Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko aho igenzura ikorana n’abaturage ibikorwa by’iterambere

radiotv10by radiotv10
19/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko aho igenzura ikorana n’abaturage ibikorwa by’iterambere
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvuga ko mu bice ugenzura nko muri Teritwari ya Rutshuru, ufatanya n’abaturage mu bikorwa bigamije imibereho myiza n’iterambere, nko gukora umuganda rusange.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, wavuze ko ku wa Gatandatu tariki 17 Gashyantare 2024, mu gace ka Mabungo mu Mujyi wa Kiwanja, ubuyobozi bwa M23 bwafatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage baho mu gikorwa cy’Umuganda.

Kanyuka yavuze ko abayobozi bitabiriye uyu muganda, barimo umuyobozi w’uyu mujyi wa Kiwanja, Camarade Julien Katembo ndetse na Komanda wa Burigade Ernest, ndetse n’Umuyobozi wa Teritwari ya Rutshuru, Prince Mpabuka.

Ubutumwa bw’Umuvugizi wa M23, buherekejwe n’amashusho n’amafoto, agaragaza bamwe mu barwanyi b’uyu mutwe bafite imbunda, bari no gukora umuganda, wo guhanga umuhanda.

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko mu gihe ubuyobozi bwa M23 bufatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere nk’iki cy’umuganda, ubufatanye bwa FARDC n’imitwe irimo FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi, bo bakorana na bo babashora mu bikorwa bibi bibangamira uburenganzira bwa bamwe mu baturage.

Yakomeje avuga ko “M23 yifuza kwizeza umutekano abaturage, kandi yizeza ko hazakomeza kubaho urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.”

Yasoje asaba abantu kudaha agaciro ibinyoma bihimbwa na FARDC, ko umutwe wa M23 ari wo uhungabanya umutekano wo mu duce tumwe.

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana mu mirwano n’uruhande rurwanira Leta ya Repubulika Iharanira Iharanira Demokarasi ya Congo, mu cyumweru gishize, wakunze kuvuga ko uru ruhande bahanganye rwagiye rurasa ibisasu biremereye mu bice bituwemo n’abaturage, ukavuga ko utazihanganira iyi myitwarire ahubwo ko uzakomeza kurwana ku baturage bugarijwe.

Uyu muganda wakozwe ku wa Gatandatu
Hamwe na bamwe mu barwanyi ba M23 bagaragaye bakora umuganda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Icyakurikiye ifatwa ry’abasirikare b’Ababiligi bagaragaye bakubitira umuntu mu kindi Gihugu

Next Post

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

U Rwanda rwashimangiye uko ruhagaze nyuma y’uko Congo yifuje kurutera ikanakomeza gukorana na FDLR

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.