23 baba bari gutambuka.

Yavuze kandi bashyizeho gahunda yo kurinda imbibi z’iyi Pariki kugira ngo abaturage badakora ibikorwa by’ubuhinzi byayibangamira kimwe no kuyitashyamo inkwi.

Yavuze ko hari na gahunda yo kubaka uruzitiro rw’iyi Pariki y’Igihugu ya Virunga, kugira ngo inyamaswa ziyirimo zitajya konera abaturage bayituriye, bityo na bo babeho batekanye.

Ngo hari na gahunda y’ubukangurambaga bwo gushishikariza abaturage kubaha iyi pariki ndetse n’umusaruro uyivamo w’amadevize, ukagira uruhare mu iterambere ryabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 13 =

Previous Post

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya ‘couple’ y’ibyamamare yakunzwe cyane

Amakuru agezweho kuri gatanya imaze imyaka 8 itegerejwe ya 'couple' y’ibyamamare yakunzwe cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.