Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame avuga ko abana b’u Rwanda bakwiye kuragwa ibyiza bibumbatiye ubumwe bw’Abanyarwanda, aho kuragwa ingeso mbi zirimo ikimenyane no gushaka indonke.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi wa Unity Club Intwararumuri, yatangaje ibi mu Ihuriro rya 16 ry’uyu muryango ryabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023,.

Madamu wa Perezida yagaragaje ko ubumwe bw’Abanyarwanda bukwiye gusigasirwa kugira ngo hatagira ikibuhungabanya, hashingiwe ku gukomeza gukomera ku gitekerezo ngenga cyabo cya ‘Ndi Umunyarwanda’.

Yagize ati “Ntwararumuri, bayobozi mu nzego zitandukanye, babyeyi, dufite umukoro ukomeye ariko ushoboka wo kuraga abana bacu ibyiza bibumbatiye ubumwe. Ntidukwye gutsindwa n’ingeso mbi twavugamo ikimenyane, gushaka indonke, munyangire, gutonesha, n’ibindi byatuma duteshuka ku gitekerezo ngenga cyacu cya Ndi Umunyarwanda.”

Yakomeje anabwira Urubyiriko, “bana bacu turabasaba gukunda Igihugu mukaranwa n’ikinyabupfura, mukaba intangarugero ndetse mukagira n’imyitwarire ikwiye iganisha ku iterambere rirambye ry’Igihugu cyacu.”

 

Ibyagezweho byatwaye ikiguzi kitabonerwa agaciro

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku nsanganyamatsiko y’iri huriro rya 16, igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, igitekerezo ngenda cyo kubaho kwacu’, avuga ko kuyumva neza, bisaba gusubiza amaso inyuma, Abanyarwanda bakareba aho bavuye mu myaka ikabakaba 30.

Ati “Kumva agaciro k’iyi nteruro, bisaba gusubiza amaso inyuma gato no kureba ibyubatswe muri iyi myaka hafi 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, bikadutera kunezezwa n’ibimaze kugerwaho mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibyagezweho byose bishingiye ku kuba Abanyarwanda bariyemeje gushyira hamwe, bakanga guhera mu icuraburindi bagejejwemo n’ubutegetsi bubi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Kuba Abanyarwanda bataraheza mu icuraburindi, ni uko byaharaniwe, bigatwara n’ikiguzi tutabonera agaciro. Bikwiye rero kuba isomo ry’ubuzima kandi bikaba umusingi uhoraho w’ubumwe bwacu.”

Imibare iheruka ya 2020, igaragaza ko Abanyarwanda 98,5% bemeje ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda yagize uruhare rukomeye mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Madamu Jeannette Kagame yayoboye ibiganiro byatangiwe mu Ihuriro rya Unity Club Intwararumuri
Urubyiruko na rwo rwahawe ijambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR bwashenguwe n’urupfu rw’ukomoka mu Budage wari umufana ukomeye

Next Post

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.