Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame avuga ko uburinganire mu nzego zitandukanye mu Rwanda bumaze gutera intambwe ishimishije, ariko ko hakenewe kongera umubare w’abagore bakora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuzima bwabo, kuko ukiri muto.

Ni imwe mu ngingo zaranze umunsi wa kabiri w’inama mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere iteraniye i Kigali.

Ni inama ibere mu Rwanda mu gihe iki Gihugu cyamaze gutera intambwe ishimishije mu buringanire binyuze mu itegeko rigenera abagore imyanya 30% mu nzego zose, ryatumye kugeza ubu mu Nteko harimo Abadepite 61% b’abagore, ndetse na 55% by’abagize Guverinoma, naho 53% y’abakora mu rwego rw’ubutabera ni abagore.

Icyakora Madamu Jeannette Kagame avuga ko abagore bagomba no guhabwa umwanya wo kugira uruhare mu bushakashatsi burebana n’ubuzima bwabo.

Yagize ati “Uruhare rukomeye rw’ubushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga bifasha abagore, ntawabyirengagiza.

Dufatanyije, dushobora gushyigikira abagore bakajya mu bushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga. Ni ingenzi, bifite ishingiro, barabikwiriye kandi birakenewe cyane.

Abagore bagomba kugaragara ku meza afatirwaho imyanzuro ijyanye n’ubuzima bwabo.”

Abamaze kwinjira muri urwo rwego, bavuga ko harimo imbogamizi nyinshi kabone nubwo zitagomba kubasubiza inyuma.

Dr. Nadege Nziza, umushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, yagize ati “Iyo ugeze hanze ntabwo bapfa kukwizera mu buryo bworoshye, nyamara uba warasize ibyawe byose ukajya mu mahanga. Biragorana cyane. Hari na bagenzi banjye tujya tujya tubiganira, bambwira ibibazo bafite bitandukanye, nkagerageza kubahumuriza mbabwira ko twese tubinyuramo, kandi mbasobanira ukuntu nta kintu na kimwe cyoroshye gihari. Mbagira inama yo kujya mu rugo bakarira, hanyuma bakagaruka kongera kugerageza.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, avuga ko bisaba ubushake bushingiye ku miyoborere, ariko nanone bikajyana n’ubufatanye bw’abagabo n’abagore mu guhangana n’indwara zugarije ubuzima bwabo.

Ati “Guhindura ubu buryo ntabwo ari ibintu wahita ugeraho ako kanya, ndetse nta n’inzira y’ubusamo ibaho yabikugezaho, ni ibintu bigomba gutangirira mu burezi bw’inshuke.”

Yakomeje agira ati “Hari nubwo ubushake bwa politike ndetse n’ibikenewe byose; tugomba kureba uburyo twahangana n’imyumvire y’uko umugore ari uwo gukora imirimo yo mu rugo gusa, ahubwo bigahinduka ko umugore agomba kujya ku ishuri nk’uko mu Rwanda bimeze.

Icya kabiri ni ukureba uko abagore bagira uruhare muri siyansi. Ubu turabona indwara zifata abagore n’abagabo mu buryo butandukanye. Reka mbahe nk’urugero; ubu kanseri y’inkondo y’umura ni indwara iri gufata abagore n’abakobwa benshi. Mu mugambi dufite wo kuyihashya, ntibigomba kuba umukoro w’abagore n’abakobwa gusa. Bigomba kuba umukoro wacu twese.

Ibyo ni nako bigomba kugenda muri gahunda yo guhashya kanseri ya porositate, nubwo ari ikibazo cyugarije abagabo bonyine; ikibangamiye abagore kinabangamira abagabo mu buryo bungana. Hagomba kubaho ubufatanye mu guhangana na cyo.”

Izi nzego z’ubuzima zishimangira ko politike y’uburezi igomba kunozwa ku buryo bifasha abagore n’abakobwa gukomeza amashuri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 19 =

Previous Post

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

Next Post

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

by radiotv10
20/10/2025
0

Abantu batatu barimo umuhungu ukiri muto w’imyaka 16, basize ubuzima mu kirombe bari bagiye kwibamo amabuye y’agaciro giherereye mu Murenge...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
20/10/2025
1

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge
MU RWANDA

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.