Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

radiotv10by radiotv10
26/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kugaragaza imikoranire y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) na FDLR, unavuga ko uherutse kwivuna abarwanyi 10 b’uyu mutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, aho uyu mutwe wagaragazaga ukuri ku bwicanyi bwakorewe mu gace ka Tongo bwari bwegetswe kuri uyu mutwe.

M23 ivuga ko aka gace ta Tongo kakunze kuba indiri y’umutwe w’iterabwobwa wa FDLR kuva mu myaka myinshi yashize ndetse ko ari wo na FARDC baherutse kuharasa ibisasu biremereye tariki 15 Ukwakira 2023, bigahitana inzirakarengane z’abasivile, abandi bagakomereka.

M23 ivuga ko mu mirwano yahabereye, yatumye abarwanyi bari ku ruhande rwa FARDC bahungira mu byerecyezo binyuranye.

Iti “Nyuma yo gutsindwa, Guverinoma ya Kinshasa nibwo yahimbye ibinyoma bya Propaganda byo kuyobya uburari no kwihunza kutabasha kugira icyo ikora.”

Uyu mutwe wa M23 ukomeza uvuga ko ahabereye iyi mirwano “hari abahasize ubuzima ba FARDC, FDLR na Nyatura, barimo Lt Habiyakare ndetse n’abandi barwanyi 10 ba FDLR-FOCA muri inite ya Crap muri Segiteri ya Samariya.”

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko kuva muri 2022 ubwo uyu mutwe wari muri aka gace ka Tongo abaturage bako bari babayeho batekanye, ariko umutekano wabo ukaza kuzambywa n’imirwano uyu mutwe washoweho na Guverinoma ya Kinshasa.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe wongera kunenga imyitwarire y’amahanga ndetse n’abanyamakuru bakomeje guceceka ntibagire icyo bavuga ku bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu bikorerwa bamwe mu Banyekongo bazizwa ubwoko bwabo.

Uyu mutwe ugaragaza ko mu bice binyuranye mu burasirazuba bwa Congo bisanzwe bituyemo Abanyekongo bo mu bwoko bwibasiwe, hakorwa ibikorwa byo kubatwikira inzu babamo ndetse n’inzuri zabo no kuharasa ibisasu bya rutura bikorwa na FARDC ifatanyije na FDLR, Abacancuro, ndetse n’umutwe wiyise Wazalendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − nineteen =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique

Next Post

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Banki iri mu zikomeye mu Rwanda yagize icyo ibwira abakiliya nyuma y’inkongi yibasiye inyubako yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.