Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo

radiotv10by radiotv10
19/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ahareba abagore ariko hakiri icyuho mu kubaha ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame avuga ko uburinganire mu nzego zitandukanye mu Rwanda bumaze gutera intambwe ishimishije, ariko ko hakenewe kongera umubare w’abagore bakora ubushakashatsi mu rwego rw’ubuzima bwabo, kuko ukiri muto.

Ni imwe mu ngingo zaranze umunsi wa kabiri w’inama mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu iterambere iteraniye i Kigali.

Ni inama ibere mu Rwanda mu gihe iki Gihugu cyamaze gutera intambwe ishimishije mu buringanire binyuze mu itegeko rigenera abagore imyanya 30% mu nzego zose, ryatumye kugeza ubu mu Nteko harimo Abadepite 61% b’abagore, ndetse na 55% by’abagize Guverinoma, naho 53% y’abakora mu rwego rw’ubutabera ni abagore.

Icyakora Madamu Jeannette Kagame avuga ko abagore bagomba no guhabwa umwanya wo kugira uruhare mu bushakashatsi burebana n’ubuzima bwabo.

Yagize ati “Uruhare rukomeye rw’ubushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga bifasha abagore, ntawabyirengagiza.

Dufatanyije, dushobora gushyigikira abagore bakajya mu bushakashatsi no gukora ibikoresho byo kwa muganga. Ni ingenzi, bifite ishingiro, barabikwiriye kandi birakenewe cyane.

Abagore bagomba kugaragara ku meza afatirwaho imyanzuro ijyanye n’ubuzima bwabo.”

Abamaze kwinjira muri urwo rwego, bavuga ko harimo imbogamizi nyinshi kabone nubwo zitagomba kubasubiza inyuma.

Dr. Nadege Nziza, umushakashatsi mu rwego rw’ubuvuzi, yagize ati “Iyo ugeze hanze ntabwo bapfa kukwizera mu buryo bworoshye, nyamara uba warasize ibyawe byose ukajya mu mahanga. Biragorana cyane. Hari na bagenzi banjye tujya tujya tubiganira, bambwira ibibazo bafite bitandukanye, nkagerageza kubahumuriza mbabwira ko twese tubinyuramo, kandi mbasobanira ukuntu nta kintu na kimwe cyoroshye gihari. Mbagira inama yo kujya mu rugo bakarira, hanyuma bakagaruka kongera kugerageza.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, avuga ko bisaba ubushake bushingiye ku miyoborere, ariko nanone bikajyana n’ubufatanye bw’abagabo n’abagore mu guhangana n’indwara zugarije ubuzima bwabo.

Ati “Guhindura ubu buryo ntabwo ari ibintu wahita ugeraho ako kanya, ndetse nta n’inzira y’ubusamo ibaho yabikugezaho, ni ibintu bigomba gutangirira mu burezi bw’inshuke.”

Yakomeje agira ati “Hari nubwo ubushake bwa politike ndetse n’ibikenewe byose; tugomba kureba uburyo twahangana n’imyumvire y’uko umugore ari uwo gukora imirimo yo mu rugo gusa, ahubwo bigahinduka ko umugore agomba kujya ku ishuri nk’uko mu Rwanda bimeze.

Icya kabiri ni ukureba uko abagore bagira uruhare muri siyansi. Ubu turabona indwara zifata abagore n’abagabo mu buryo butandukanye. Reka mbahe nk’urugero; ubu kanseri y’inkondo y’umura ni indwara iri gufata abagore n’abakobwa benshi. Mu mugambi dufite wo kuyihashya, ntibigomba kuba umukoro w’abagore n’abakobwa gusa. Bigomba kuba umukoro wacu twese.

Ibyo ni nako bigomba kugenda muri gahunda yo guhashya kanseri ya porositate, nubwo ari ikibazo cyugarije abagabo bonyine; ikibangamiye abagore kinabangamira abagabo mu buryo bungana. Hagomba kubaho ubufatanye mu guhangana na cyo.”

Izi nzego z’ubuzima zishimangira ko politike y’uburezi igomba kunozwa ku buryo bifasha abagore n’abakobwa gukomeza amashuri.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Ubyaza imitako y’akataraboneka mu bifatwa nk’umwanda arasaba igikwiye gushyigikirwa

Next Post

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Ikipe y’ibigwi mu Rwanda imanuye umutoza watoje amakipe akomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.