Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yongeye kugaragaza ibyo ubutegetsi bwa Congo bukora bitazubugwa amahoro

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwongeye kugaragaza ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birimo ivangura no kubiba urwango rukorerwa abarimo Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda.

Bikubiye mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, yagarutse ku ngengabitekerezo mbi y’Ubutegetsi bwa Kinshasa.

Muri iri tangazo, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ubutegetsi bw’abanyabyaha bwa Kinshasa buri kubiba urwango, bunimakaza politiki y’ivangura, biganisha ku kurimbura no guhohotera Abanyekongo bavuga Ikiswahili n’Ikinyarwanda.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yakomeje avuga ko iyi ngengabitekerezo y’ubutegetsi bwa Congo ntakindi iganishaho, uretse Jenoside yo kwica ibi byiciro by’Abanyekongo.

Ati “Ibi biganisha kuri Jenoside ikorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa no guhonyora uburenganzisa bw’abaturage b’abasivile.”

Ubutegetsi bwa Congo bwakunze kunengwa ibikorwa bibangamira bamwe mu baturage b’iki Gihugu bufatanyije n’imitwe itandukanye irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Abasize bakoze iyi Jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni imwe mu Rwanda, bakomereje ingengabitekerezo yabo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu, mu bikorwa byo kuvutsa uburenganzira Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Ubutegetsi bwa Kinshasa kandi bugira uruhare mu bikorwa bibangamira Abanyamulenge mu Ntara ya Kivu y’Epfo, ndetse n’Aba-Hema bo mu Ntara ya Ituri.

Ibi bikorwa ni na byo byatumye havuka umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC) wavutse ugamije guharanira uburenganzira bw’aba Banyekongo, ubu ukaba umaze kwigarurira bimwe mu bice byo muri Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo, nyuma yo kubona ko bamwe mu bahatuye bakomeje gucurwa bufuni na buhoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Hatangajwe amakuru mpamo ku rupfu rw’Umujenerali wari Intwari y’Abanyamulenge

Next Post

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

M23 yagize icyo isezeranya Abanyamulenge nyuma y’urupfu rwa General Makanika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.