Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame avuga ko abana b’u Rwanda bakwiye kuragwa ibyiza bibumbatiye ubumwe bw’Abanyarwanda, aho kuragwa ingeso mbi zirimo ikimenyane no gushaka indonke.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi wa Unity Club Intwararumuri, yatangaje ibi mu Ihuriro rya 16 ry’uyu muryango ryabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023,.

Madamu wa Perezida yagaragaje ko ubumwe bw’Abanyarwanda bukwiye gusigasirwa kugira ngo hatagira ikibuhungabanya, hashingiwe ku gukomeza gukomera ku gitekerezo ngenga cyabo cya ‘Ndi Umunyarwanda’.

Yagize ati “Ntwararumuri, bayobozi mu nzego zitandukanye, babyeyi, dufite umukoro ukomeye ariko ushoboka wo kuraga abana bacu ibyiza bibumbatiye ubumwe. Ntidukwye gutsindwa n’ingeso mbi twavugamo ikimenyane, gushaka indonke, munyangire, gutonesha, n’ibindi byatuma duteshuka ku gitekerezo ngenga cyacu cya Ndi Umunyarwanda.”

Yakomeje anabwira Urubyiriko, “bana bacu turabasaba gukunda Igihugu mukaranwa n’ikinyabupfura, mukaba intangarugero ndetse mukagira n’imyitwarire ikwiye iganisha ku iterambere rirambye ry’Igihugu cyacu.”

 

Ibyagezweho byatwaye ikiguzi kitabonerwa agaciro

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku nsanganyamatsiko y’iri huriro rya 16, igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, igitekerezo ngenda cyo kubaho kwacu’, avuga ko kuyumva neza, bisaba gusubiza amaso inyuma, Abanyarwanda bakareba aho bavuye mu myaka ikabakaba 30.

Ati “Kumva agaciro k’iyi nteruro, bisaba gusubiza amaso inyuma gato no kureba ibyubatswe muri iyi myaka hafi 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, bikadutera kunezezwa n’ibimaze kugerwaho mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibyagezweho byose bishingiye ku kuba Abanyarwanda bariyemeje gushyira hamwe, bakanga guhera mu icuraburindi bagejejwemo n’ubutegetsi bubi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Kuba Abanyarwanda bataraheza mu icuraburindi, ni uko byaharaniwe, bigatwara n’ikiguzi tutabonera agaciro. Bikwiye rero kuba isomo ry’ubuzima kandi bikaba umusingi uhoraho w’ubumwe bwacu.”

Imibare iheruka ya 2020, igaragaza ko Abanyarwanda 98,5% bemeje ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda yagize uruhare rukomeye mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Madamu Jeannette Kagame yayoboye ibiganiro byatangiwe mu Ihuriro rya Unity Club Intwararumuri
Urubyiruko na rwo rwahawe ijambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR bwashenguwe n’urupfu rw’ukomoka mu Budage wari umufana ukomeye

Next Post

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.