Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame avuga ko uburinganire mu nzego zitandukanye mu Rwanda bumaze gutera intambwe ishimishije, ariko ko hakenewe kongera umubare w’abagore bakora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuzima bwabo, kuko ukiri muto.

Ni imwe mu ngingo zaranze umunsi wa kabiri w’inama mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere iteraniye i Kigali.

Ni inama ibere mu Rwanda mu gihe iki Gihugu cyamaze gutera intambwe ishimishije mu buringanire binyuze mu itegeko rigenera abagore imyanya 30% mu nzego zose, ryatumye kugeza ubu mu Nteko harimo Abadepite 61% b’abagore, ndetse na 55% by’abagize Guverinoma, naho 53% y’abakora mu rwego rw’ubutabera ni abagore.

Icyakora Madamu Jeannette Kagame avuga ko abagore bagomba no guhabwa umwanya wo kugira uruhare mu bushakashatsi burebana n’ubuzima bwabo.

Yagize ati “Uruhare rukomeye rw’ubushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga bifasha abagore, ntawabyirengagiza.

Dufatanyije, dushobora gushyigikira abagore bakajya mu bushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga. Ni ingenzi, bifite ishingiro, barabikwiriye kandi birakenewe cyane.

Abagore bagomba kugaragara ku meza afatirwaho imyanzuro ijyanye n’ubuzima bwabo.”

Abamaze kwinjira muri urwo rwego, bavuga ko harimo imbogamizi nyinshi kabone nubwo zitagomba kubasubiza inyuma.

Dr. Nadege Nziza, umushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, yagize ati “Iyo ugeze hanze ntabwo bapfa kukwizera mu buryo bworoshye, nyamara uba warasize ibyawe byose ukajya mu mahanga. Biragorana cyane. Hari na bagenzi banjye tujya tujya tubiganira, bambwira ibibazo bafite bitandukanye, nkagerageza kubahumuriza mbabwira ko twese tubinyuramo, kandi mbasobanira ukuntu nta kintu na kimwe cyoroshye gihari. Mbagira inama yo kujya mu rugo bakarira, hanyuma bakagaruka kongera kugerageza.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, avuga ko bisaba ubushake bushingiye ku miyoborere, ariko nanone bikajyana n’ubufatanye bw’abagabo n’abagore mu guhangana n’indwara zugarije ubuzima bwabo.

Ati “Guhindura ubu buryo ntabwo ari ibintu wahita ugeraho ako kanya, ndetse nta n’inzira y’ubusamo ibaho yabikugezaho, ni ibintu bigomba gutangirira mu burezi bw’inshuke.”

Yakomeje agira ati “Hari nubwo ubushake bwa politike ndetse n’ibikenewe byose; tugomba kureba uburyo twahangana n’imyumvire y’uko umugore ari uwo gukora imirimo yo mu rugo gusa, ahubwo bigahinduka ko umugore agomba kujya ku ishuri nk’uko mu Rwanda bimeze.

Icya kabiri ni ukureba uko abagore bagira uruhare muri siyansi. Ubu turabona indwara zifata abagore n’abagabo mu buryo butandukanye. Reka mbahe nk’urugero; ubu kanseri y’inkondo y’umura ni indwara iri gufata abagore n’abakobwa benshi. Mu mugambi dufite wo kuyihashya, ntibigomba kuba umukoro w’abagore n’abakobwa gusa. Bigomba kuba umukoro wacu twese.

Ibyo ni nako bigomba kugenda muri gahunda yo guhashya kanseri ya porositate, nubwo ari ikibazo cyugarije abagabo bonyine; ikibangamiye abagore kinabangamira abagabo mu buryo bungana. Hagomba kubaho ubufatanye mu guhangana na cyo.”

Izi nzego z’ubuzima zishimangira ko politike y’uburezi igomba kunozwa ku buryo bifasha abagore n’abakobwa gukomeza amashuri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

Next Post

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.