Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kugaragaza imikoranire y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na FDLR, unavuga ko uherutse kwivuna abarwanyi 10 b’uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, aho uyu mutwe wagaragazaga ukuri ku bwicanyi bwakorewe mu gace ka Tongo bwari bwegetswe kuri uyu mutwe.

M23 ivuga ko aka gace ta Tongo kakunze kuba indiri y’umutwe w’iterabwobwa wa FDLR kuva mu myaka myinshi yashize ndetse ko ari wo na FARDC baherutse kuharasa ibisasu biremereye tariki 15 Ukwakira 2023, bigahitana inzirakarengane z’abasivile, abandi bagakomereka.

M23 ivuga ko mu mirwano yahabereye, yatumye abarwanyi bari ku ruhande rwa FARDC bahungira mu byerecyezo binyuranye.

Iti “Nyuma yo gutsindwa, Guverinoma ya Kinshasa nibwo yahimbye ibinyoma bya Propaganda byo kuyobya uburari no kwihunza kutabasha kugira icyo ikora.”

Uyu mutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ahabereye iyi mirwano “hari abahasize ubuzima ba FARDC, FDLR na Nyatura, barimo Lt Habiyakare ndetse n’abandi barwanyi 10 ba FDLR-FOCA muri inite ya Crap muri Segiteri ya Samariya.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko kuva muri 2022 ubwo uyu mutwe wari muri aka gace ka Tongo abaturage bako bari babayeho batekanye, ariko umutekano wabo ukaza kuzambywa n’imirwano uyu mutwe washoweho na Guverinoma ya Kinshasa.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe wongera kunenga imyitwarire y’amahanga ndetse n’abanyamakuru bakomeje guceceka ntibagire icyo bavuga ku bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorerwa bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Uyu mutwe ugaragaza ko mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa Congo bisanzwe bituyemo Abanyekongo bo mu bwoko bwibasiwe, hakorwa ibikorwa byo kubatwikira inzu babamo ndetse n’inzuri zabo no kuharasa ibisasu bya rutura bikorwa na FARDC ifatanyije na FDLR, Abacancuro, ndetse n’umutwe wiyise Wazalendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 12 =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique

Next Post

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.