Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kugaragaza imikoranire y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na FDLR, unavuga ko uherutse kwivuna abarwanyi 10 b’uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, aho uyu mutwe wagaragazaga ukuri ku bwicanyi bwakorewe mu gace ka Tongo bwari bwegetswe kuri uyu mutwe.

M23 ivuga ko aka gace ta Tongo kakunze kuba indiri y’umutwe w’iterabwobwa wa FDLR kuva mu myaka myinshi yashize ndetse ko ari wo na FARDC baherutse kuharasa ibisasu biremereye tariki 15 Ukwakira 2023, bigahitana inzirakarengane z’abasivile, abandi bagakomereka.

M23 ivuga ko mu mirwano yahabereye, yatumye abarwanyi bari ku ruhande rwa FARDC bahungira mu byerecyezo binyuranye.

Iti “Nyuma yo gutsindwa, Guverinoma ya Kinshasa nibwo yahimbye ibinyoma bya Propaganda byo kuyobya uburari no kwihunza kutabasha kugira icyo ikora.”

Uyu mutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ahabereye iyi mirwano “hari abahasize ubuzima ba FARDC, FDLR na Nyatura, barimo Lt Habiyakare ndetse n’abandi barwanyi 10 ba FDLR-FOCA muri inite ya Crap muri Segiteri ya Samariya.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko kuva muri 2022 ubwo uyu mutwe wari muri aka gace ka Tongo abaturage bako bari babayeho batekanye, ariko umutekano wabo ukaza kuzambywa n’imirwano uyu mutwe washoweho na Guverinoma ya Kinshasa.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe wongera kunenga imyitwarire y’amahanga ndetse n’abanyamakuru bakomeje guceceka ntibagire icyo bavuga ku bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorerwa bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Uyu mutwe ugaragaza ko mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa Congo bisanzwe bituyemo Abanyekongo bo mu bwoko bwibasiwe, hakorwa ibikorwa byo kubatwikira inzu babamo ndetse n’inzuri zabo no kuharasa ibisasu bya rutura bikorwa na FARDC ifatanyije na FDLR, Abacancuro, ndetse n’umutwe wiyise Wazalendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique

Next Post

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Related Posts

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Moïse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, announced that the “enemy of Uganda” who recently entered the...

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

by radiotv10
06/08/2025
0

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

08/08/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

07/08/2025
Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Abarimo uwari Umuyobozi wa WASAC batawe muri yombi hatangazwa n’ibyo bakurikiranyweho

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.