Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire

radiotv10by radiotv10
30/10/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yavuze ko Abanyarwanda badakwiye gutsindwa n’ingeso mbi nk’ikimenyane na munyangire
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame avuga ko abana b’u Rwanda bakwiye kuragwa ibyiza bibumbatiye ubumwe bw’Abanyarwanda, aho kuragwa ingeso mbi zirimo ikimenyane no gushaka indonke.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi wa Unity Club Intwararumuri, yatangaje ibi mu Ihuriro rya 16 ry’uyu muryango ryabaye kuri iki Cyumweru tariki 29 Ukwakira 2023,.

Madamu wa Perezida yagaragaje ko ubumwe bw’Abanyarwanda bukwiye gusigasirwa kugira ngo hatagira ikibuhungabanya, hashingiwe ku gukomeza gukomera ku gitekerezo ngenga cyabo cya ‘Ndi Umunyarwanda’.

Yagize ati “Ntwararumuri, bayobozi mu nzego zitandukanye, babyeyi, dufite umukoro ukomeye ariko ushoboka wo kuraga abana bacu ibyiza bibumbatiye ubumwe. Ntidukwye gutsindwa n’ingeso mbi twavugamo ikimenyane, gushaka indonke, munyangire, gutonesha, n’ibindi byatuma duteshuka ku gitekerezo ngenga cyacu cya Ndi Umunyarwanda.”

Yakomeje anabwira Urubyiriko, “bana bacu turabasaba gukunda Igihugu mukaranwa n’ikinyabupfura, mukaba intangarugero ndetse mukagira n’imyitwarire ikwiye iganisha ku iterambere rirambye ry’Igihugu cyacu.”

 

Ibyagezweho byatwaye ikiguzi kitabonerwa agaciro

Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku nsanganyamatsiko y’iri huriro rya 16, igira iti ‘Ndi Umunyarwanda, igitekerezo ngenda cyo kubaho kwacu’, avuga ko kuyumva neza, bisaba gusubiza amaso inyuma, Abanyarwanda bakareba aho bavuye mu myaka ikabakaba 30.

Ati “Kumva agaciro k’iyi nteruro, bisaba gusubiza amaso inyuma gato no kureba ibyubatswe muri iyi myaka hafi 30 u Rwanda rumaze rwibohoye, bikadutera kunezezwa n’ibimaze kugerwaho mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.”

Yavuze ko ibyagezweho byose bishingiye ku kuba Abanyarwanda bariyemeje gushyira hamwe, bakanga guhera mu icuraburindi bagejejwemo n’ubutegetsi bubi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Kuba Abanyarwanda bataraheza mu icuraburindi, ni uko byaharaniwe, bigatwara n’ikiguzi tutabonera agaciro. Bikwiye rero kuba isomo ry’ubuzima kandi bikaba umusingi uhoraho w’ubumwe bwacu.”

Imibare iheruka ya 2020, igaragaza ko Abanyarwanda 98,5% bemeje ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda yagize uruhare rukomeye mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

Madamu Jeannette Kagame yayoboye ibiganiro byatangiwe mu Ihuriro rya Unity Club Intwararumuri
Urubyiruko na rwo rwahawe ijambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ubuyobozi bwa APR bwashenguwe n’urupfu rw’ukomoka mu Budage wari umufana ukomeye

Next Post

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Uko imirwano ya FARDC na M23 yifashe: Ibisaru biremereye byongeye kuraswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.